Abacukuzi b’amabuye y’agaciro biyemeje gukosora amakosa bakoraga atera iyangirika ry’ibidukikije

Abakora mu rwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bihaye umukoro wo gukosora amakosa bakoraga mu bucukuzi, biyemeza gukora umwuga wabo mu buryo bwubahiriza itegeko rigenga ubucukuzi n’irerengera ibidukikije.

Babitangaje kuri uyu wakabiri tariki 01 Kamena 2021, ubwo hasozwaga amahugurwa y’abakora mu rwego rw’ubucukuzi bw’amabuye yagaciro yari yateguwe n’Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) ku bufatanye n’Ikigo gishinzwe Mine, Peterole na Gaze mu Rwanda (RMB).

“Hari ibyo twajyaga duhuriramo na REMA cyangwa RMB tukagonganiramo kubera kutamenya amategeko, ariko batweretse icyo amategeko avuga baranbiduhugira, ubu tugiye kwisubiraho dushyire mu bikorwa ibyo itegeko rivuga kugira ngo tutazongera kugongana”

Abakora mu rwego rw’ubucukuzi bavuga ko hari amabwiriza menshi ajyanye n’ubucukuzi batubahirizaga kubera kudasobanukirwa, bavuga ko byaba byiza bagiye babona amahugurwa kenshi kugira ngo banoze neza umwuga w’ubucukuzi.

Amahugurwa yasojwe kuri uyu wakabiri yageze ku bahagarariye amakompanyi y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bo mu ntara zose z’u Rwanda n’umujyi wa Kigali.

Umuyobozi mukuru wa REMA, Juliet Kabera, yavuze ko REMA yateguye ayo mahugurwa kugira ngo yereke abakora umwuga w’ubucukuzi ibyo badakora neza kugira ngo babikosore.

“Turabashishikariza gukoresha ikoranabuhanga mu bucukuzi kuko bituma batangiza n’ibidukikije. Umuntu iyo arangije gucukura ahantu aba agomba kuhasubiranya akabona gutangira gucukura ahandi, adasize ibinogo bishobora guteza iyangirika ry’ibidukikije n’izindi mpanuka”

Turabasaba gucukura bubahiriza itegeko ryo kurengera ibidukikije n’andi mabwiriza agenga ubucukuzi kuko iterambere rirambye tutarigeraho twangiza ibidukikije” uku niko umuyobozi mukuru wa REMA abisobanura.

Umuyobozi mukuru wa RMB, Francis Gatare yashimye ikigo REMA cyateguye ayo mahugurwa, anashimira n’abakora ubucukuzi bayitabiriye kuko azatuma bakosora ibyo batakoraga neza.

Yagize ati “Turashimira REMA yateguye aya mahugurwa. Baba bavuze bati aba bantu aho kubahana reka tubigishe barusheho kumenya ibisabwa mu mwuga wabo no kubishyira mu bikorwa. Kubungabunga ibidukikije ni inshingano zacu, tugomba gukora ubucukuzi tureba kure, tudatekereza inyungu z’uyu munsi gusa”

Hon. Gatare yanibukije abacukuzi kwibuka gukomeza kwita ku mutekano mu kazi kabo muri ibi bihe by'imitingito imaze iminsi yumvikana ahantu hatandukanye mu gihugu kubera iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo

Ati “Hari ibikorwa byacu dukorera mu ndani kandi hari iziba zidakomeye, hari izoroshywa n’imitingito inkingi zikajegera, tugomba kuba maso tukajya duhora dusuzuma aho dukorera kugira ngo twirinde impanuka”

Amahugurwa yari amaze icyumweru, akaba yaritabiriwe n’abahagarariye ibigo by’ubucukuzi bisaga 120 byo mu ntara zose z’u Rwanda.

Ikigo REMA kivuga ko n’ubwo mu gishinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’itegeko n’amabwiriza yo kubungabunga ibidukikije, icyo gishyize imbere atari uguhana, ahubwo ari ukwigisha abantu kugeza bumvise akamaro ko kubungabunga ibidukikije, aho binaniranye akaba ariho ibihano bitangwa.

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

RWANDA MARKS WORLD ENVIRONMENT DAY AFTER WEEKLONG CAMPAIGN PROMOTING SOLUTIONS TO PLASTIC POLLUTION

Rwanda has on June 5, 2023 joined the rest of the World to mark the World Environment Day (WED 2023), which is marked with the theme Beat Plastic…

Read more →

Rwanda and partners launch two projects to advance energy efficiency and sustainable cooling

The Government of Rwanda, through the Rwanda Environment Management Authority (REMA), the Food and Agriculture Organization (FAO) and the Green…

Read more →

REMA launches the Evidence-based Climate Reporting Initiative to advance climate research and reporting

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) in collaboration with the African Institute of Mathematical Sciences (AIMS) have on May 19, 2023…

Read more →

National Ozone Officers meet in Kigali to discuss the implementation of Montreal Protocol and its Kigali Amendment

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) in collaboration with the United Nations Environment Programme (UNEP)’s OzonAction has organized a…

Read more →

Minister Mujawamariya officiates the use of LPG donated to 20 schools by REMA through Green Amayaga Project

The Minister of Environment, Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya has on 3rd May 2023 launched the use of Liquefied Petroleum Gas (LPG) for bulk cooking in…

Read more →

Delegates from across Africa meet in Kigali to Develop Priorities and Strategies for International Legally Binding Instrument to End Plastic Pollution

The Rwanda Environment Management Authority (REMA), in collaboration with the Environmental Investigation Agency (EIA) and the Center for…

Read more →

Rwanda elected to chair Platform of Environmental Protection Agencies in Africa

The first-ever roundtable meeting of Heads of Environmental Protection Agencies and Directors of Environment in Africa (EPAs) has elected Rwanda to…

Read more →

Rwanda to host African Heads of Environmental Protection Agencies to discuss common environmental challenges

Rwanda will from 7–8 March 2023 host the first meeting of the Heads of Environment Protection Agencies and Directors of Environment in Africa (EPAs). 

Read more →