Polisi y’u Rwanda yafashe amasashe atemewe afite agaciro karenga miriyoni 40
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rulindo yafashe amapaki 402,000 y’amasashe atemewe mu Rwanda. Ayo masashi yafashwe mu mukwabo polisi yakoze hagati ya tariki 11 na 14 Ugushyingo 2020, yari ajyanywe mu mujyi wa Kigali.
Uretse ayo masashe afite agaciro ka miriyoni 40,200,000 hanafashwe abantu barindwi bakekwaho kugira uruhare mu kuyinjiza mu Rwanda mu buryo bunyuranye n’amategeko.
Uruganda Soft Packaging runagura ibikoresho bya pulastiki kugira ngo bibyazwe ibindi bikoresho byakoreshwa mu buryo butangiza ibidukikije rwatangiye gutunganya ayo masashi kugira ngo anagurwe.
Ubuyobozi bwa REMA bwashimye ubufatanye bwa polisi y’u Rwanda mu rugamba rwo guca amasashe n’ibindi bikoresho bya pulastiki bikoreshwa inshuro imwe.
Itegeko N° 17/2019 ryo ku wa 10/08/2019 ribuza ikorwa, itumizwa mu mahanga, ikoreshwa n’icuruzwa ry’amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe.
Ingingo ya 9 y’iryo tegeko ivuga ko umuntu ukora amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe ahanishwa gufungirwa ibikorwa, kwamburwa ayo masashe n’ ibyo bikoresho no kwishyura ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana na miliyoni icumi z’amafaranga y’u Rwanda (10.000.000 FRW).
Naho ingingo ya 10 ikavuga ko umuntu utumiza mu mahanga amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe ahanishwa kwamburwa ayo masashe n’ibyo bikoresho no kwishyura ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’inshuro icumi (10) z’agaciro k’ayo masashe n’ibyo bikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe.
Ni mu gihe umuntu uranguza amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe ahanishwa ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana arindwi (700.000 FRW) kandi ayo amasashe n’ ibyo bikoresho akabyamburwa, naho umuntu ucuruza mu buryo butaranguza amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe agahanishwa ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana atatu (300.000 FRW) kandi ayo masashe n’ibyo bikoresho akabyamburwa nk’uko ingingo ya 11 n’iya 12 z’iryo tegeko zibivuga.
Urwego rubifitiye ububasha ni rwo rugena uburyo bw’imicungire y’amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe byambuwe ababikora, ababitumiza mu mahanga, ababiranguza cyangwa ababicuruza.
Topics
More posts
Kigali, February 02,2023- Rwanda joins the rest of the world to commemorate World Wetlands Day (WWD) usually celebrated every year with the ultimate…
The Managing Director of the International Monetary Fund (IMF), Kristalina Georgieva commends Rwanda’s commitment to fighting climate change and being…
Kigali, January 11, 2022 – In view of implementing the African Union Commission (AUC) resolution to support African Union (AU) member states to comply…
Montreal, Canada, 22 December 2022 - The “Kunming-Montreal Global Biodiversity Framework” (GBF) adopted at the 15th meeting of the Conference of…
The Rwanda Environment Management Authority (REMA) and the United Nations Development Programme (UNDP) have today launched a five-year project to…
Rwanda is calling on nations of the world to join hands and agree on an ambitious Global Biodiversity Framework at this UN Biodiversity Conference…
Rwanda and Norway through the Rwanda Environment Management Authority (REMA) are organising a "Road map to end plastic pollution by 2040" side event…
Rwanda will join nations from around the world in Uruguay to begin drafting a global treaty to end plastic pollution with the first session of the…
The African Institute for Mathematical Sciences (AIMS), in partnership with Rwanda Environment Management Authority (REMA), have today launched the…