Abafite imodoka barasabwa kuzirinda gusohora imyotsi ihumanya umwuka

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda, kuri uyu wagatandatu tariki 05/09/2020 batangiye igikorwa cyo gusuzuma ingano y’imyotsi imodoka zisohora kandi bigakorerwa mu mihanda bitabaye ngombwa ko nyir’imodoka ayijyana ku kigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga.

Ni igikorwa kiri muri gahunda y’ubukangurambaga bugamije gukangurira abafite imodoka gusuzumisha ingano y’imyotsi zisohora, kugira ngo zitarenza ibipimo ngenderwaho byemewe ku rwego mpuzamahanga hagamijwe kuzirinda guhumanya ikirere n’umwuka abantu bahumeka.

Gusuzuma ingano y’imyotsi imodoka zisohora bibaye mu gihe u Rwanda rwitegura kwifatanya n’isi yose mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umwuka mwiza n’ikirere gikeye (UN International Day of Clean Air for Blue Skies) tariki 07 Nzeri 2020. Ni umunsi uzaba wizihijwe ku nshuro yambere, ku nsanganyamatsiko igiri iti “Umwuka mwiza ku Bose”

Imyotsi isohorwa n’ibinyabiziga iza ku isonga mu guhumanya umwuka mu mijyi myinshi hirya no hino ku isi. Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe na REMA mu mwaka wa 2018 ku bitera ihumana ry’umwuka mu Rwanda, yagaragaje ko ibinyabutabire bya Nitrogen Oxide (NOx), Particulate Matter 10 &2.5 (PM10 & PM2.5), Carbon Monoxide (CO) n’ibinyabutabire bya hydrocarbons bitatwitswe ari byo biza ku isonga mu bisohoka mu myotis iva mu binyabiziga bigahumanya umwuka abantu bahumeka.

Mugabo Modeste ushinzwe ibijyanye no kugenzura ihumana ry’ikirere mu kigo REMA avuga ko guverinoma y’u Rwanda yafashe ingamba zo guhashya ihumana ry’umwuka, zirimo gahunda yo gusuzuma kenshi ingano y’imyotsi imodoka zisohora, guca intege icanwa ry’inkwi n’amakara kugira ngo hakoreshwe gaz na biogas mu gucana, no guca itwikwa ry’amakara, imbagara n’ibishingwe.

Kugeza ubu hari sitasiyo zigera ku munani zisuzumirwaho ubuziranenge bw’umwuka mu Rwanda, Mugabo akavuga ko “n’ubwo mu Rwanda hari ihumana ry’umwuka bitaragera ku rugero rubi cyane ugereranyije na byinshi mu bihugu birimo n’ibyateye imbere”

Isuzumwa ry’ingano y’imyotsi imodoka zisohora kugeza ubu rikorwa n’ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga (Motor-vehicle Inspection Centre) gikorera i Remera mu karere ka Gasabo. Icyo kigo cyatangiye mu mwaka wa 2008 gishyize imbere ibijyanye n’ubuziranenge bw’ibinyabiziga hagamijwe kwirinda impanuka.

Mu mwaka wa 2008 nibwo cyatangiye gupima n’ingano y’imyotsi imodoka zisohora, nk'uko bivugwa n'umuyobozi wungirije w'ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw'ibinyabiziga, Chief Superintendent of Police (CSP) Bernardin Nsengiyumva. Ku ikubitiro ngo batangiye bapima ingano y'imyotsi iva mu modoka nini zikoresha mazout nyuma y'umwaka umwe gitangira no gusuzuma imodoka ntoya zikoresha lisansi, imodoka bigaragaye ko ifite ikibazo nyirayo akagirwa inama yo kuyikoresha.

CSP Nsengiyumva ati “Nka Polisi y’u Rwanda dufite uruhare mu kurengera ikirere n’ibidukikije, mu kazi dukora muri iki kigo harimo no kugenzura ibipimo by’imyotsi y’imodoka kugira ngo turebe ko iyo myotsi itazateza ikibazo cyo guhumanya ikirere. Iyo dusanze ibipimo biri hejuru nyir'ikinyabiziga tumugira inama yo kujya gukoresha imodoka akazagaruka tukamuha icyangombwa cy’ubuziranenge bw’ikinyabiziga cye”

Ikigo cya Polisi y’u Rwanda gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw'ibinyabiziga ngo gifite ubushobozi bwo gupima imodoka 500 ku munsi ariko muri zo 20% nizo bashobora gusanga zifite ikibazo cy’imyotsi ihumanya ikirere nk'uko CSP Nsengiyumva yakomeje abivuga.

Ubuyobozi bw’icyo kigo buvuga imodoka igiye gushaka icyangombwa cy’ubuziranenge iyo basanze isohora imyotsi batayiha icyangombwa, ahubwo “basaba nyirayo kujya kuyikoresha mu igaraji ikibazo cyakemuka ikabona guhabwa icyangombwa cy’ubuziranenge gitangwa n’ikigo kigenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga"

 

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda Hosts the GEF Eastern Africa Expanded Constituency Workshop

Kigali, 12 February, 2019 – Participants from 14 East African countries are meeting in Rwanda for a four day Expanded Constituency Workshop, organized…

Read more →

Global Environment Facility Expanded Constituency Workshop for Eastern Africa-Opening Remarks by Minister Biruta

Marriott Hotel, Kigali | 12 February 2019

● Francoise Clottes, Director of Strategy
● and Operations, Global Environment Facility
● Coletha Ruhamya,…

Read more →

Rwanda celebrates World Wetlands Day to raise public awareness to relocate illegal activities from wetlands

Kigali, 31 January, 2019 - Rwanda celebrated World Wetlands Day on 31 January, 2019 in an event aimed to raise awareness to to relocate illegal…

Read more →

Rwandans Urged to Wisely Use Wetlands as the Country Celebrates the World Wetlands Day 2019

Every year, Rwanda joins the world in commemoration of the World Wetlands Day (WWD), celebrated on 2nd February with the aim of raising public…

Read more →

Restoring Gishwati-Mukura Landscape: Improving livelihoods while Promoting Tourism

 

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) through Landscape Approach to Forest Restoration and Conservation (LAFREC) project is…

Read more →

Activities for Transforming Nyandungu Wetland into an Eco-Tourism Park on Track

The Minister of environment Dr. Vincent Biruta has commended the good progress over the implementation of the project of turning Nyandungu wetland…

Read more →

Remarks by Minister Biruta at AfDB-GGGI Study on Africa Green Growth Readiness Assessment COP24

10 December 2018


·Frank Rijsberman, Global Green Growth Institute Director General

·Amadou Hott, Vice-President, Power, Energy, Climate and Green…

Read more →

Rwanda Fosters Green Investment and Sustainable Development in the First Event of the Africa Green Green Growth

A high-level policy dialogue was organised to share the progress made in the implementation of Rwanda’s Green Growth and Climate Resilience Strategy…

Read more →

Africa Green Growth Forum Participants Encourage Young Students to Be Environment Champions

On the first day of the Africa Green Growth Forum, participants took part in planting trees with students from three primary schools. Themed, “Green…

Read more →