Abafite imodoka barasabwa kuzirinda gusohora imyotsi ihumanya umwuka

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda, kuri uyu wagatandatu tariki 05/09/2020 batangiye igikorwa cyo gusuzuma ingano y’imyotsi imodoka zisohora kandi bigakorerwa mu mihanda bitabaye ngombwa ko nyir’imodoka ayijyana ku kigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga.

Ni igikorwa kiri muri gahunda y’ubukangurambaga bugamije gukangurira abafite imodoka gusuzumisha ingano y’imyotsi zisohora, kugira ngo zitarenza ibipimo ngenderwaho byemewe ku rwego mpuzamahanga hagamijwe kuzirinda guhumanya ikirere n’umwuka abantu bahumeka.

Gusuzuma ingano y’imyotsi imodoka zisohora bibaye mu gihe u Rwanda rwitegura kwifatanya n’isi yose mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umwuka mwiza n’ikirere gikeye (UN International Day of Clean Air for Blue Skies) tariki 07 Nzeri 2020. Ni umunsi uzaba wizihijwe ku nshuro yambere, ku nsanganyamatsiko igiri iti “Umwuka mwiza ku Bose”

Imyotsi isohorwa n’ibinyabiziga iza ku isonga mu guhumanya umwuka mu mijyi myinshi hirya no hino ku isi. Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe na REMA mu mwaka wa 2018 ku bitera ihumana ry’umwuka mu Rwanda, yagaragaje ko ibinyabutabire bya Nitrogen Oxide (NOx), Particulate Matter 10 &2.5 (PM10 & PM2.5), Carbon Monoxide (CO) n’ibinyabutabire bya hydrocarbons bitatwitswe ari byo biza ku isonga mu bisohoka mu myotis iva mu binyabiziga bigahumanya umwuka abantu bahumeka.

Mugabo Modeste ushinzwe ibijyanye no kugenzura ihumana ry’ikirere mu kigo REMA avuga ko guverinoma y’u Rwanda yafashe ingamba zo guhashya ihumana ry’umwuka, zirimo gahunda yo gusuzuma kenshi ingano y’imyotsi imodoka zisohora, guca intege icanwa ry’inkwi n’amakara kugira ngo hakoreshwe gaz na biogas mu gucana, no guca itwikwa ry’amakara, imbagara n’ibishingwe.

Kugeza ubu hari sitasiyo zigera ku munani zisuzumirwaho ubuziranenge bw’umwuka mu Rwanda, Mugabo akavuga ko “n’ubwo mu Rwanda hari ihumana ry’umwuka bitaragera ku rugero rubi cyane ugereranyije na byinshi mu bihugu birimo n’ibyateye imbere”

Isuzumwa ry’ingano y’imyotsi imodoka zisohora kugeza ubu rikorwa n’ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga (Motor-vehicle Inspection Centre) gikorera i Remera mu karere ka Gasabo. Icyo kigo cyatangiye mu mwaka wa 2008 gishyize imbere ibijyanye n’ubuziranenge bw’ibinyabiziga hagamijwe kwirinda impanuka.

Mu mwaka wa 2008 nibwo cyatangiye gupima n’ingano y’imyotsi imodoka zisohora, nk'uko bivugwa n'umuyobozi wungirije w'ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw'ibinyabiziga, Chief Superintendent of Police (CSP) Bernardin Nsengiyumva. Ku ikubitiro ngo batangiye bapima ingano y'imyotsi iva mu modoka nini zikoresha mazout nyuma y'umwaka umwe gitangira no gusuzuma imodoka ntoya zikoresha lisansi, imodoka bigaragaye ko ifite ikibazo nyirayo akagirwa inama yo kuyikoresha.

CSP Nsengiyumva ati “Nka Polisi y’u Rwanda dufite uruhare mu kurengera ikirere n’ibidukikije, mu kazi dukora muri iki kigo harimo no kugenzura ibipimo by’imyotsi y’imodoka kugira ngo turebe ko iyo myotsi itazateza ikibazo cyo guhumanya ikirere. Iyo dusanze ibipimo biri hejuru nyir'ikinyabiziga tumugira inama yo kujya gukoresha imodoka akazagaruka tukamuha icyangombwa cy’ubuziranenge bw’ikinyabiziga cye”

Ikigo cya Polisi y’u Rwanda gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw'ibinyabiziga ngo gifite ubushobozi bwo gupima imodoka 500 ku munsi ariko muri zo 20% nizo bashobora gusanga zifite ikibazo cy’imyotsi ihumanya ikirere nk'uko CSP Nsengiyumva yakomeje abivuga.

Ubuyobozi bw’icyo kigo buvuga imodoka igiye gushaka icyangombwa cy’ubuziranenge iyo basanze isohora imyotsi batayiha icyangombwa, ahubwo “basaba nyirayo kujya kuyikoresha mu igaraji ikibazo cyakemuka ikabona guhabwa icyangombwa cy’ubuziranenge gitangwa n’ikigo kigenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga"

 

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda hosts the Global Environment Facility (GEF) Eastern Africa Constituency Meeting

Kigali, 22 November, 2018, Following the 6th GEF Assembly and 54th Council Meeting held in Danang, Vietnam in June 2018, the GEF focal points of the…

Read more →

Top managers of industries in Prime Economic zone and Special Economic zone were briefed on new law on Environment

Kigali, 16 November, 2018 - In view of elaborating the new law on environment,  LAW N°48/2018 OF 13/08/2018 LAW ON ENVIRONMENT,  Rwanda Environment…

Read more →

Rwanda pilots the second phase of Standardized Crediting Framework concept

Kigali, 15 November, 2018- From 14 to 15 November, 2018, REMA and the World Bank Carbon Initiative for Development (Ci-Dev) hosted a workshop to…

Read more →

Rwanda to host inaugural Africa Green Growth Forum

Rwanda will host the first ever Africa Green Growth Forum, gathering more than 1,000 investors, policy makers and financial specialists from across…

Read more →

Rwanda hosts Pan African Workshop on Access and Benefit Sharing of Genetic Resources

Rwanda from 28–30 August 2018 hosts a Pan African Workshop on Access and Benefit Sharing of Genetic Resources (ABS). The workshop brings together…

Read more →

Rwanda incinerates harmful oils used in transformers

The Government of Rwanda through the Rwanda Environment Management Authority (REMA) started the incineration of Polychlorinated Biphenyls (PCBs) oil -…

Read more →

Rwanda statement at the 6th GEF Assembly in Da Nang, Viet Nam

STATEMENT BY HEAD OF DELEGATION FROM RWANDA -   COLETHA U. RUHAMYA - DIRECTOR GENERAL OF RWANDA ENVIRONMENT MANAGEMENT AUTHORITY (REMA)  AT THE 6TH…

Read more →

World Environment Day: winners of environmental school competitions awarded

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has awarded winners of this year’s environmental school competitions organized in the build up to the…

Read more →

Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije: Igihe kirageze ngo tuzirikane ububi bwa plastiki mu mibereho yacu

Kuri uyu wa 05 Kamena, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije, uyu ukaba ari umwanya wo kuganira ku bibazo…

Read more →