Kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba biri mu nyungu za buri wese
U Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba wizihijwe tariki 16 Nzeri 2020 hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga.
Hashize imyaka 35 hatangijwe ingamba zo kurengera no kurwanya iyangirika ry’akayunguruzo k’imirasire y’izuba. Isinywa ry’amasezerano ya Montreal yo kurengera ako kayunguruzo yasinywe mu mwaka wa 1987, ni imwe mu ntambwe zikomeye zatewe mu kurengera isi n’abayituye.
Mu myaka isaga 30 ishize, ibihugu byasinye ayo masezerano byagiye bigabanya ibikorwa byangizaga akayunguruzo k’imirasire y’izuba, birokora ubuzima bw’abantu babarirwa muri miriyoni ebyiri bashoboraga kuba barwara kanseri y’uruhu buri mwaka.
Uretse kurokora ubuzima bw’abantu, ingamba zo kurwanya iyangirika ry’akayunguruzo k’imirasire y’izuba zanafashije mu kurengera urusobe rw’ibinyabuzima no kurengera umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi, nk’uko umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ibidukikije Patrick Karera yabivuze mu muhango wo kwizihiza uwo munsi.
Biteganyijwe ko hagati muri iki kinyejana cya 21, akayunguruzo k’imirasire y’izuba kazongera kumera nk’uko kahoze mu myaka ya 1980 kubera ingamba zashyizweho zo kukabungabunga.
Kuva u Rwanda rusinye amasezerano ya Montreal mu mwaka wa 2003 “ntabwo twatekerezaga ko u Rwanda rwakwakira inama ya 28 y’ibihugu byasinye amasezerano ya Montreal” nk’uko Bwana Karera yakomeje abivuga.
Muri iyo nama yabaye mu kwezi k’Ukwakira 2016, hashyizwe umukono ku mavugurura yakorewe ayo masezerano, Kigali Amendment mu rurimi rw’icyongereza, hagamijwe gusaba ibihugu guca burundu ikoreshwa ry’ibinyabutabire byangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, hemezwa gutangira gukoresha gaz karemano.
Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bacyo mu kurengera ibidukikije, cyakoze ibarura rigamije kureba ibikoresho bikonjesha biri mu Rwanda kugira ngo ibivuye mu ibarura bishingirweho mu gufata ingamba zo kuvana ku isoko ry’u Rwanda gaz zangiza.
Umuyobozi wungirije wa REMA, Faustin Munyazikwiye avuga ko mu kugabanya iyo myuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba hashyizweho amategeko atandukanye agaragaza urutonde rw’imyuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba. Ati “gushyiraho itegeko ntibyari bihagije gusa, ahubwo hanabayeho gushyiraho uburyo bw’imikorere n’imikoranire n’inzego zitandukanye”
REMA ku bufatanye na Minisiteri y’ibidukikije yashyizeho uburyo bw’ikoranabuhanga buhuriraho abacuruzi batumiza ibyo bikoresho mu mahanga, abashinzwe ibyinjira n’ibisohoka kuri za gasutamo n’abashinzwe ibijyanye n’ubuziranenge.
Mu gihe hatafatwa ingamba zihuse mu kurwanya no guhagarika ibikoresho byohereza imyuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, iyo myuka yazaba yariyongereye ku rugero rwa 95% mu mwaka wa 2050.
Inkuru nziza nk’uko ubuyobozi bwa REMA bubigaragaza, ni uko gukoresha ibikoresho bikonjesha bitohereza imyuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba bihendutse kuko bishobora gutuma abantu bazigama miriyarri hafi ibihumbi bitatu (2.9 trillion) z’amadorari kugeza mu mwaka wa 2050.
Umuyobozi wungirije wa REMA avuga ko kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba ari uruhare rwa buri wese, akavuga ko “Abanyarwanda muri rusange bakwiye kwirinda kugura ibikoresho bikonjesha bitemewe, abacuruzi nabo bakareka kwinjiza mu Rwanda ibyuma bikonjesha byakwangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, ndetse n’inzego za leta zigasabwa kumva ko ikibazo cy’iyangirika ry’akayunguruzo k’imirasire y’izuba kitareba REMA gusa”
Topics
More posts
Kigali, 12 February, 2019 – Participants from 14 East African countries are meeting in Rwanda for a four day Expanded Constituency Workshop, organized…
Marriott Hotel, Kigali | 12 February 2019
● Francoise Clottes, Director of Strategy
● and Operations, Global Environment Facility
● Coletha Ruhamya,…
Kigali, 31 January, 2019 - Rwanda celebrated World Wetlands Day on 31 January, 2019 in an event aimed to raise awareness to to relocate illegal…
Every year, Rwanda joins the world in commemoration of the World Wetlands Day (WWD), celebrated on 2nd February with the aim of raising public…
The Rwanda Environment Management Authority (REMA) through Landscape Approach to Forest Restoration and Conservation (LAFREC) project is…
The Minister of environment Dr. Vincent Biruta has commended the good progress over the implementation of the project of turning Nyandungu wetland…
10 December 2018
·Frank Rijsberman, Global Green Growth Institute Director General
·Amadou Hott, Vice-President, Power, Energy, Climate and Green…
A high-level policy dialogue was organised to share the progress made in the implementation of Rwanda’s Green Growth and Climate Resilience Strategy…
On the first day of the Africa Green Growth Forum, participants took part in planting trees with students from three primary schools. Themed, “Green…