| LDCF-II |

“Dufite Isi Imwe Rukumbi Tuyibungabunge Irusheho kuba nziza”- Imboni z’ibidukikije z’Akarere ka Bugesera

Bugesera, takiki ya 2 Kamena, 2022- Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) binyuze mu mushinga LDCFII cyahuje hamwe Imbini Z’ Ibidukikije, zisaga 533 zaturutse mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Bugesera. Iki gikorwa cy’ubukangurambaga cyari kigamije kubashishikariza kurengera ibidukikije no kongera ubudahangarwa ku mihindagurikire y’ibihe kandi bakarushaho gukora ubukangurambaga.

Iki gikorwa ni kimwe mu bikorwa by’Icyumweru Cy’Ibidukikije cyatangiye 28 Gicurasi 2022 kigasozwa kuwa 05 Kamena 2022 ku Munsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije. Insanganyamatsiko y’ Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije mu mwaka wa 2022 (WED 2022) igira iti “Dufite Isi Imwe Rukumbi Tuyibungabunge/ Only One Earth”.

Umuyobozi w’ Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yabasabye kubungabunga Isi batekereza kubazabakomokaho.

“Kwangiza ibidukikije bitugiraho ingaruka mbi. Birakwiye ko tugira uruhare mu kubungabunga Isi dutuye, kugira ngo abazadukomokaho bazasange ari nziza kdi itoshye. Abakigaragara bakora ibikorwa byo kwangiza ibidukikije, basa nkabari gutema ishami ry’igiti bicariye"

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Intara y’ Iburasirazuba, Jeanne Nyirahabimana, yabibukije ko  bagomba gukora ubukangurambaga aho batuye n’ aho bari hose.

“Iyo ibidukikije byangiritse, ubuzima burononekara. Nyuma y’ ubutumwa twahawe mu ndirimbo no mu mukino buri wese agende acengeze muri bagenzibe umuco wo kubungabunga ibidukikije.  Uko dukomeze ubukangurambaga ni ko ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije byiyongera, Isi ikarushaho kuba nziza”

Umuyobozi Mukuru w’ Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije, Juliet Kabera,  yashimye ubufatanye   bw’ Intara y’ Iburasirazuba n’ Akarere ka Bugesera mu bikorwa byo kurengera ibidukikije biciye mu Imboni z'ibidukikije.

“Imboni z’ Ibidukikije ni umuyoboro mwiza w'ubukangurambaga aho batuye mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije no kubaka ubudahangarwa ku mihindagurikire y'ibihe. Turabashimira guhitamo kwita ku bidukikije, mukaba Imboni z’ibidikikije.  Ibidukikije ni ibyacu, tugomba kubyitaho nabyo bikatugirira akamaro. Tugomba kwita ku isano kamere dufitanye n’ ibidukikije, dukoresha ku buryo burambye umutungo Kamere”

Imboni y’ Ibidukikije mu Murenge wa Rweru, Ntaganira Theogene, yashimiye iki gikorwa cy’ubukangurambaga, avuga ko we na bagenzi be bagiye gushyira akarusho mu bikorwa byo kubungabunga ibidukikije kandi ko bazaba imboni koko, nk’ uko twabihize.“Dufite Isi Imwe Rukumbi, Tuyibiungabunge Iruhseho kuba nziza” Iyi niyo ntego twihaye

Biciye mu ndirimbo no mu mukino "Ni Imwe Gusa", Abahanzi bo mu matsinda: Shalom Stars na Juru Live Band nabo batanze ubutumwa bwo kubungabura ibiyaga n'ibishanga, kurwanya isuri, guca amasashi na pulasitiki, kubungabunga amashyamba, gucunga neza imyanda, kubungabunga ikirere...

Mu butumwa bwatanzwe butandukanye basabwe:

  • Kurwanya isuri;
  • Gukumira no kugabanya imyuka ihumanya ikirere, twirinda gutwika amashyamba n’imyanda;
  • Kubungabunga no gukoresha neza ibishanga, imigezi, ibiyaga n’amashyamba;
  • Gushimangira umuco wo kwirinda ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibikoresho bikozwe muri pulasitike bikoreshwa inshuro imwe;
  • Kubahiriza intera iteganyijwe n’ itegeko ry ibidukikije uvuye ku migezi n’inzuzi (10m uvuye ku migezi, 50m uvuye ku biyaga)
  • Kwirinda gushyira ibikorwa bitemewe mu bishanga no kwirinda kwangiza ibikorwa byakozwe mu kubungabunga ingengero z’ibiyaga n’imigezi (Buffer zone)
  • Gucunga imyanda hashyirwaho ibimoteri rusange.
  • Gukorana n’inzego  zitandukanye no gutanga amakuru ku gihe ajyanye naho ibigize ibidukikije biri kwanginzwa;
  • Gukora ubukangurambaga bujyanye no kubungabunga ibidukikije aho dutuye.

END

Whatsapp

Topics


More posts

Nyandungu Eco-Park Opens to the Public

From a degraded wetland to an educational and recreational eco-park in the heart of Rwanda’s capital city, Nyandungu is now open to the public.

Read more →

Commonwealth Leaders Commit to Keeping 1.5 Climate Goal Alive

On the sidelines of the Commonwealth Heads of Government Meeting in Kigali, leaders from across the Commonwealth have committed to working together to…

Read more →

Green Amayaga Project steps up to improve communities’ livelihood in Rwanda’s Amayaga Region

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) through the Forest Landscape Restoration in Amayaga Region (Green Amayaga) Project, has on 29th

Read more →

Gabon’s Minister of Forests, Oceans, Environment and Climate Change visits Nyandungu Eco Park

The Gabon’s Minister of Forests, Ocean, Environment and Climate Change, Professor Lee White has on 24th June 2022 visited Nyandungu Eco Park, which…

Read more →

Commonwealth leaders meet in Kigali to discuss ways of keeping the 1.5-degree goal alive

The Governments of Rwanda and the United Kingdom together with the Presidency of the United Nations Climate Change Conference (COP26) have on 23rd

Read more →

VIP visit for Africa’s clean cold centre shows how we can keep alive the goal of 1.5 Degree Celsius

COP President, the Rt. Hon. Alok Sharma MP, visited the Africa Centre of Excellence for Sustainable Cooling and Cold-chain (ACES) during his…

Read more →

REMA meets with representatives from GCF accredited entities and other development partners to discuss climate finance

The Rwanda Environment Management Authority (REMA), the Green Climate Fund (GCF) accredited entities and other development partners met today 16th

Read more →

REMA awards outstanding green innovations and investments at the World Environment Day

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) in partnership with United Nations Development Programme (UNDP) awarded youth and women with…

Read more →

Rwanda celebrates the World Environment Day with commendable achievements in Environment Protection

On 3rd June 2022, the Government of Rwanda and development partners celebrated the World Environment Day (WED) which is celebrated annually on 5th

Read more →