Rubavu: Ubuziranenge bw’umwuka n’ubw'amazi y’Ikiyaga cya Kivu bwifashe gute?

  • Amazi y’Ikiyaga cya Kivu afite ibipimo by’ubuziranenge
  • Umwuka mu karere ka Rubavu “si mwiza” – ariko ntibifitanye isano na Nyiragongo
  • Abatuye i Rubavu barakangurirwa gukomeza kwambara udupfukamunwa no kugabanya ibikorwa bakorera hanze aho bishoboka

 

Nyuma y’uko Ikigo gishinzwe kugenzura ibirunga (Volcanological Observatory of Goma) gitangaje amakuru y’uko ikirunga cya Nyiragongo gikomeje kugaragaza ibimenyetso by’uko gishobora kongera kuruka, Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) cyohereje abakozi bacyo mu karere ka Rubavu kugenzura ubuziranenge bw’umwuka n’ubw’amazi y’Ikiyaga cya Kivu.

Ikigo REMA kiri kwifashisha imashini esheshatu ziyongera ku zo gisanzwe gikoresha mu gupima ubuziranenge bw’umwuka, kikanafata ibipimo byinshi ku mazi y’Ikiyaga cya Kivu hagamijwe gupima ubuziranenge bwayo. Ibipimo byafashwe bigaragaza ko amazi y’Ikiyaga cya Kivu afite ibipimo by’ubuziranenge kandi nta mpinduka zigaragara kuri ayo mazi hagendewe ku bipimo byafashwe mu bihe byashize.

Gusa ibipimo byafashwe ku mwuka bigaragaza ko umwuka mu karere ka Rubavu utujuje ibipimo by’ubuziranenge, bikagaragarira mu ngano y’uduce duto duto tutabonwa n’amaso twivanga n’umwuka (particulate matter) twagaragaye mu bipimo by’umwuka byafashwe kuva mu minsi itatu ishize. Kugabanuka k’ubuziranenge bw’umwuka muri ako karere ntibifitanye isano n’ikirunga cya Nyiragongo, ahubwo bifitanye isano n’ibikorwa bya muntu birimo ibinyabiziga bisohora imyuka ihumanya umwuka, ndetse no gucana inkwi n’amakara, ibyo bikaba ari byo bitera ubwiyongere bwa gazi ya sulfur dioxide (SO2) mu mwuka.

Bitewe n’uko umwuka mu karere ka Rubavu utujuje ibipimo by’ubuziranenge, abahatuye barashishikarizwa gukomeza kwambara udupfukamunwa no kugabanya ibikorwa bakorera hanze aho bishoboka. Abaturarwanda kandi barashishikarizwa gushyira muri telefoni zabo porogaramu ibafasha kubona amakuru ya buri kanya ku bipimo by’ubuziranenge bw’umwuka (Rwanda Air Quality Index) iboneka mu bubiko bya Google Play Store, cyangwa bagasura urubuga rwa internet aq.rema.gov.rw rubafasha kubona amakuru ya buri kanya y’ibipimo by’ubuziranenge bw’umwuka mu gihugu hose.

Ikigo REMA n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, peteroli na gaz (RMB) bizakomeza gusuzuma ingaruka zose zishobora guterwa n’ikirunga cya Nyiragongo, hagenzurwa ibihumanya umwuka birimo nitrogen dioxide (NO2), ozone (O3), sulfur dioxide (SO2), particulate matter (PM), carbon monoxide (CO), na carbon dioxide (CO2).

Ikigo REMA kandi kizakomeza gufata ibipimo ku mazi y’ikiyaga cya Kivu muri ibi bihe ikirunga cya Nyiragongo kivugwaho kugaragaza ibimenyetso byo kongera kuruka, ibyavuye muri iryo sesengura bikazajya bitangarizwa Abaturarwanda.

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda hosts the Global Environment Facility (GEF) Eastern Africa Constituency Meeting

Kigali, 22 November, 2018, Following the 6th GEF Assembly and 54th Council Meeting held in Danang, Vietnam in June 2018, the GEF focal points of the…

Read more →

Top managers of industries in Prime Economic zone and Special Economic zone were briefed on new law on Environment

Kigali, 16 November, 2018 - In view of elaborating the new law on environment,  LAW N°48/2018 OF 13/08/2018 LAW ON ENVIRONMENT,  Rwanda Environment…

Read more →

Rwanda pilots the second phase of Standardized Crediting Framework concept

Kigali, 15 November, 2018- From 14 to 15 November, 2018, REMA and the World Bank Carbon Initiative for Development (Ci-Dev) hosted a workshop to…

Read more →

Rwanda to host inaugural Africa Green Growth Forum

Rwanda will host the first ever Africa Green Growth Forum, gathering more than 1,000 investors, policy makers and financial specialists from across…

Read more →

Rwanda hosts Pan African Workshop on Access and Benefit Sharing of Genetic Resources

Rwanda from 28–30 August 2018 hosts a Pan African Workshop on Access and Benefit Sharing of Genetic Resources (ABS). The workshop brings together…

Read more →

Rwanda incinerates harmful oils used in transformers

The Government of Rwanda through the Rwanda Environment Management Authority (REMA) started the incineration of Polychlorinated Biphenyls (PCBs) oil -…

Read more →

Rwanda statement at the 6th GEF Assembly in Da Nang, Viet Nam

STATEMENT BY HEAD OF DELEGATION FROM RWANDA -   COLETHA U. RUHAMYA - DIRECTOR GENERAL OF RWANDA ENVIRONMENT MANAGEMENT AUTHORITY (REMA)  AT THE 6TH…

Read more →

World Environment Day: winners of environmental school competitions awarded

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has awarded winners of this year’s environmental school competitions organized in the build up to the…

Read more →

Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije: Igihe kirageze ngo tuzirikane ububi bwa plastiki mu mibereho yacu

Kuri uyu wa 05 Kamena, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije, uyu ukaba ari umwanya wo kuganira ku bibazo…

Read more →