Abacukuzi b’amabuye y’agaciro biyemeje gukosora amakosa bakoraga atera iyangirika ry’ibidukikije

Abakora mu rwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bihaye umukoro wo gukosora amakosa bakoraga mu bucukuzi, biyemeza gukora umwuga wabo mu buryo bwubahiriza itegeko rigenga ubucukuzi n’irerengera ibidukikije.

Babitangaje kuri uyu wakabiri tariki 01 Kamena 2021, ubwo hasozwaga amahugurwa y’abakora mu rwego rw’ubucukuzi bw’amabuye yagaciro yari yateguwe n’Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) ku bufatanye n’Ikigo gishinzwe Mine, Peterole na Gaze mu Rwanda (RMB).

“Hari ibyo twajyaga duhuriramo na REMA cyangwa RMB tukagonganiramo kubera kutamenya amategeko, ariko batweretse icyo amategeko avuga baranbiduhugira, ubu tugiye kwisubiraho dushyire mu bikorwa ibyo itegeko rivuga kugira ngo tutazongera kugongana”

Abakora mu rwego rw’ubucukuzi bavuga ko hari amabwiriza menshi ajyanye n’ubucukuzi batubahirizaga kubera kudasobanukirwa, bavuga ko byaba byiza bagiye babona amahugurwa kenshi kugira ngo banoze neza umwuga w’ubucukuzi.

Amahugurwa yasojwe kuri uyu wakabiri yageze ku bahagarariye amakompanyi y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bo mu ntara zose z’u Rwanda n’umujyi wa Kigali.

Umuyobozi mukuru wa REMA, Juliet Kabera, yavuze ko REMA yateguye ayo mahugurwa kugira ngo yereke abakora umwuga w’ubucukuzi ibyo badakora neza kugira ngo babikosore.

“Turabashishikariza gukoresha ikoranabuhanga mu bucukuzi kuko bituma batangiza n’ibidukikije. Umuntu iyo arangije gucukura ahantu aba agomba kuhasubiranya akabona gutangira gucukura ahandi, adasize ibinogo bishobora guteza iyangirika ry’ibidukikije n’izindi mpanuka”

Turabasaba gucukura bubahiriza itegeko ryo kurengera ibidukikije n’andi mabwiriza agenga ubucukuzi kuko iterambere rirambye tutarigeraho twangiza ibidukikije” uku niko umuyobozi mukuru wa REMA abisobanura.

Umuyobozi mukuru wa RMB, Francis Gatare yashimye ikigo REMA cyateguye ayo mahugurwa, anashimira n’abakora ubucukuzi bayitabiriye kuko azatuma bakosora ibyo batakoraga neza.

Yagize ati “Turashimira REMA yateguye aya mahugurwa. Baba bavuze bati aba bantu aho kubahana reka tubigishe barusheho kumenya ibisabwa mu mwuga wabo no kubishyira mu bikorwa. Kubungabunga ibidukikije ni inshingano zacu, tugomba gukora ubucukuzi tureba kure, tudatekereza inyungu z’uyu munsi gusa”

Hon. Gatare yanibukije abacukuzi kwibuka gukomeza kwita ku mutekano mu kazi kabo muri ibi bihe by'imitingito imaze iminsi yumvikana ahantu hatandukanye mu gihugu kubera iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo

Ati “Hari ibikorwa byacu dukorera mu ndani kandi hari iziba zidakomeye, hari izoroshywa n’imitingito inkingi zikajegera, tugomba kuba maso tukajya duhora dusuzuma aho dukorera kugira ngo twirinde impanuka”

Amahugurwa yari amaze icyumweru, akaba yaritabiriwe n’abahagarariye ibigo by’ubucukuzi bisaga 120 byo mu ntara zose z’u Rwanda.

Ikigo REMA kivuga ko n’ubwo mu gishinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’itegeko n’amabwiriza yo kubungabunga ibidukikije, icyo gishyize imbere atari uguhana, ahubwo ari ukwigisha abantu kugeza bumvise akamaro ko kubungabunga ibidukikije, aho binaniranye akaba ariho ibihano bitangwa.

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda hosts the Global Environment Facility (GEF) Eastern Africa Constituency Meeting

Kigali, 22 November, 2018, Following the 6th GEF Assembly and 54th Council Meeting held in Danang, Vietnam in June 2018, the GEF focal points of the…

Read more →

Top managers of industries in Prime Economic zone and Special Economic zone were briefed on new law on Environment

Kigali, 16 November, 2018 - In view of elaborating the new law on environment,  LAW N°48/2018 OF 13/08/2018 LAW ON ENVIRONMENT,  Rwanda Environment…

Read more →

Rwanda pilots the second phase of Standardized Crediting Framework concept

Kigali, 15 November, 2018- From 14 to 15 November, 2018, REMA and the World Bank Carbon Initiative for Development (Ci-Dev) hosted a workshop to…

Read more →

Rwanda to host inaugural Africa Green Growth Forum

Rwanda will host the first ever Africa Green Growth Forum, gathering more than 1,000 investors, policy makers and financial specialists from across…

Read more →

Rwanda hosts Pan African Workshop on Access and Benefit Sharing of Genetic Resources

Rwanda from 28–30 August 2018 hosts a Pan African Workshop on Access and Benefit Sharing of Genetic Resources (ABS). The workshop brings together…

Read more →

Rwanda incinerates harmful oils used in transformers

The Government of Rwanda through the Rwanda Environment Management Authority (REMA) started the incineration of Polychlorinated Biphenyls (PCBs) oil -…

Read more →

Rwanda statement at the 6th GEF Assembly in Da Nang, Viet Nam

STATEMENT BY HEAD OF DELEGATION FROM RWANDA -   COLETHA U. RUHAMYA - DIRECTOR GENERAL OF RWANDA ENVIRONMENT MANAGEMENT AUTHORITY (REMA)  AT THE 6TH…

Read more →

World Environment Day: winners of environmental school competitions awarded

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has awarded winners of this year’s environmental school competitions organized in the build up to the…

Read more →

Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije: Igihe kirageze ngo tuzirikane ububi bwa plastiki mu mibereho yacu

Kuri uyu wa 05 Kamena, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije, uyu ukaba ari umwanya wo kuganira ku bibazo…

Read more →