REMA yatangije gahunda nshya yo korohereza abifuza kugura ibikoresho bikonjesha bitangiza ikirere

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA cyatangije umushinga wa gahunda nshya izorohereza abashaka gutunga ibikoresho bikonjesha bizigama ingufu neza kandi bitangiza ikirere.

Ni uburyo bushya REMA yatangije ku bufatanye na Banki y’abaturage n’ishami ry’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu rishinzwe gucuruza amashanyarazi EUC. Abifuza ibyo bikoresho bazajya bahabwa inguzanyo yo kubigura bazishyura binyuze mu nyemezabwishyu y’umuriro w’amashanyarazi baguze buri kwezi.

Umushinga w'iyi gahunda waratangijwe, ariko gahunda nyir'izina ntiratangira, ikaba ikinozwa ku buryo biteganyijwe ko izatangira mu mpera z'uyu mwaka. Abacuruzi b'ibikoresho bikonjesha bazakorana n'iyi gahunda ubu bari gutoranywa. Nibamara gutoranywa gahunda itangiye abifuza kugura ibikoresho muri iyi gahunda bakazamenyeshwa aho babikura, ndetse n'ibiciro bizaba byumvikanyweho.

Gusa hazashyirwaho uburyo bwo guhitamo abazahabwa ibyo bikoresho ku nguzanyo, nk'urugero kuba ufite cash power kandi ukaba wakoreshaga umuriro mwinshi watuma ubasha kwishyura igikoresho wahawe ku nguzanyo kandi ukacyishyura mu gihe cyateganyijwe, n'ubundi buryo abantu bazamenyeshwa gahunda nyir'izina itangiye.

Umuntu wahawe igikoresho gikonjesha muri iyo gahunda, azajya yishyura binyuze mu mafaranga agura umuriro w'amashanyarazi, mu mafaranga yaguze umuriro hakavanwamo ayo kwishyura icyo gikoresho. 

Ibihugu byo mu gace ka Africa y’Uburasirazuba bifite ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage, ibintu bituma n’abakenera firigo n’ibindi bikoresho bikonjesha baba benshi.

Ibikoresho bikonjesha ni ingenzi ku buzima, imibereho myiza no ku bukungu bw’ibyo bihugu, ariko nanone bikunze guteza ibibazo bijyanye no gukoresha umuriro mwinshi ndetse n’ingaruka bigira ku bidukikije.

Ibikoresho bikonjesha bitajyanye n’igihe bishobora gukoresha umuriro ukubye inshuro hagati y’ebyiri n’eshatu ugereranyije n’uw’ibikoresho bigezweho bikoresha, kandi ibyo bitagezweho kenshi biba bifite gaz zangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, kandi zikagira ingaruka ku buzima bwa muntu n’ubw’umubumbe muri rusange.

Mu rwego rwo kubahiriza amasezerano ya Montreal asaba ibihugu kugabanya imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere, yavugururiwe i Kigali mu mwaka wa 2016, REMA yatangije gahunda igamije kunganira abantu kugira ngo babashe kugura firigo n’ibyuma bikonjesha bitangiza ikirere kandi bakabigura bitabagoye.

Muri iyi gahunda yiswe Rwanda Cooling Finance Initiative (R-COOL FI), abantu babyifuza bazajya bafata firigo n’ibyuma bikonjesha bihitiyemo mu buryo bw’inguzanyo, bazishyure binyuze ku muriro w’amashanyarazi baguze, aho bazajya bakatwa ijanisha ry’amafaranga yumvikanyweho ku mpande zombi bahabwe umuriro w’amafaranga asigaye.

Ubu buryo bwo kwishyura bwamaze kumvikanwaho na REMA, Bank y’Abaturage izatanga inguzanyo, abacuruza ibikoresho bikonjesha ndetse n’ikigo gishinzwe ingufu REG.

Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera, avuga ko “Banki y’Abaturage y’u Rwanda iri kugira uruhare rukomeye kugira ngo iyi gahunda y’ingirakamaro igende neza. Ibikorwa nk’ibi by’ingirakamaro Bizana inyungu kuri buri ruhande bigira uruhare mu kugeza abantu kuri gahunda z’iterambere rirambye” nk’uko umuyobozi mukuru wa REMA akomeza kubivuga.

Yongeraho ko “ubufatanye hagati ya REG, Banki y’Abaturage n’andi mabanki ndetse n’abacuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga butazafasha gusa mu kuzigama amafaranga, ahubwo buzanafasha abantu kubona ibikoresho bikonjesha binyuze mu kwishyura inyemezabwishyu z’amashanyarazi”

Umuyobozi wa REG, Ron Weiss, yavuze ko uku gufasha abaturage kubona ibyuma bikoresha neza ingufu kandi ntibyangize ikirere bizafasha igihugu mu kugabanya amafaranga cyashoraga mu bikorwa byo gushyiraho andi masoko y’ingufu.

R-COOL FI ni gahunda ishyirwa mu bikorwa n’Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA, igaterwa inkunga na gahunda yitwa United for Efficiency (U4E) y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bidukikije (United Nations Environment Programme) ndetse na fondasiyo yitwa Basel Agency for Sustainable Energy (BASE) hagamijwe guteza imbere ingufu zitangiza.

Kugeza mu mwaka wa 2024, biteganyijwe ko inguzanyo ingana na miriyoni enye z’amadolari ya Amerika izaba imaze gutangwa mu kugura ibikoresho bikonjesha bizigama ingufu kandi bidasohora imyuka ihumanya ikirere bibarirwa mu 12,500.

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA cyatangije uburyo bushya buzorohereza abashaka gutunga ibikoresho bikonjesha bikoresha ingufu neza kandi bitangiza ikirere.

Ni uburyo bushya REMA yatangije ku bufatanye na Banki y’abaturage n’ishami ry’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu rishinzwe gucuruza amashanyarazi EUCL. Abifuza ibyo bikoresho bazajya bahabwa inguzanyo yo kubigura bazishyura binyuze mu nyemezabwishyu y’umuriro w’amashanyarazi baguze buri kwezi.

Ibihugu byo mu gace ka Africa y’Uburasirazuba bifite ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage, ibintu bituma n’abakenera firigo n’ibindi bikoresho bikonjesha baba benshi.

Ibikoresho bikonjesha ni ingenzi ku buzima, imibereho myiza no ku bukungu bw’ibyo bihugu, ariko nanone bikunze guteza ibibazo bijyanye no gukoresha umuriro mwinshi ndetse n’ingaruka bigira ku bidukikije.

Ibikoresho bikonjesha bitajyanye n’igihe bishobora gukoresha umuriro ukubye inshuro hagati y’ebyiri n’eshatu ugereranyije n’uw’ibikoresho bigezweho bikoresha, kandi ibyo bitagezweho kenshi biba bifite gaz zangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, kandi zikagira ingaruka ku buzima bwa muntu n’ubw’umubumbe muri rusange.

Mu rwego rwo kubahiriza amasezerano ya Montreal asaba ibihugu kugabanya imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere, yavugururiwe i Kigali mu mwaka wa 2016, REMA yatangije gahunda igamije kunganira abantu kugira ngo babashe kugura firigo n’ibyuma bikonjesha bitangiza ikirere kandi bakabigura bitabagoye.

Muri iyi gahunda yiswe Rwanda Cooling Finance Initiative (R-COOL FI), abantu babyifuza bazajya bafata firigo n’ibyuma bikonjesha bihitiyemo mu buryo bw’inguzanyo, bazishyure binyuze ku muriro w’amashanyarazi baguze, aho bazajya bakatwa ijanisha ry’amafaranga yumvikanyweho ku mpande zombi bahabwe umuriro w’amafaranga asigaye.

Ubu buryo bwo kwishyura bwamaze kumvikanwaho na REMA, Bank y’Abaturage izatanga inguzanyo, abacuruza ibikoresho bikonjesha ndetse n’ikigo gishinzwe ingufu REG.

Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera, avuga ko “Banki y’Abaturage y’u Rwanda iri kugira uruhare rukomeye kugira ngo iyi gahunda y’ingirakamaro igende neza. Ibikorwa nk’ibi by’ingirakamaro Bizana inyungu kuri buri ruhande bigira uruhare mu kugeza abantu kuri gahunda z’iterambere rirambye” nk’uko umuyobozi mukuru wa REMA akomeza kubivuga.

Yongeraho ko “ubufatanye hagati ya REG, Banki y’Abaturage n’andi mabanki ndetse n’abacuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga butazafasha gusa mu kuzigama amafaranga, ahubwo buzanafasha abantu kubona ibikoresho bikonjesha binyuze mu kwishyura inyemezabwishyu z’amashanyarazi”

Umuyobozi wa REG, Ron Weiss, yavuze ko uku gufasha abaturage kubona ibyuma bikoresha neza ingufu kandi ntibyangize ikirere bizafasha igihugu mu kugabanya amafaranga cyashoraga mu bikorwa byo gushyiraho andi masoko y’ingufu.

R-COOL FI ni gahunda ishyirwa mu bikorwa n’Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA, igaterwa inkunga na gahunda yitwa United for Efficiency (U4E) y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bidukikije (United Nations Environment Programme) ndetse na fondasiyo yitwa Basel Agency for Sustainable Energy (BASE) hagamijwe guteza imbere ingufu zitangiza.

Kugeza mu mwaka wa 2024, biteganyijwe ko inguzanyo ingana na miriyoni enye z’amadolari ya Amerika izaba imaze gutangwa mu kugura ibikoresho bikonjesha bizigama ingufu kandi bidasohora imyuka ihumanya ikirere bibarirwa mu 12,500.

 

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda Hosts the GEF Eastern Africa Expanded Constituency Workshop

Kigali, 12 February, 2019 – Participants from 14 East African countries are meeting in Rwanda for a four day Expanded Constituency Workshop, organized…

Read more →

Global Environment Facility Expanded Constituency Workshop for Eastern Africa-Opening Remarks by Minister Biruta

Marriott Hotel, Kigali | 12 February 2019

● Francoise Clottes, Director of Strategy
● and Operations, Global Environment Facility
● Coletha Ruhamya,…

Read more →

Rwanda celebrates World Wetlands Day to raise public awareness to relocate illegal activities from wetlands

Kigali, 31 January, 2019 - Rwanda celebrated World Wetlands Day on 31 January, 2019 in an event aimed to raise awareness to to relocate illegal…

Read more →

Rwandans Urged to Wisely Use Wetlands as the Country Celebrates the World Wetlands Day 2019

Every year, Rwanda joins the world in commemoration of the World Wetlands Day (WWD), celebrated on 2nd February with the aim of raising public…

Read more →

Restoring Gishwati-Mukura Landscape: Improving livelihoods while Promoting Tourism

 

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) through Landscape Approach to Forest Restoration and Conservation (LAFREC) project is…

Read more →

Activities for Transforming Nyandungu Wetland into an Eco-Tourism Park on Track

The Minister of environment Dr. Vincent Biruta has commended the good progress over the implementation of the project of turning Nyandungu wetland…

Read more →

Remarks by Minister Biruta at AfDB-GGGI Study on Africa Green Growth Readiness Assessment COP24

10 December 2018


·Frank Rijsberman, Global Green Growth Institute Director General

·Amadou Hott, Vice-President, Power, Energy, Climate and Green…

Read more →

Rwanda Fosters Green Investment and Sustainable Development in the First Event of the Africa Green Green Growth

A high-level policy dialogue was organised to share the progress made in the implementation of Rwanda’s Green Growth and Climate Resilience Strategy…

Read more →

Africa Green Growth Forum Participants Encourage Young Students to Be Environment Champions

On the first day of the Africa Green Growth Forum, participants took part in planting trees with students from three primary schools. Themed, “Green…

Read more →