| Green Amayaga |

Umushinga FLR (Mayaga Project) ugiye gutera ibiti bisaga miriyoni mu gace k’Amayaga mu 2020/2021

Umushinga Forest Landscape Restoration (FLR Mayaga) ukorera mu kigo cy’igihugu cyita ku bidukikije (REMA) ugiye gutera ibiti bibarirwa muri 1,375,792 mu gace k’Amayaga mu rwego rwo kugasubiza ubuzima nyuma y’uko bigaragaye ko ibiti bigenda bikendera muri ako gace.

Ni agace gakora ku turere twa Kamonyi, Ruhango, Nyanza na Gisagara, uwo mushinga ukazakorera muri utwo turere twose uko ari tune.

Ibyo biti bizaterwa ku buso bwa Hegitari 5,105 mu gihembwe cy’itera ry’ibiti n’amashyamba cya 2020/2021. Hegitari 516 zizaterwaho amashyamba, izibarirwa muri 4286 ziterweho ibiti bivangwa n’imyaka, mu gihe izigera kuri 303 zizaterwaho ibiti by’imbuto.

Uretse ibiti bizaterwa hanatangiye gucukurwa imirwanyasuri mu mirima y’abaturage, aho umuturage asabwa gucukura imirwanyasuri mu murima we akanahabwa inyunganizi y’amafaranga bitewe n’imirwanyasuri yacukuye.

Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibidukikije, Juliet Kabera avuga ko uwo mushinga ugamije kuzamura imibereho y’abaturage no kubungabunga ibidukikije mu gace k’Amagaya, agasaba abagatuye kutitesha amahirwe bazaniwe n’umushinga FLR Mayaga Project kuko uretse gusubiza ubuzima agace batuyemo, uzanatanga akazi ku baturage benshi batuye muri ako gace.

Umushinga FLR Mayaga Project uzafasha abaturage kwiteza imbere binyuze mu mishinga iciriritse y’ubworozi bw’amatungo magufi, ukazanatanga isoko ku batubuzi b’ingemwe z’ibiti mu gace k’Amayaga kuko hazaterwa ibiti bibarirwa mu ma miriyoni mu gihe cy’imyaka itandatu uzamara ukorera mu gace k’Amayaga.

Kugeza ubu hatangiye ibikorwa birimo gupima ubutaka, gucukura imirwanyasuri no gutegura ingemwe z’ibiti bizaterwa muri iki gihembwe cy’itera ry’ibiti n’amashyamba.

Gusa abashyira mu bikorwa uyu mushinga mu turere ukoreramo, bavuga hakiri ikibazo cy’uko abaturage bo muri ako gace umushinga ukoreramo badashishikarira gukora imirimo itandukanye yahanzwe n’uwo mushinga, ku buryo biba ngombwa kujya gushaka abakozi mu tundi turere.

Ubuyobozi buvuga ko bugiye gukora ubukangurambaga mu baturage, kugira ngo bitabire ibikorwa by’umushinga kandi babigire ibyabo bizabashe kuramba.

Umushinga FLR Mayaga Project uzamara imyaka itandatu ukorera mu gace k’Amayaga. Uje wiyongera ku yindi mishinga yo kubungabunga ibidukikije ikorera muri REMA, irimo n’uwa LAFREC na NDF yatunganyije agace ka Gishwati na Mukura mu turere twa Ngororero na Rutsiro two mu ntara y’Uburengerazuba.

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

Together, We can put an end to single-use plastics

The following was adapted from remarks given by the Minister of Environment, Vincent Biruta, at World Environment Day celebrations in Rwanda on 5 June…

Read more →

Ijambo rya Ministiri w’Ibidukikije ku Munsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije

IPRC Kigali | 5 Kamena 2018

    Nyakubahwa Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe ubukungu n'iterambere
    Meya w’Akarere ka Kicukiro
   …

Read more →

Refusing single use plastics will make life and the planet better

Rwandans have been encouraged to avoid single-use plastics in order to reduce environmental pollution and save the planet from the dangers of plastic…

Read more →

Remarks by the Director General of REMA at Launch of the National Environment Week

Hon. Minister of Environment

Hon. Minister of Trade & industries

One UN country Residence Coordinator

CEO PSF

Development Partners

Government…

Read more →

Remarks by UN Resident Coordinator Dr Fode Ndiaye at Launch of National Environment Week

Nyakubahwa Minister of Environment, Dr. Vincent Biruta,

Honorable Ministers here present,

Senior Government Officials here present,

Honorable…

Read more →

Remarks by Minister of Environment at Launch of National Environment Week

Fellow Ministers,

One UN Resident Coordinator,

Private Sector Federation Chairperson,

Distinguished guests,

Ladies and gentlemen

Mwaramutse!

It…

Read more →