“Dufite Isi Imwe Rukumbi Tuyibungabunge Irusheho kuba nziza”- Imboni z’ibidukikije z’Akarere ka Bugesera
Bugesera, takiki ya 2 Kamena, 2022- Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) binyuze mu mushinga LDCFII cyahuje hamwe Imbini Z’ Ibidukikije, zisaga 533 zaturutse mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Bugesera. Iki gikorwa cy’ubukangurambaga cyari kigamije kubashishikariza kurengera ibidukikije no kongera ubudahangarwa ku mihindagurikire y’ibihe kandi bakarushaho gukora ubukangurambaga.
Iki gikorwa ni kimwe mu bikorwa by’Icyumweru Cy’Ibidukikije cyatangiye 28 Gicurasi 2022 kigasozwa kuwa 05 Kamena 2022 ku Munsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije. Insanganyamatsiko y’ Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije mu mwaka wa 2022 (WED 2022) igira iti “Dufite Isi Imwe Rukumbi Tuyibungabunge/ Only One Earth”.
Umuyobozi w’ Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yabasabye kubungabunga Isi batekereza kubazabakomokaho.
“Kwangiza ibidukikije bitugiraho ingaruka mbi. Birakwiye ko tugira uruhare mu kubungabunga Isi dutuye, kugira ngo abazadukomokaho bazasange ari nziza kdi itoshye. Abakigaragara bakora ibikorwa byo kwangiza ibidukikije, basa nkabari gutema ishami ry’igiti bicariye"
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Intara y’ Iburasirazuba, Jeanne Nyirahabimana, yabibukije ko bagomba gukora ubukangurambaga aho batuye n’ aho bari hose.
“Iyo ibidukikije byangiritse, ubuzima burononekara. Nyuma y’ ubutumwa twahawe mu ndirimbo no mu mukino buri wese agende acengeze muri bagenzibe umuco wo kubungabunga ibidukikije. Uko dukomeze ubukangurambaga ni ko ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije byiyongera, Isi ikarushaho kuba nziza”
Umuyobozi Mukuru w’ Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije, Juliet Kabera, yashimye ubufatanye bw’ Intara y’ Iburasirazuba n’ Akarere ka Bugesera mu bikorwa byo kurengera ibidukikije biciye mu Imboni z'ibidukikije.
“Imboni z’ Ibidukikije ni umuyoboro mwiza w'ubukangurambaga aho batuye mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije no kubaka ubudahangarwa ku mihindagurikire y'ibihe. Turabashimira guhitamo kwita ku bidukikije, mukaba Imboni z’ibidikikije. Ibidukikije ni ibyacu, tugomba kubyitaho nabyo bikatugirira akamaro. Tugomba kwita ku isano kamere dufitanye n’ ibidukikije, dukoresha ku buryo burambye umutungo Kamere”
Imboni y’ Ibidukikije mu Murenge wa Rweru, Ntaganira Theogene, yashimiye iki gikorwa cy’ubukangurambaga, avuga ko we na bagenzi be bagiye gushyira akarusho mu bikorwa byo kubungabunga ibidukikije kandi ko bazaba imboni koko, nk’ uko twabihize.“Dufite Isi Imwe Rukumbi, Tuyibiungabunge Iruhseho kuba nziza” Iyi niyo ntego twihaye
Biciye mu ndirimbo no mu mukino "Ni Imwe Gusa", Abahanzi bo mu matsinda: Shalom Stars na Juru Live Band nabo batanze ubutumwa bwo kubungabura ibiyaga n'ibishanga, kurwanya isuri, guca amasashi na pulasitiki, kubungabunga amashyamba, gucunga neza imyanda, kubungabunga ikirere...
Mu butumwa bwatanzwe butandukanye basabwe:
END
Topics
More posts
From 28th May 2022, the Rwanda Environment Management Authority and partners started a whole week of activities – the National Environment Week –…
Bugesera, takiki ya 2 Kamena, 2022- Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) binyuze mu mushinga LDCFII cyahuje hamwe Imbini Z’…
As part of the “World Environment Day Celebrations”, Rwanda is holding its annual National Environment Week. The week begun on Saturday 28 May by the…
At a time when far greater action is needed to fight climate change and to reduce global inequalities, the 2022 SEforALL Forum will commence tomorrow,…
The Rwanda Environment Management Authority (REMA) through the Forest Landscape Restoration in the Mayaga Region – Green Amayaga Project has from 22nd…
A Danish delegation on official visit to Rwanda, has on Wednesday 06 April 2022 visited wetlands to be rehabilitated under the Second Rwanda Urban…
Representatives from waste collecting companies and landfill managers have today committed to collaborate to improve waste management – sorting,…
The Rwanda Environment Management Authority (REMA) through the Forest Landscape Restoration in the Mayaga Region – known as Green Amayaga Project – in…
Environmental Cooperative members from Kamonyi, Nyanza, Ruhango and Gisagara Districts of the Southern Province were today trained on seedlings…