REMA yatangije gahunda nshya yo korohereza abifuza kugura ibikoresho bikonjesha bitangiza ikirere

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA cyatangije umushinga wa gahunda nshya izorohereza abashaka gutunga ibikoresho bikonjesha bizigama ingufu neza kandi bitangiza ikirere.

Ni uburyo bushya REMA yatangije ku bufatanye na Banki y’abaturage n’ishami ry’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu rishinzwe gucuruza amashanyarazi EUC. Abifuza ibyo bikoresho bazajya bahabwa inguzanyo yo kubigura bazishyura binyuze mu nyemezabwishyu y’umuriro w’amashanyarazi baguze buri kwezi.

Umushinga w'iyi gahunda waratangijwe, ariko gahunda nyir'izina ntiratangira, ikaba ikinozwa ku buryo biteganyijwe ko izatangira mu mpera z'uyu mwaka. Abacuruzi b'ibikoresho bikonjesha bazakorana n'iyi gahunda ubu bari gutoranywa. Nibamara gutoranywa gahunda itangiye abifuza kugura ibikoresho muri iyi gahunda bakazamenyeshwa aho babikura, ndetse n'ibiciro bizaba byumvikanyweho.

Gusa hazashyirwaho uburyo bwo guhitamo abazahabwa ibyo bikoresho ku nguzanyo, nk'urugero kuba ufite cash power kandi ukaba wakoreshaga umuriro mwinshi watuma ubasha kwishyura igikoresho wahawe ku nguzanyo kandi ukacyishyura mu gihe cyateganyijwe, n'ubundi buryo abantu bazamenyeshwa gahunda nyir'izina itangiye.

Umuntu wahawe igikoresho gikonjesha muri iyo gahunda, azajya yishyura binyuze mu mafaranga agura umuriro w'amashanyarazi, mu mafaranga yaguze umuriro hakavanwamo ayo kwishyura icyo gikoresho. 

Ibihugu byo mu gace ka Africa y’Uburasirazuba bifite ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage, ibintu bituma n’abakenera firigo n’ibindi bikoresho bikonjesha baba benshi.

Ibikoresho bikonjesha ni ingenzi ku buzima, imibereho myiza no ku bukungu bw’ibyo bihugu, ariko nanone bikunze guteza ibibazo bijyanye no gukoresha umuriro mwinshi ndetse n’ingaruka bigira ku bidukikije.

Ibikoresho bikonjesha bitajyanye n’igihe bishobora gukoresha umuriro ukubye inshuro hagati y’ebyiri n’eshatu ugereranyije n’uw’ibikoresho bigezweho bikoresha, kandi ibyo bitagezweho kenshi biba bifite gaz zangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, kandi zikagira ingaruka ku buzima bwa muntu n’ubw’umubumbe muri rusange.

Mu rwego rwo kubahiriza amasezerano ya Montreal asaba ibihugu kugabanya imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere, yavugururiwe i Kigali mu mwaka wa 2016, REMA yatangije gahunda igamije kunganira abantu kugira ngo babashe kugura firigo n’ibyuma bikonjesha bitangiza ikirere kandi bakabigura bitabagoye.

Muri iyi gahunda yiswe Rwanda Cooling Finance Initiative (R-COOL FI), abantu babyifuza bazajya bafata firigo n’ibyuma bikonjesha bihitiyemo mu buryo bw’inguzanyo, bazishyure binyuze ku muriro w’amashanyarazi baguze, aho bazajya bakatwa ijanisha ry’amafaranga yumvikanyweho ku mpande zombi bahabwe umuriro w’amafaranga asigaye.

Ubu buryo bwo kwishyura bwamaze kumvikanwaho na REMA, Bank y’Abaturage izatanga inguzanyo, abacuruza ibikoresho bikonjesha ndetse n’ikigo gishinzwe ingufu REG.

Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera, avuga ko “Banki y’Abaturage y’u Rwanda iri kugira uruhare rukomeye kugira ngo iyi gahunda y’ingirakamaro igende neza. Ibikorwa nk’ibi by’ingirakamaro Bizana inyungu kuri buri ruhande bigira uruhare mu kugeza abantu kuri gahunda z’iterambere rirambye” nk’uko umuyobozi mukuru wa REMA akomeza kubivuga.

Yongeraho ko “ubufatanye hagati ya REG, Banki y’Abaturage n’andi mabanki ndetse n’abacuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga butazafasha gusa mu kuzigama amafaranga, ahubwo buzanafasha abantu kubona ibikoresho bikonjesha binyuze mu kwishyura inyemezabwishyu z’amashanyarazi”

Umuyobozi wa REG, Ron Weiss, yavuze ko uku gufasha abaturage kubona ibyuma bikoresha neza ingufu kandi ntibyangize ikirere bizafasha igihugu mu kugabanya amafaranga cyashoraga mu bikorwa byo gushyiraho andi masoko y’ingufu.

R-COOL FI ni gahunda ishyirwa mu bikorwa n’Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA, igaterwa inkunga na gahunda yitwa United for Efficiency (U4E) y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bidukikije (United Nations Environment Programme) ndetse na fondasiyo yitwa Basel Agency for Sustainable Energy (BASE) hagamijwe guteza imbere ingufu zitangiza.

Kugeza mu mwaka wa 2024, biteganyijwe ko inguzanyo ingana na miriyoni enye z’amadolari ya Amerika izaba imaze gutangwa mu kugura ibikoresho bikonjesha bizigama ingufu kandi bidasohora imyuka ihumanya ikirere bibarirwa mu 12,500.

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA cyatangije uburyo bushya buzorohereza abashaka gutunga ibikoresho bikonjesha bikoresha ingufu neza kandi bitangiza ikirere.

Ni uburyo bushya REMA yatangije ku bufatanye na Banki y’abaturage n’ishami ry’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu rishinzwe gucuruza amashanyarazi EUCL. Abifuza ibyo bikoresho bazajya bahabwa inguzanyo yo kubigura bazishyura binyuze mu nyemezabwishyu y’umuriro w’amashanyarazi baguze buri kwezi.

Ibihugu byo mu gace ka Africa y’Uburasirazuba bifite ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage, ibintu bituma n’abakenera firigo n’ibindi bikoresho bikonjesha baba benshi.

Ibikoresho bikonjesha ni ingenzi ku buzima, imibereho myiza no ku bukungu bw’ibyo bihugu, ariko nanone bikunze guteza ibibazo bijyanye no gukoresha umuriro mwinshi ndetse n’ingaruka bigira ku bidukikije.

Ibikoresho bikonjesha bitajyanye n’igihe bishobora gukoresha umuriro ukubye inshuro hagati y’ebyiri n’eshatu ugereranyije n’uw’ibikoresho bigezweho bikoresha, kandi ibyo bitagezweho kenshi biba bifite gaz zangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, kandi zikagira ingaruka ku buzima bwa muntu n’ubw’umubumbe muri rusange.

Mu rwego rwo kubahiriza amasezerano ya Montreal asaba ibihugu kugabanya imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere, yavugururiwe i Kigali mu mwaka wa 2016, REMA yatangije gahunda igamije kunganira abantu kugira ngo babashe kugura firigo n’ibyuma bikonjesha bitangiza ikirere kandi bakabigura bitabagoye.

Muri iyi gahunda yiswe Rwanda Cooling Finance Initiative (R-COOL FI), abantu babyifuza bazajya bafata firigo n’ibyuma bikonjesha bihitiyemo mu buryo bw’inguzanyo, bazishyure binyuze ku muriro w’amashanyarazi baguze, aho bazajya bakatwa ijanisha ry’amafaranga yumvikanyweho ku mpande zombi bahabwe umuriro w’amafaranga asigaye.

Ubu buryo bwo kwishyura bwamaze kumvikanwaho na REMA, Bank y’Abaturage izatanga inguzanyo, abacuruza ibikoresho bikonjesha ndetse n’ikigo gishinzwe ingufu REG.

Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera, avuga ko “Banki y’Abaturage y’u Rwanda iri kugira uruhare rukomeye kugira ngo iyi gahunda y’ingirakamaro igende neza. Ibikorwa nk’ibi by’ingirakamaro Bizana inyungu kuri buri ruhande bigira uruhare mu kugeza abantu kuri gahunda z’iterambere rirambye” nk’uko umuyobozi mukuru wa REMA akomeza kubivuga.

Yongeraho ko “ubufatanye hagati ya REG, Banki y’Abaturage n’andi mabanki ndetse n’abacuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga butazafasha gusa mu kuzigama amafaranga, ahubwo buzanafasha abantu kubona ibikoresho bikonjesha binyuze mu kwishyura inyemezabwishyu z’amashanyarazi”

Umuyobozi wa REG, Ron Weiss, yavuze ko uku gufasha abaturage kubona ibyuma bikoresha neza ingufu kandi ntibyangize ikirere bizafasha igihugu mu kugabanya amafaranga cyashoraga mu bikorwa byo gushyiraho andi masoko y’ingufu.

R-COOL FI ni gahunda ishyirwa mu bikorwa n’Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA, igaterwa inkunga na gahunda yitwa United for Efficiency (U4E) y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bidukikije (United Nations Environment Programme) ndetse na fondasiyo yitwa Basel Agency for Sustainable Energy (BASE) hagamijwe guteza imbere ingufu zitangiza.

Kugeza mu mwaka wa 2024, biteganyijwe ko inguzanyo ingana na miriyoni enye z’amadolari ya Amerika izaba imaze gutangwa mu kugura ibikoresho bikonjesha bizigama ingufu kandi bidasohora imyuka ihumanya ikirere bibarirwa mu 12,500.

 

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

Rwandans Urged to halt wetlands degradation and contribute to wetlands restoration

Kigali, February 02,2023- Rwanda joins the rest of the world to commemorate World Wetlands Day (WWD) usually celebrated every year with the ultimate…

Read more →

IMF Managing Director commends Rwanda’s commitment to fighting climate change

The Managing Director of the International Monetary Fund (IMF), Kristalina Georgieva commends Rwanda’s commitment to fighting climate change and being…

Read more →

Rwanda Environment Management Authority and AKADEMIYA2063 Launched Partnership to Support Climate Mitigation and Adaptation

Kigali, January 11, 2022 – In view of implementing the African Union Commission (AUC) resolution to support African Union (AU) member states to comply…

Read more →

The new Global Biodiversity Framework with an ambitious plan to protect and restore nature

Montreal, Canada,  22 December 2022 - The “Kunming-Montreal Global Biodiversity Framework” (GBF) adopted at the 15th meeting of the Conference of…

Read more →

Rwanda launches a five-year initiative to improve hazardous waste management

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) and the United Nations Development Programme (UNDP) have today launched a five-year project to…

Read more →

Rwanda calls on the world to put nature first and agree on an ambitious Global Biodiversity Framework

Rwanda is calling on nations of the world to join hands and agree on an ambitious Global Biodiversity Framework at this UN Biodiversity Conference…

Read more →

Rwanda and Norway to host a "Roadmap to end plastic pollution by 2024" event at WCEF2022

Rwanda and Norway through the Rwanda Environment Management Authority (REMA) are organising a "Road map to end plastic pollution by 2040" side event…

Read more →

Negotiations on global treaty to end plastic pollution begin in Uruguay

Rwanda will join nations from around the world in Uruguay to begin drafting a global treaty to end plastic pollution with the first session of the…

Read more →

AIMS and REMA launch Kigali City Framework for Noise and Air Quality Monitoring Campaign

The African Institute for Mathematical Sciences (AIMS), in partnership with Rwanda Environment Management Authority (REMA), have today launched the…

Read more →