Abanyarwanda barakangurirwa kwirinda ibyahumanya umwuka n’ikirere

Kigali, Tariki 04 Nzeri 2020 – Uyu mwaka u Rwanda ruzifatanya n’isi kwizihiza ku nshuro ya mbere umunsi mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza n’ Ikirere Gikeye. Uyu munsi wemejwe n’inama ya 74 y’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yateranye ku wa 19 Nzeri 2019. 

Insanganyamatsiko y’umunsi mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza n’Ikirere Gikeye, igira iti “Umwuka mwiza kuri bose”. Iyi nsanganyamatsiko iributsa abatuye isi inshingano bafite yo kurwanya no gukumira ibitera ihumana ry’umwuka n’ikirere, kuko biri mu bitera ingaruka zishingiye ku mihindagurikire y’ibihe, zihungabanya ubuzima bwa muntu n’ibikorwa bye.

U Rwanda nk’igihugu, na rwo ruhura n’ingaruka z’ihumana ry’umwuka zirimo indwara z’ubuhumekero, iz’umutima, na kanseri, kuri ibyo hakiyongeraho ubushyuhe bukabije n’imihindagurikire y’ikirere ikurikirwa n’ibiza bishyira ubuzima bwa benshi mu kaga.

Izo mbogamizi zaragaragajwe mu nyigo yerekana uko ikibazo cy’ihumana ry’umwuka rihagaze mu Rwanda.   Iyi ni yo mpamvu u Rwanda ruzifatanya n’isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umwuka mwiza n’ikirere gikeye, hakorwa ubukangurambaga kugira ngo buri muturarwanda afate ingamba zikwiye zo kurwanya ihumana ry’umwuka.

Iyi nyigo yerekana uko ikibazo cy’ihumana ry’umwuka rihagaze mu Rwanda igaragaza ko mu Rwanda, ibinyabiziga biza ku isonga mu  guhumanya umwuka mu bice by’imijyi, gucana inkwi, amakara no gutwika imyanda n’ibishingwe nabyo bikaba biri mu biza imbere mu guhumanya ikirere mu bice by’ibyaro

Mu rwego rwo guhanga n’ ibibazo biterwa n’ ihumana ry’ ikirere, u Rwanda rwafashe ingamba zitandukanye zirimo kurwanya imihindagurikire y’ibihe, bikaba biteganyijwe ko mu mwaka wa 2030 imyuka itera ukwiyongera k’ubushyuhe ku isi izagabanukaho 38%

Muri gahunda ya Guvernoma y'imyaka irindwi y'impinduka zo kwihutisha amajyambere y'ubukungu (NST1), biteganyijwe ko Abaturarwanda bazashishikarizwa kwitabira gukoresha ingufu zidahumanya zirimo gaz, biogas, ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba n’ubundi buryo butangiza ibidukikije.

Ibyo bigamije kugabanya ikoreshwa ry’ingufu zikomoka ku mashyamba, bikazagabanuka kugeza nibura ku rugero rwa 42% mu 2024 bivuye kuri 79.9% mu 2018, nk’uko bivugwa na Juliet Kabera, umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA.

Leta y’u Rwanda kandi yanashyizeho politiki yo kubungabunga ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, hashyirwaho amategeko n’amabwiriza yo kubungabunga umwuka mwiza, by’umwihariko hakaba harashyizweho itegeko n° 18/2016 ryo ku wa 18/05/2016 rigenga uburyo bwo kubungabunga ubwiza bw’umwuka no gukumira ihumana ry’ikirere mu Rwanda.

Ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye kandi, hamaze gushyirwaho sitasiyo icyenda zifashishwa mu kumenya no gutanga amakuru y’uko igihugu gihagaze mu bijyanye n’ihumana ry’ikirere. Ayo makuru akaba ava mu bipimo bifatirwamu bice bitandukanye by’igihugu hashingiwe ku bipimo ngenderwaho by’ubuziranenge bw’umwuka.

Leta y’u Rwanda kandi yanashyigikiye imishinga yo gukoresha ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi nka Empasand na Volkswagen.

Umuyobozi mukuru w’ikigo REMA avuga ko kugira ngo umwuka mwiza ugera kuri bose bisaba ko buri Munyarwanda afata ingamba, kuko ibihumanya umwuka ari ibikorwa bya muntu. 

Mu ngamba zo kubungabunga umwuka mwiza harimo kureka gucana inkwi n’amakara kuko bitera inyotsi ihumanya, kwirinda gutwika amashyamba, ibihuru, n’imyanda mu buryo butemewe, gukoresha ibinyabiziga bidasohora imyotsi ihumanya umwuka kandi bigakorerwa isuzuma buri gihe, gukoresha amagare no kugenda n’amaguru aho bishoboka, kandi abantu bakitabira gukoresha imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange.

Kuri ibyo haniyongeraho kubahiriza amabwiriza yo gufata imyotsi iva mu nganda, gutera ibiti no kubungabunga amashyamba ayungurura umwuka.

 

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda hosts the Global Environment Facility (GEF) Eastern Africa Constituency Meeting

Kigali, 22 November, 2018, Following the 6th GEF Assembly and 54th Council Meeting held in Danang, Vietnam in June 2018, the GEF focal points of the…

Read more →

Top managers of industries in Prime Economic zone and Special Economic zone were briefed on new law on Environment

Kigali, 16 November, 2018 - In view of elaborating the new law on environment,  LAW N°48/2018 OF 13/08/2018 LAW ON ENVIRONMENT,  Rwanda Environment…

Read more →

Rwanda pilots the second phase of Standardized Crediting Framework concept

Kigali, 15 November, 2018- From 14 to 15 November, 2018, REMA and the World Bank Carbon Initiative for Development (Ci-Dev) hosted a workshop to…

Read more →

Rwanda to host inaugural Africa Green Growth Forum

Rwanda will host the first ever Africa Green Growth Forum, gathering more than 1,000 investors, policy makers and financial specialists from across…

Read more →

Rwanda hosts Pan African Workshop on Access and Benefit Sharing of Genetic Resources

Rwanda from 28–30 August 2018 hosts a Pan African Workshop on Access and Benefit Sharing of Genetic Resources (ABS). The workshop brings together…

Read more →

Rwanda incinerates harmful oils used in transformers

The Government of Rwanda through the Rwanda Environment Management Authority (REMA) started the incineration of Polychlorinated Biphenyls (PCBs) oil -…

Read more →

Rwanda statement at the 6th GEF Assembly in Da Nang, Viet Nam

STATEMENT BY HEAD OF DELEGATION FROM RWANDA -   COLETHA U. RUHAMYA - DIRECTOR GENERAL OF RWANDA ENVIRONMENT MANAGEMENT AUTHORITY (REMA)  AT THE 6TH…

Read more →

World Environment Day: winners of environmental school competitions awarded

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has awarded winners of this year’s environmental school competitions organized in the build up to the…

Read more →

Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije: Igihe kirageze ngo tuzirikane ububi bwa plastiki mu mibereho yacu

Kuri uyu wa 05 Kamena, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije, uyu ukaba ari umwanya wo kuganira ku bibazo…

Read more →