Abanyarwanda barakangurirwa kwirinda ibyahumanya umwuka n’ikirere

Kigali, Tariki 04 Nzeri 2020 – Uyu mwaka u Rwanda ruzifatanya n’isi kwizihiza ku nshuro ya mbere umunsi mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza n’ Ikirere Gikeye. Uyu munsi wemejwe n’inama ya 74 y’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yateranye ku wa 19 Nzeri 2019. 

Insanganyamatsiko y’umunsi mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza n’Ikirere Gikeye, igira iti “Umwuka mwiza kuri bose”. Iyi nsanganyamatsiko iributsa abatuye isi inshingano bafite yo kurwanya no gukumira ibitera ihumana ry’umwuka n’ikirere, kuko biri mu bitera ingaruka zishingiye ku mihindagurikire y’ibihe, zihungabanya ubuzima bwa muntu n’ibikorwa bye.

U Rwanda nk’igihugu, na rwo ruhura n’ingaruka z’ihumana ry’umwuka zirimo indwara z’ubuhumekero, iz’umutima, na kanseri, kuri ibyo hakiyongeraho ubushyuhe bukabije n’imihindagurikire y’ikirere ikurikirwa n’ibiza bishyira ubuzima bwa benshi mu kaga.

Izo mbogamizi zaragaragajwe mu nyigo yerekana uko ikibazo cy’ihumana ry’umwuka rihagaze mu Rwanda.   Iyi ni yo mpamvu u Rwanda ruzifatanya n’isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umwuka mwiza n’ikirere gikeye, hakorwa ubukangurambaga kugira ngo buri muturarwanda afate ingamba zikwiye zo kurwanya ihumana ry’umwuka.

Iyi nyigo yerekana uko ikibazo cy’ihumana ry’umwuka rihagaze mu Rwanda igaragaza ko mu Rwanda, ibinyabiziga biza ku isonga mu  guhumanya umwuka mu bice by’imijyi, gucana inkwi, amakara no gutwika imyanda n’ibishingwe nabyo bikaba biri mu biza imbere mu guhumanya ikirere mu bice by’ibyaro

Mu rwego rwo guhanga n’ ibibazo biterwa n’ ihumana ry’ ikirere, u Rwanda rwafashe ingamba zitandukanye zirimo kurwanya imihindagurikire y’ibihe, bikaba biteganyijwe ko mu mwaka wa 2030 imyuka itera ukwiyongera k’ubushyuhe ku isi izagabanukaho 38%

Muri gahunda ya Guvernoma y'imyaka irindwi y'impinduka zo kwihutisha amajyambere y'ubukungu (NST1), biteganyijwe ko Abaturarwanda bazashishikarizwa kwitabira gukoresha ingufu zidahumanya zirimo gaz, biogas, ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba n’ubundi buryo butangiza ibidukikije.

Ibyo bigamije kugabanya ikoreshwa ry’ingufu zikomoka ku mashyamba, bikazagabanuka kugeza nibura ku rugero rwa 42% mu 2024 bivuye kuri 79.9% mu 2018, nk’uko bivugwa na Juliet Kabera, umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA.

Leta y’u Rwanda kandi yanashyizeho politiki yo kubungabunga ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, hashyirwaho amategeko n’amabwiriza yo kubungabunga umwuka mwiza, by’umwihariko hakaba harashyizweho itegeko n° 18/2016 ryo ku wa 18/05/2016 rigenga uburyo bwo kubungabunga ubwiza bw’umwuka no gukumira ihumana ry’ikirere mu Rwanda.

Ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye kandi, hamaze gushyirwaho sitasiyo icyenda zifashishwa mu kumenya no gutanga amakuru y’uko igihugu gihagaze mu bijyanye n’ihumana ry’ikirere. Ayo makuru akaba ava mu bipimo bifatirwamu bice bitandukanye by’igihugu hashingiwe ku bipimo ngenderwaho by’ubuziranenge bw’umwuka.

Leta y’u Rwanda kandi yanashyigikiye imishinga yo gukoresha ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi nka Empasand na Volkswagen.

Umuyobozi mukuru w’ikigo REMA avuga ko kugira ngo umwuka mwiza ugera kuri bose bisaba ko buri Munyarwanda afata ingamba, kuko ibihumanya umwuka ari ibikorwa bya muntu. 

Mu ngamba zo kubungabunga umwuka mwiza harimo kureka gucana inkwi n’amakara kuko bitera inyotsi ihumanya, kwirinda gutwika amashyamba, ibihuru, n’imyanda mu buryo butemewe, gukoresha ibinyabiziga bidasohora imyotsi ihumanya umwuka kandi bigakorerwa isuzuma buri gihe, gukoresha amagare no kugenda n’amaguru aho bishoboka, kandi abantu bakitabira gukoresha imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange.

Kuri ibyo haniyongeraho kubahiriza amabwiriza yo gufata imyotsi iva mu nganda, gutera ibiti no kubungabunga amashyamba ayungurura umwuka.

 

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

Rwandans Urged to halt wetlands degradation and contribute to wetlands restoration

Kigali, February 02,2023- Rwanda joins the rest of the world to commemorate World Wetlands Day (WWD) usually celebrated every year with the ultimate…

Read more →

IMF Managing Director commends Rwanda’s commitment to fighting climate change

The Managing Director of the International Monetary Fund (IMF), Kristalina Georgieva commends Rwanda’s commitment to fighting climate change and being…

Read more →

Rwanda Environment Management Authority and AKADEMIYA2063 Launched Partnership to Support Climate Mitigation and Adaptation

Kigali, January 11, 2022 – In view of implementing the African Union Commission (AUC) resolution to support African Union (AU) member states to comply…

Read more →

The new Global Biodiversity Framework with an ambitious plan to protect and restore nature

Montreal, Canada,  22 December 2022 - The “Kunming-Montreal Global Biodiversity Framework” (GBF) adopted at the 15th meeting of the Conference of…

Read more →

Rwanda launches a five-year initiative to improve hazardous waste management

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) and the United Nations Development Programme (UNDP) have today launched a five-year project to…

Read more →

Rwanda calls on the world to put nature first and agree on an ambitious Global Biodiversity Framework

Rwanda is calling on nations of the world to join hands and agree on an ambitious Global Biodiversity Framework at this UN Biodiversity Conference…

Read more →

Rwanda and Norway to host a "Roadmap to end plastic pollution by 2024" event at WCEF2022

Rwanda and Norway through the Rwanda Environment Management Authority (REMA) are organising a "Road map to end plastic pollution by 2040" side event…

Read more →

Negotiations on global treaty to end plastic pollution begin in Uruguay

Rwanda will join nations from around the world in Uruguay to begin drafting a global treaty to end plastic pollution with the first session of the…

Read more →

AIMS and REMA launch Kigali City Framework for Noise and Air Quality Monitoring Campaign

The African Institute for Mathematical Sciences (AIMS), in partnership with Rwanda Environment Management Authority (REMA), have today launched the…

Read more →