Rema Yatangije Gahunda Ifasha Abaturarwanda Gutunga Ibikoresho Bikonjesha Bizigama Umuriro

Kigali, Rwanda : Ku wa 31 Mutarama 2022 - Kuri uyu wa Mbere tariki ya 31 Mutarama 2022, Minisiteri y’Ibidukikije ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) yatangije Rwanda Cooling Initiative's Green On-Wage (R-COOL GO), gahunda izafasha abaturarwanda kubona ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro kandi bitangiza ikirere.

Abakozi bujuje ibisabwa, baba bakora mu nzego za Leta cyangwa abikorera, bashobora gusaba inguzanyo muri banki ziri muri iyi gahunda, bakabasha kugura ibikoresho bishya bikonjesha byujuje ubuziranenge bwashyizweho na Minisiteri y’Ibidukikije binyuze mu Kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), ku bufatanye n’Umushinga w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bidukikije witwa United for Efficiency (U4E) n’ikigo cyitwa Basel Agency for Sustainable Energy.

Kuri ibi, Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera yagize ati: “Ibikoresho bikonjesha kandi bihendutse ni ingenzi mu gutuma Abanyarwanda bagira ubuzima buzira umuze. N’ubwo dushishikariza abantu gukoresha uburyo bwo gukonjesha karemano usanga n’ubundi ikoranabuhanga mu gukonjesha rikenewe. Uyu munsi, tunejejwe no gutangiza ku mugaragaro uburyo bushya bwo kubona ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro kandi bitangiza ikirere”.

Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa by’Umushinga U4E, Brian Holuj avuga ko gahunda yo gufasha abaturarwanda kubona ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro ; “ari umusaruro wo guhuriza hamwe ubumenyi n’ubushobozi bw'inzego za Leta, ibigo by'imari, abacuruzi, sosiyete sivile n'abafatanyabikorwa mu iterambere, yaje ije kwihutisha gahunda yo gukwirakwiza ku isoko ibikoresho bikonjesha bigezweho kandi bikaboneka ku giciro giciriritse.”

Ibi kandi bishimangirwa n’Umuyobozi Mukuri w’Ikigo BASE, Daniel Magallon, wateruye agira ati: “R-COOL GO irerekana ko u Rwanda ari Igihugu kiza ku isonga mu gushyira mu bikorwa imishinga y'ubucuruzi igezweho ifasha Abanyarwanda kugabanya amafaranga bakoresha bagura umuriro w’amashanyarazi no kuzamura ubukungu bw'urugo binyuze mu gukoresha uburyo bwo gukonjesha bubafasha kuzigama”

Daniel Magallon yakomeje agira ati: “Inzego nka REMA, EnviroServe, Banki ya Kigali na GT Bank zatanze urugero rwiza mu gukemura ibibazo by’imihidagurikire y’ikirere mu Gihugu. Iyi gahunda dutangije none iragaragaza imikoranire y’inzego za leta n’abikorera mu gukemura ibibazo bibangamira iterambere ry’abaturage. UNEP, U4E na BASE dutewe ishema no gukorana n’izo nzego no kugira uruhare muri izi mpinduka.”

Gahunda yo gufasha abaturarwanda kubona ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro izwi nka R-COOL GO ni gahunda izafasha abakozi bahembwa buri kwezi guhitamo firigo cyangwa n’ibyuma bitanga ubuhehere mu nyubako (ACs) banyuze muri banki bakorana, aho uwujuje ibisabwa azahabwa igikoresho yahisemo. Uwahawe inguzanyo yo kugura ibyo bikoresho ashobora kwishyura mu gihe kingana cyangwa kitageze ku mezi 36.

Uretse ibyo, mu rwego rwo gushishikariza abakiriya kureka gukoresha ibikoresho bikonjesha bya kera bitwara umuriro mwinshi, hateganyijwe gahunda y’umufuragiro wa 15% uzahabwa umuntu wese ugaruye igikoresho gishaje yakoreshaga muri EnviroServe.

Ku ikubitiro, Banki ya Kigali (BK) na Guarantee Trust Bank (GT Bank) ni zo banki zatangiranye n’iyi gahunda, naho abacuruzi nka Hotpoint Rwanda, Akagera Business Group Africa (ABG), Alien Technologies na Denmar Ltd ni bo babimburirye abandi. Ibiganiro mu kureshya ibindi bigo by’imari n’abacuruzi birarimbanyije.

Itangizwa rya R-COOL GO ni intambwe y’ingenzi mu gushyira mu bikorwa intego z’iterambere rirambye zishingiye kuri gahunda ngari y’Igihugu yo gukonjesha [National Cooling Strategy] yashyizweho nk’uburyo bwihariye bwo kugenzura ishyirwa mu bikorwa by’amavugurura ya y’amasezerano ya Montreal yabereye i Kigali mu mwaka wa 2016.

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda welcomes COP27 outcomes on climate damages fund and keeping 1.5 degree goal alive

The Government of Rwanda has welcomed the outcomes of the 27th United Nations Climate Change Conference, known as COP27. At the meeting, nations…

Read more →

Rwanda launches new EUR 46M facility to finance public sector climate action

Rwanda has on 14th November 2022 launched a new facility that will invest in climate action led by the public sector on the sidelines of COP27 in…

Read more →

Stakeholders from Districts Bordering Lake Kivu Committed to Take Actions against Lake Kivu Pollution

Rubavu, November 15th, 2022-  From 14th to 15th November, The Rwanda Environment Management Authority conducted a two-day workshop to raise awareness…

Read more →

City of Kigali Awarded Wetland City Accreditation

Geneva, 10 November,2022 - The City Kigali received Wetland City Accreditation Award during the 14th Meeting of the Conference of the Contracting…

Read more →

NATIONAL STATEMENT BY PRESIDENT PAUL KAGAME AT COP27

United Nations Climate Change Conference 27th Conference of Parties, Sharm El Sheikh, 8 November 2022

 

Read more →

President Kagame launches Ireme Invest at COP27

The President of the Republic of Rwanda, His Excellency Paul Kagame has on November 7, 2022 launched Ireme Invest at the United Nations Climate Change…

Read more →

Rwanda calls for greater climate action and shares green investment opportunities at COP27

Rwanda will press for more ambitious climate action and share the country’s green investment opportunities at this year’s UN Climate Change Conference…

Read more →

Rwanda launches new initiative to advance climate change adaptation

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) and the United Nations Development Programme (UNDP) have today launched the “Landscape Approach to…

Read more →

Rwanda exceeds key targets in environment and climate action and commits to do more

Kigali, 05th October,2022 – Development Partners, Public and Private institutions met for the Environment and Climate Change Thematic Working Group…

Read more →