Abafite imodoka barasabwa kuzirinda gusohora imyotsi ihumanya umwuka
Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda, kuri uyu wagatandatu tariki 05/09/2020 batangiye igikorwa cyo gusuzuma ingano y’imyotsi imodoka zisohora kandi bigakorerwa mu mihanda bitabaye ngombwa ko nyir’imodoka ayijyana ku kigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga.
Ni igikorwa kiri muri gahunda y’ubukangurambaga bugamije gukangurira abafite imodoka gusuzumisha ingano y’imyotsi zisohora, kugira ngo zitarenza ibipimo ngenderwaho byemewe ku rwego mpuzamahanga hagamijwe kuzirinda guhumanya ikirere n’umwuka abantu bahumeka.
Gusuzuma ingano y’imyotsi imodoka zisohora bibaye mu gihe u Rwanda rwitegura kwifatanya n’isi yose mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umwuka mwiza n’ikirere gikeye (UN International Day of Clean Air for Blue Skies) tariki 07 Nzeri 2020. Ni umunsi uzaba wizihijwe ku nshuro yambere, ku nsanganyamatsiko igiri iti “Umwuka mwiza ku Bose”
Imyotsi isohorwa n’ibinyabiziga iza ku isonga mu guhumanya umwuka mu mijyi myinshi hirya no hino ku isi. Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe na REMA mu mwaka wa 2018 ku bitera ihumana ry’umwuka mu Rwanda, yagaragaje ko ibinyabutabire bya Nitrogen Oxide (NOx), Particulate Matter 10 &2.5 (PM10 & PM2.5), Carbon Monoxide (CO) n’ibinyabutabire bya hydrocarbons bitatwitswe ari byo biza ku isonga mu bisohoka mu myotis iva mu binyabiziga bigahumanya umwuka abantu bahumeka.
Mugabo Modeste ushinzwe ibijyanye no kugenzura ihumana ry’ikirere mu kigo REMA avuga ko guverinoma y’u Rwanda yafashe ingamba zo guhashya ihumana ry’umwuka, zirimo gahunda yo gusuzuma kenshi ingano y’imyotsi imodoka zisohora, guca intege icanwa ry’inkwi n’amakara kugira ngo hakoreshwe gaz na biogas mu gucana, no guca itwikwa ry’amakara, imbagara n’ibishingwe.
Kugeza ubu hari sitasiyo zigera ku munani zisuzumirwaho ubuziranenge bw’umwuka mu Rwanda, Mugabo akavuga ko “n’ubwo mu Rwanda hari ihumana ry’umwuka bitaragera ku rugero rubi cyane ugereranyije na byinshi mu bihugu birimo n’ibyateye imbere”
Isuzumwa ry’ingano y’imyotsi imodoka zisohora kugeza ubu rikorwa n’ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga (Motor-vehicle Inspection Centre) gikorera i Remera mu karere ka Gasabo. Icyo kigo cyatangiye mu mwaka wa 2008 gishyize imbere ibijyanye n’ubuziranenge bw’ibinyabiziga hagamijwe kwirinda impanuka.
Mu mwaka wa 2008 nibwo cyatangiye gupima n’ingano y’imyotsi imodoka zisohora, nk'uko bivugwa n'umuyobozi wungirije w'ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw'ibinyabiziga, Chief Superintendent of Police (CSP) Bernardin Nsengiyumva. Ku ikubitiro ngo batangiye bapima ingano y'imyotsi iva mu modoka nini zikoresha mazout nyuma y'umwaka umwe gitangira no gusuzuma imodoka ntoya zikoresha lisansi, imodoka bigaragaye ko ifite ikibazo nyirayo akagirwa inama yo kuyikoresha.
CSP Nsengiyumva ati “Nka Polisi y’u Rwanda dufite uruhare mu kurengera ikirere n’ibidukikije, mu kazi dukora muri iki kigo harimo no kugenzura ibipimo by’imyotsi y’imodoka kugira ngo turebe ko iyo myotsi itazateza ikibazo cyo guhumanya ikirere. Iyo dusanze ibipimo biri hejuru nyir'ikinyabiziga tumugira inama yo kujya gukoresha imodoka akazagaruka tukamuha icyangombwa cy’ubuziranenge bw’ikinyabiziga cye”
Ikigo cya Polisi y’u Rwanda gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw'ibinyabiziga ngo gifite ubushobozi bwo gupima imodoka 500 ku munsi ariko muri zo 20% nizo bashobora gusanga zifite ikibazo cy’imyotsi ihumanya ikirere nk'uko CSP Nsengiyumva yakomeje abivuga.
Ubuyobozi bw’icyo kigo buvuga imodoka igiye gushaka icyangombwa cy’ubuziranenge iyo basanze isohora imyotsi batayiha icyangombwa, ahubwo “basaba nyirayo kujya kuyikoresha mu igaraji ikibazo cyakemuka ikabona guhabwa icyangombwa cy’ubuziranenge gitangwa n’ikigo kigenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga"
Topics
More posts
Kigali, February 02,2023- Rwanda joins the rest of the world to commemorate World Wetlands Day (WWD) usually celebrated every year with the ultimate…
The Managing Director of the International Monetary Fund (IMF), Kristalina Georgieva commends Rwanda’s commitment to fighting climate change and being…
Kigali, January 11, 2022 – In view of implementing the African Union Commission (AUC) resolution to support African Union (AU) member states to comply…
Montreal, Canada, 22 December 2022 - The “Kunming-Montreal Global Biodiversity Framework” (GBF) adopted at the 15th meeting of the Conference of…
The Rwanda Environment Management Authority (REMA) and the United Nations Development Programme (UNDP) have today launched a five-year project to…
Rwanda is calling on nations of the world to join hands and agree on an ambitious Global Biodiversity Framework at this UN Biodiversity Conference…
Rwanda and Norway through the Rwanda Environment Management Authority (REMA) are organising a "Road map to end plastic pollution by 2040" side event…
Rwanda will join nations from around the world in Uruguay to begin drafting a global treaty to end plastic pollution with the first session of the…
The African Institute for Mathematical Sciences (AIMS), in partnership with Rwanda Environment Management Authority (REMA), have today launched the…