Kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba biri mu nyungu za buri wese

U Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba wizihijwe tariki 16 Nzeri 2020 hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga.

Hashize imyaka 35 hatangijwe ingamba zo kurengera no kurwanya iyangirika ry’akayunguruzo k’imirasire y’izuba. Isinywa ry’amasezerano ya Montreal yo kurengera ako kayunguruzo yasinywe mu mwaka wa 1987, ni imwe mu ntambwe zikomeye zatewe mu kurengera isi n’abayituye.

Mu myaka isaga 30 ishize, ibihugu byasinye ayo masezerano byagiye bigabanya ibikorwa byangizaga akayunguruzo k’imirasire y’izuba, birokora ubuzima bw’abantu babarirwa muri miriyoni ebyiri bashoboraga kuba barwara kanseri y’uruhu buri mwaka.

Uretse kurokora ubuzima bw’abantu, ingamba zo kurwanya iyangirika ry’akayunguruzo k’imirasire y’izuba zanafashije mu kurengera urusobe rw’ibinyabuzima no kurengera umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi, nk’uko umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ibidukikije Patrick Karera yabivuze mu muhango wo kwizihiza uwo munsi.

Biteganyijwe ko hagati muri iki kinyejana cya 21, akayunguruzo k’imirasire y’izuba kazongera kumera nk’uko kahoze mu myaka ya 1980 kubera ingamba zashyizweho zo kukabungabunga.

Kuva u Rwanda rusinye amasezerano ya Montreal mu mwaka wa 2003 “ntabwo twatekerezaga ko u Rwanda rwakwakira inama ya 28 y’ibihugu byasinye amasezerano ya Montreal” nk’uko Bwana Karera yakomeje abivuga.

Muri iyo nama yabaye mu kwezi k’Ukwakira 2016, hashyizwe umukono ku mavugurura yakorewe ayo masezerano, Kigali Amendment mu rurimi rw’icyongereza, hagamijwe gusaba ibihugu guca burundu ikoreshwa ry’ibinyabutabire byangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, hemezwa gutangira gukoresha gaz karemano.

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bacyo mu kurengera ibidukikije, cyakoze ibarura rigamije kureba ibikoresho bikonjesha biri mu Rwanda kugira ngo ibivuye mu ibarura bishingirweho mu gufata ingamba zo kuvana ku isoko ry’u Rwanda gaz zangiza.

Umuyobozi wungirije wa REMA, Faustin Munyazikwiye avuga ko mu kugabanya iyo myuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba hashyizweho amategeko atandukanye agaragaza urutonde rw’imyuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba. Ati “gushyiraho itegeko ntibyari bihagije gusa, ahubwo hanabayeho gushyiraho uburyo bw’imikorere n’imikoranire n’inzego zitandukanye”

REMA ku bufatanye na Minisiteri y’ibidukikije yashyizeho uburyo bw’ikoranabuhanga buhuriraho abacuruzi batumiza ibyo bikoresho mu mahanga, abashinzwe ibyinjira n’ibisohoka kuri za gasutamo n’abashinzwe ibijyanye n’ubuziranenge.

Mu gihe hatafatwa ingamba zihuse mu kurwanya no guhagarika ibikoresho byohereza imyuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, iyo myuka yazaba yariyongereye ku rugero rwa 95% mu mwaka wa 2050.

Inkuru nziza nk’uko ubuyobozi bwa REMA bubigaragaza, ni uko gukoresha ibikoresho bikonjesha bitohereza imyuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba bihendutse kuko bishobora gutuma abantu bazigama miriyarri hafi ibihumbi bitatu (2.9 trillion) z’amadorari kugeza mu mwaka wa 2050.

Umuyobozi wungirije wa REMA avuga ko kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba ari uruhare rwa buri wese, akavuga ko “Abanyarwanda muri rusange bakwiye kwirinda kugura ibikoresho bikonjesha bitemewe, abacuruzi nabo bakareka kwinjiza mu Rwanda ibyuma bikonjesha byakwangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, ndetse n’inzego za leta zigasabwa kumva ko ikibazo cy’iyangirika ry’akayunguruzo k’imirasire y’izuba kitareba REMA gusa”

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda hosts the Global Environment Facility (GEF) Eastern Africa Constituency Meeting

Kigali, 22 November, 2018, Following the 6th GEF Assembly and 54th Council Meeting held in Danang, Vietnam in June 2018, the GEF focal points of the…

Read more →

Top managers of industries in Prime Economic zone and Special Economic zone were briefed on new law on Environment

Kigali, 16 November, 2018 - In view of elaborating the new law on environment,  LAW N°48/2018 OF 13/08/2018 LAW ON ENVIRONMENT,  Rwanda Environment…

Read more →

Rwanda pilots the second phase of Standardized Crediting Framework concept

Kigali, 15 November, 2018- From 14 to 15 November, 2018, REMA and the World Bank Carbon Initiative for Development (Ci-Dev) hosted a workshop to…

Read more →

Rwanda to host inaugural Africa Green Growth Forum

Rwanda will host the first ever Africa Green Growth Forum, gathering more than 1,000 investors, policy makers and financial specialists from across…

Read more →

Rwanda hosts Pan African Workshop on Access and Benefit Sharing of Genetic Resources

Rwanda from 28–30 August 2018 hosts a Pan African Workshop on Access and Benefit Sharing of Genetic Resources (ABS). The workshop brings together…

Read more →

Rwanda incinerates harmful oils used in transformers

The Government of Rwanda through the Rwanda Environment Management Authority (REMA) started the incineration of Polychlorinated Biphenyls (PCBs) oil -…

Read more →

Rwanda statement at the 6th GEF Assembly in Da Nang, Viet Nam

STATEMENT BY HEAD OF DELEGATION FROM RWANDA -   COLETHA U. RUHAMYA - DIRECTOR GENERAL OF RWANDA ENVIRONMENT MANAGEMENT AUTHORITY (REMA)  AT THE 6TH…

Read more →

World Environment Day: winners of environmental school competitions awarded

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has awarded winners of this year’s environmental school competitions organized in the build up to the…

Read more →

Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije: Igihe kirageze ngo tuzirikane ububi bwa plastiki mu mibereho yacu

Kuri uyu wa 05 Kamena, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije, uyu ukaba ari umwanya wo kuganira ku bibazo…

Read more →