Kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba biri mu nyungu za buri wese

U Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba wizihijwe tariki 16 Nzeri 2020 hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga.

Hashize imyaka 35 hatangijwe ingamba zo kurengera no kurwanya iyangirika ry’akayunguruzo k’imirasire y’izuba. Isinywa ry’amasezerano ya Montreal yo kurengera ako kayunguruzo yasinywe mu mwaka wa 1987, ni imwe mu ntambwe zikomeye zatewe mu kurengera isi n’abayituye.

Mu myaka isaga 30 ishize, ibihugu byasinye ayo masezerano byagiye bigabanya ibikorwa byangizaga akayunguruzo k’imirasire y’izuba, birokora ubuzima bw’abantu babarirwa muri miriyoni ebyiri bashoboraga kuba barwara kanseri y’uruhu buri mwaka.

Uretse kurokora ubuzima bw’abantu, ingamba zo kurwanya iyangirika ry’akayunguruzo k’imirasire y’izuba zanafashije mu kurengera urusobe rw’ibinyabuzima no kurengera umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi, nk’uko umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ibidukikije Patrick Karera yabivuze mu muhango wo kwizihiza uwo munsi.

Biteganyijwe ko hagati muri iki kinyejana cya 21, akayunguruzo k’imirasire y’izuba kazongera kumera nk’uko kahoze mu myaka ya 1980 kubera ingamba zashyizweho zo kukabungabunga.

Kuva u Rwanda rusinye amasezerano ya Montreal mu mwaka wa 2003 “ntabwo twatekerezaga ko u Rwanda rwakwakira inama ya 28 y’ibihugu byasinye amasezerano ya Montreal” nk’uko Bwana Karera yakomeje abivuga.

Muri iyo nama yabaye mu kwezi k’Ukwakira 2016, hashyizwe umukono ku mavugurura yakorewe ayo masezerano, Kigali Amendment mu rurimi rw’icyongereza, hagamijwe gusaba ibihugu guca burundu ikoreshwa ry’ibinyabutabire byangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, hemezwa gutangira gukoresha gaz karemano.

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bacyo mu kurengera ibidukikije, cyakoze ibarura rigamije kureba ibikoresho bikonjesha biri mu Rwanda kugira ngo ibivuye mu ibarura bishingirweho mu gufata ingamba zo kuvana ku isoko ry’u Rwanda gaz zangiza.

Umuyobozi wungirije wa REMA, Faustin Munyazikwiye avuga ko mu kugabanya iyo myuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba hashyizweho amategeko atandukanye agaragaza urutonde rw’imyuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba. Ati “gushyiraho itegeko ntibyari bihagije gusa, ahubwo hanabayeho gushyiraho uburyo bw’imikorere n’imikoranire n’inzego zitandukanye”

REMA ku bufatanye na Minisiteri y’ibidukikije yashyizeho uburyo bw’ikoranabuhanga buhuriraho abacuruzi batumiza ibyo bikoresho mu mahanga, abashinzwe ibyinjira n’ibisohoka kuri za gasutamo n’abashinzwe ibijyanye n’ubuziranenge.

Mu gihe hatafatwa ingamba zihuse mu kurwanya no guhagarika ibikoresho byohereza imyuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, iyo myuka yazaba yariyongereye ku rugero rwa 95% mu mwaka wa 2050.

Inkuru nziza nk’uko ubuyobozi bwa REMA bubigaragaza, ni uko gukoresha ibikoresho bikonjesha bitohereza imyuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba bihendutse kuko bishobora gutuma abantu bazigama miriyarri hafi ibihumbi bitatu (2.9 trillion) z’amadorari kugeza mu mwaka wa 2050.

Umuyobozi wungirije wa REMA avuga ko kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba ari uruhare rwa buri wese, akavuga ko “Abanyarwanda muri rusange bakwiye kwirinda kugura ibikoresho bikonjesha bitemewe, abacuruzi nabo bakareka kwinjiza mu Rwanda ibyuma bikonjesha byakwangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, ndetse n’inzego za leta zigasabwa kumva ko ikibazo cy’iyangirika ry’akayunguruzo k’imirasire y’izuba kitareba REMA gusa”

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

RWANDA MARKS WORLD ENVIRONMENT DAY AFTER WEEKLONG CAMPAIGN PROMOTING SOLUTIONS TO PLASTIC POLLUTION

Rwanda has on June 5, 2023 joined the rest of the World to mark the World Environment Day (WED 2023), which is marked with the theme Beat Plastic…

Read more →

Rwanda and partners launch two projects to advance energy efficiency and sustainable cooling

The Government of Rwanda, through the Rwanda Environment Management Authority (REMA), the Food and Agriculture Organization (FAO) and the Green…

Read more →

REMA launches the Evidence-based Climate Reporting Initiative to advance climate research and reporting

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) in collaboration with the African Institute of Mathematical Sciences (AIMS) have on May 19, 2023…

Read more →

National Ozone Officers meet in Kigali to discuss the implementation of Montreal Protocol and its Kigali Amendment

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) in collaboration with the United Nations Environment Programme (UNEP)’s OzonAction has organized a…

Read more →

Minister Mujawamariya officiates the use of LPG donated to 20 schools by REMA through Green Amayaga Project

The Minister of Environment, Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya has on 3rd May 2023 launched the use of Liquefied Petroleum Gas (LPG) for bulk cooking in…

Read more →

Delegates from across Africa meet in Kigali to Develop Priorities and Strategies for International Legally Binding Instrument to End Plastic Pollution

The Rwanda Environment Management Authority (REMA), in collaboration with the Environmental Investigation Agency (EIA) and the Center for…

Read more →

Rwanda elected to chair Platform of Environmental Protection Agencies in Africa

The first-ever roundtable meeting of Heads of Environmental Protection Agencies and Directors of Environment in Africa (EPAs) has elected Rwanda to…

Read more →

Rwanda to host African Heads of Environmental Protection Agencies to discuss common environmental challenges

Rwanda will from 7–8 March 2023 host the first meeting of the Heads of Environment Protection Agencies and Directors of Environment in Africa (EPAs). 

Read more →