Abanyarwanda barakangurirwa kwirinda ibyahumanya umwuka n’ikirere

Kigali, Tariki 04 Nzeri 2020 – Uyu mwaka u Rwanda ruzifatanya n’isi kwizihiza ku nshuro ya mbere umunsi mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza n’ Ikirere Gikeye. Uyu munsi wemejwe n’inama ya 74 y’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yateranye ku wa 19 Nzeri 2019. 

Insanganyamatsiko y’umunsi mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza n’Ikirere Gikeye, igira iti “Umwuka mwiza kuri bose”. Iyi nsanganyamatsiko iributsa abatuye isi inshingano bafite yo kurwanya no gukumira ibitera ihumana ry’umwuka n’ikirere, kuko biri mu bitera ingaruka zishingiye ku mihindagurikire y’ibihe, zihungabanya ubuzima bwa muntu n’ibikorwa bye.

U Rwanda nk’igihugu, na rwo ruhura n’ingaruka z’ihumana ry’umwuka zirimo indwara z’ubuhumekero, iz’umutima, na kanseri, kuri ibyo hakiyongeraho ubushyuhe bukabije n’imihindagurikire y’ikirere ikurikirwa n’ibiza bishyira ubuzima bwa benshi mu kaga.

Izo mbogamizi zaragaragajwe mu nyigo yerekana uko ikibazo cy’ihumana ry’umwuka rihagaze mu Rwanda.   Iyi ni yo mpamvu u Rwanda ruzifatanya n’isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umwuka mwiza n’ikirere gikeye, hakorwa ubukangurambaga kugira ngo buri muturarwanda afate ingamba zikwiye zo kurwanya ihumana ry’umwuka.

Iyi nyigo yerekana uko ikibazo cy’ihumana ry’umwuka rihagaze mu Rwanda igaragaza ko mu Rwanda, ibinyabiziga biza ku isonga mu  guhumanya umwuka mu bice by’imijyi, gucana inkwi, amakara no gutwika imyanda n’ibishingwe nabyo bikaba biri mu biza imbere mu guhumanya ikirere mu bice by’ibyaro

Mu rwego rwo guhanga n’ ibibazo biterwa n’ ihumana ry’ ikirere, u Rwanda rwafashe ingamba zitandukanye zirimo kurwanya imihindagurikire y’ibihe, bikaba biteganyijwe ko mu mwaka wa 2030 imyuka itera ukwiyongera k’ubushyuhe ku isi izagabanukaho 38%

Muri gahunda ya Guvernoma y'imyaka irindwi y'impinduka zo kwihutisha amajyambere y'ubukungu (NST1), biteganyijwe ko Abaturarwanda bazashishikarizwa kwitabira gukoresha ingufu zidahumanya zirimo gaz, biogas, ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba n’ubundi buryo butangiza ibidukikije.

Ibyo bigamije kugabanya ikoreshwa ry’ingufu zikomoka ku mashyamba, bikazagabanuka kugeza nibura ku rugero rwa 42% mu 2024 bivuye kuri 79.9% mu 2018, nk’uko bivugwa na Juliet Kabera, umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA.

Leta y’u Rwanda kandi yanashyizeho politiki yo kubungabunga ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, hashyirwaho amategeko n’amabwiriza yo kubungabunga umwuka mwiza, by’umwihariko hakaba harashyizweho itegeko n° 18/2016 ryo ku wa 18/05/2016 rigenga uburyo bwo kubungabunga ubwiza bw’umwuka no gukumira ihumana ry’ikirere mu Rwanda.

Ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye kandi, hamaze gushyirwaho sitasiyo icyenda zifashishwa mu kumenya no gutanga amakuru y’uko igihugu gihagaze mu bijyanye n’ihumana ry’ikirere. Ayo makuru akaba ava mu bipimo bifatirwamu bice bitandukanye by’igihugu hashingiwe ku bipimo ngenderwaho by’ubuziranenge bw’umwuka.

Leta y’u Rwanda kandi yanashyigikiye imishinga yo gukoresha ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi nka Empasand na Volkswagen.

Umuyobozi mukuru w’ikigo REMA avuga ko kugira ngo umwuka mwiza ugera kuri bose bisaba ko buri Munyarwanda afata ingamba, kuko ibihumanya umwuka ari ibikorwa bya muntu. 

Mu ngamba zo kubungabunga umwuka mwiza harimo kureka gucana inkwi n’amakara kuko bitera inyotsi ihumanya, kwirinda gutwika amashyamba, ibihuru, n’imyanda mu buryo butemewe, gukoresha ibinyabiziga bidasohora imyotsi ihumanya umwuka kandi bigakorerwa isuzuma buri gihe, gukoresha amagare no kugenda n’amaguru aho bishoboka, kandi abantu bakitabira gukoresha imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange.

Kuri ibyo haniyongeraho kubahiriza amabwiriza yo gufata imyotsi iva mu nganda, gutera ibiti no kubungabunga amashyamba ayungurura umwuka.

 

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

RWANDA MARKS WORLD ENVIRONMENT DAY AFTER WEEKLONG CAMPAIGN PROMOTING SOLUTIONS TO PLASTIC POLLUTION

Rwanda has on June 5, 2023 joined the rest of the World to mark the World Environment Day (WED 2023), which is marked with the theme Beat Plastic…

Read more →

Rwanda and partners launch two projects to advance energy efficiency and sustainable cooling

The Government of Rwanda, through the Rwanda Environment Management Authority (REMA), the Food and Agriculture Organization (FAO) and the Green…

Read more →

REMA launches the Evidence-based Climate Reporting Initiative to advance climate research and reporting

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) in collaboration with the African Institute of Mathematical Sciences (AIMS) have on May 19, 2023…

Read more →

National Ozone Officers meet in Kigali to discuss the implementation of Montreal Protocol and its Kigali Amendment

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) in collaboration with the United Nations Environment Programme (UNEP)’s OzonAction has organized a…

Read more →

Minister Mujawamariya officiates the use of LPG donated to 20 schools by REMA through Green Amayaga Project

The Minister of Environment, Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya has on 3rd May 2023 launched the use of Liquefied Petroleum Gas (LPG) for bulk cooking in…

Read more →

Delegates from across Africa meet in Kigali to Develop Priorities and Strategies for International Legally Binding Instrument to End Plastic Pollution

The Rwanda Environment Management Authority (REMA), in collaboration with the Environmental Investigation Agency (EIA) and the Center for…

Read more →

Rwanda elected to chair Platform of Environmental Protection Agencies in Africa

The first-ever roundtable meeting of Heads of Environmental Protection Agencies and Directors of Environment in Africa (EPAs) has elected Rwanda to…

Read more →

Rwanda to host African Heads of Environmental Protection Agencies to discuss common environmental challenges

Rwanda will from 7–8 March 2023 host the first meeting of the Heads of Environment Protection Agencies and Directors of Environment in Africa (EPAs). 

Read more →