| LDCF-II |

“Dufite Isi Imwe Rukumbi Tuyibungabunge Irusheho kuba nziza”- Imboni z’ibidukikije z’Akarere ka Bugesera

Bugesera, takiki ya 2 Kamena, 2022- Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) binyuze mu mushinga LDCFII cyahuje hamwe Imbini Z’ Ibidukikije, zisaga 533 zaturutse mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Bugesera. Iki gikorwa cy’ubukangurambaga cyari kigamije kubashishikariza kurengera ibidukikije no kongera ubudahangarwa ku mihindagurikire y’ibihe kandi bakarushaho gukora ubukangurambaga.

Iki gikorwa ni kimwe mu bikorwa by’Icyumweru Cy’Ibidukikije cyatangiye 28 Gicurasi 2022 kigasozwa kuwa 05 Kamena 2022 ku Munsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije. Insanganyamatsiko y’ Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije mu mwaka wa 2022 (WED 2022) igira iti “Dufite Isi Imwe Rukumbi Tuyibungabunge/ Only One Earth”.

Umuyobozi w’ Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yabasabye kubungabunga Isi batekereza kubazabakomokaho.

“Kwangiza ibidukikije bitugiraho ingaruka mbi. Birakwiye ko tugira uruhare mu kubungabunga Isi dutuye, kugira ngo abazadukomokaho bazasange ari nziza kdi itoshye. Abakigaragara bakora ibikorwa byo kwangiza ibidukikije, basa nkabari gutema ishami ry’igiti bicariye"

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Intara y’ Iburasirazuba, Jeanne Nyirahabimana, yabibukije ko  bagomba gukora ubukangurambaga aho batuye n’ aho bari hose.

“Iyo ibidukikije byangiritse, ubuzima burononekara. Nyuma y’ ubutumwa twahawe mu ndirimbo no mu mukino buri wese agende acengeze muri bagenzibe umuco wo kubungabunga ibidukikije.  Uko dukomeze ubukangurambaga ni ko ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije byiyongera, Isi ikarushaho kuba nziza”

Umuyobozi Mukuru w’ Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije, Juliet Kabera,  yashimye ubufatanye   bw’ Intara y’ Iburasirazuba n’ Akarere ka Bugesera mu bikorwa byo kurengera ibidukikije biciye mu Imboni z'ibidukikije.

“Imboni z’ Ibidukikije ni umuyoboro mwiza w'ubukangurambaga aho batuye mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije no kubaka ubudahangarwa ku mihindagurikire y'ibihe. Turabashimira guhitamo kwita ku bidukikije, mukaba Imboni z’ibidikikije.  Ibidukikije ni ibyacu, tugomba kubyitaho nabyo bikatugirira akamaro. Tugomba kwita ku isano kamere dufitanye n’ ibidukikije, dukoresha ku buryo burambye umutungo Kamere”

Imboni y’ Ibidukikije mu Murenge wa Rweru, Ntaganira Theogene, yashimiye iki gikorwa cy’ubukangurambaga, avuga ko we na bagenzi be bagiye gushyira akarusho mu bikorwa byo kubungabunga ibidukikije kandi ko bazaba imboni koko, nk’ uko twabihize.“Dufite Isi Imwe Rukumbi, Tuyibiungabunge Iruhseho kuba nziza” Iyi niyo ntego twihaye

Biciye mu ndirimbo no mu mukino "Ni Imwe Gusa", Abahanzi bo mu matsinda: Shalom Stars na Juru Live Band nabo batanze ubutumwa bwo kubungabura ibiyaga n'ibishanga, kurwanya isuri, guca amasashi na pulasitiki, kubungabunga amashyamba, gucunga neza imyanda, kubungabunga ikirere...

Mu butumwa bwatanzwe butandukanye basabwe:

  • Kurwanya isuri;
  • Gukumira no kugabanya imyuka ihumanya ikirere, twirinda gutwika amashyamba n’imyanda;
  • Kubungabunga no gukoresha neza ibishanga, imigezi, ibiyaga n’amashyamba;
  • Gushimangira umuco wo kwirinda ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibikoresho bikozwe muri pulasitike bikoreshwa inshuro imwe;
  • Kubahiriza intera iteganyijwe n’ itegeko ry ibidukikije uvuye ku migezi n’inzuzi (10m uvuye ku migezi, 50m uvuye ku biyaga)
  • Kwirinda gushyira ibikorwa bitemewe mu bishanga no kwirinda kwangiza ibikorwa byakozwe mu kubungabunga ingengero z’ibiyaga n’imigezi (Buffer zone)
  • Gucunga imyanda hashyirwaho ibimoteri rusange.
  • Gukorana n’inzego  zitandukanye no gutanga amakuru ku gihe ajyanye naho ibigize ibidukikije biri kwanginzwa;
  • Gukora ubukangurambaga bujyanye no kubungabunga ibidukikije aho dutuye.

END

Whatsapp

Topics


More posts

Business Leaders pledge to contribute to Rwanda’s ambitious targets in Environmental protection

Business leaders for major companies, NGOs and Banks operating in Rwanda have pledged to accelerate the achievement of Rwanda’s high ambitious target…

Read more →

DHWG and LDCF3 Projects stakeholders agree on activities to be carried out during the projects implementation

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) and the United Nations Development Programme (UNDP) have on 27th September 2022 convened an…

Read more →

Representatives from 26 Nations meet to exchange views and priorities for a treaty to end plastic pollution

Ministers and representatives from 26 Nations from around the world met on September 22, 2022 in New York on the sidelines of United Nations General…

Read more →

REMA’s DG joins a Roundtable Meeting at UNGA to discuss Circular economy

The Director General of the Rwanda Environment Management Authority (REMA), Juliet Kabera, on 20th September 2022, joined a roundtable meeting in New…

Read more →

REMA concludes a five-day Biodiversity and Environment Exhibition

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) through the Biodiversity Finance Initiative Project has on 16th September 2022 concluded a five-day…

Read more →

LDCF3 Project beneficiaries commit to actively participate in the Project implementation

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) is conducting consultation meetings with stakeholders and beneficiaries of a new project which will…

Read more →

Press Release: Countries aim to end plastic pollution by 2040

Today the Governments of Rwanda and Norway launch The High Ambition Coalition to End Plastic Pollution together with Canada, Peru, Germany, Senegal,…

Read more →

REMA’s Board of Directors conclude a three-day field visit in REMA projects’ intervention zones

Members of the Rwanda Environment Management Authority (REMA) Board of Directors have today 19th August 2022 concluded a three-day field visit…

Read more →

Prime Minister of Rwanda, Dr Edouard Ngirente, Officiates Nyandungu Eco-Park Unveiling

Rwanda’s Prime Minister, Dr Edouard Ngirente, today officiated the unveiling of Nyandungu Eco-Park. The event was held on the first day of the Africa…

Read more →