Isi iteye intambwe ikomeye mu kurwanya ihumana riterwa na pulastiki

Inteko rusange ya gatanu y’umuryango w’abibumbye yiga ku bidukikije (UNEA 5.2) ibera i Nairobi muri Kenya, yemeje umwanzuro w’amasezerano mpuzamahanga agamije kurwanya ihumana ry’ibidukikije riterwa n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe.

Ni umwanzuro wateguwe n’u Rwanda ku bufatanye na Peru – wamurikiwe isi muri Nzeri 2021 – ukaba witezweho gushyiraho amasezerano mpuzamahanga azafasha mu guhangana n’ikibazo cy’ihumana rituruka kuri pulastiki gihangayikishije isi. 

Ibihugu byose – ibikora ku nyanja, ibidakora ku nyanja n’ibirwa – bigerwaho n’ingaruka zituruka kuri pulasitiki, kuva ku bikoresho bya pulastiki bikoreshwa inshuro imwe bikajugunywa, kugeza ku duce duto duto twa pulastiki tutaboneshwa amaso.

Umwanzuro wemejwe uyu munsi witezweho gushyiraho amasezerano mpuzamahanga mu gihe cya vuba azahindura byinshi ku buryo abantu bakoreshaga pulasitiki. Ayo masezerano kandi azatuma hashyirwaho ingamba gushyiraho ingambazihamye n’ubugenzuzi buhoraho binyuze mu igenamigambi ry’ibihugu, ndetse hanashyirweho ubufatanye n’imikoranire igamije gusangira ubumenyi.  

Kugira Igisubizo gikemura mu buryo burambye ikibazo cy’imyanda ya pulasitiki ni ingenzi, kandi gutegura amasezerano mpuzamahanga nk’ayo nicyo biba bigamije. Impinduka zirambye zigaragara gusa iyo hafashwe ingamba zikumira ikoreshwa rya pulasitiki mu buzima bwa buri munsi, hakanashyirwaho ingamba zo guteza imbere ubukungu bwisubira butabangamira ibidukikije hibandwa kukunagura no kunoza imicungire y’imyanda ya pulasitiki.  

Mu biganiro byagejeje ku kwemeza uwo mwanzuro, intumwa z’u Rwanda – ziyobowe na Minisiitiri w’Ibidukikije, Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya, afashijwe n’umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibididukikije (REMA), Juliet Kabera – zifashishije ubunararibonye bw’u Rwanda mu kubuza amasashi n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe, ndetse n’amahirwe y’ishoramari ryo gukora ibisimbura amasashi bikorewe imbere mu gihugu yabonetse nyuma y’uko hafashwe umwanzuro wo kubuza amasashi n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe.

Minisitiri Mujawamariya agira ati “Twishimiye ko umuryango mpuzamahanga wemeje umwanzuro wo kurwanya ihumana riterwa na pulasitiki wateguwe n’u Rwanda ku bufatanye na Peru. Iki cyemezo ni intambwe ikomeye itewe n’ibihugu mu kurinda umubumbe wacu kuzura imyanda ya pulasitiki. Dutewe ishema n’uruhare twagize kandi twizeye ko bwambere ibihugu noneho bigiye gushyiraho amasezerano mpuzamahanga aduha twese umukoro wo kubaka ejo hazaza heza” 

Yongeraho ko “U Rwanda rwabonye mbere ingaruka mbi z’ihumana riterwa na pulastiki zikoreshwa inshuro imwe. Twabonye ingaruka byagize ku bidukikije no ku baturage bacu, ari nayo mpamvu twafashe ingamba zo kurwanya ihumana riterwa na pulasitiki. Mu mwaka wa 2008, u Rwanda rwabaye kimwe mu bihugu byambere byari biciye amasashe, naho mu 2019 rwemeza itegeko ribuza ibikoresho bikoze muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe” 

Kwemeza uyu mwanzuro ndetse no gushyiraho amasezerano mpuzamahanga bizoroshya ubufatanye mpuzamahanga binyuze mu ikoranabuhanga no gusangira ubumenyi, ndetse no gushyiraho uburyo bukwiye bwo gushora imari mu bisimbura pulasitiki hagamijwe guteza imbere ubukungu bwisubira kandi butangiza ibidukikije.

Guverinoma y’u Rwanda ifite icyizere, bitewe ahanini n’ubushake ibihugu bigaragaza mu gushaka igisubizo cy’iki kibazo ndetse ko ibiganiro bizakomeza no mu bihe biri imbere, bitewe n’uko isi ikeneye igisubizo cyihuse mu gukemura ikibazo cya pulasitiki kiyugarije.

Iyi ni yo mpamvu u Rwanda rwafashe iyambere mu guhuriza hamwe ibihugu bitandukanye bigaragaza ubushake, kugira ngo bikore ihuriro ryo kurangiza burundu ikibazo cy’ihumana riterwa na pulasitiki. Iryo huriro rizakorana na komite ishinzwe imishyikirano hagati ya za guverinoma, igihe izaba itegura ayo masezerano mpuzamahanga yo kurwanya pulasitiki, inakora ubuvugizi ku ngamba zihutirwa zo kurengera ubuzima bwa muntu, urusobe rw’ibinyabuzima n’ikirere. 

Iryo huriro riyobowe n’u Rwanda ku bufatanye n’igihugu cya Norway mu banyamuryango baryo hakaba harimo ibihugu byo hirya no hino ku isi –  ibikora ku nyanja n’ibidakoraho –  ibyo bikaba byerekana ko imyanda ya pulasitiki iri ikibazo kireba umubumbe wose, kikaba ari imbogamizi kuri twese. U Rwanda na Norway birahamagarira ibihugu byose kujya muri iryo huriro rigamije gukemura ikibazo cy’ihumana riterwa na pulasitiki.

 

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda Hosts the GEF Eastern Africa Expanded Constituency Workshop

Kigali, 12 February, 2019 – Participants from 14 East African countries are meeting in Rwanda for a four day Expanded Constituency Workshop, organized…

Read more →

Global Environment Facility Expanded Constituency Workshop for Eastern Africa-Opening Remarks by Minister Biruta

Marriott Hotel, Kigali | 12 February 2019

● Francoise Clottes, Director of Strategy
● and Operations, Global Environment Facility
● Coletha Ruhamya,…

Read more →

Rwanda celebrates World Wetlands Day to raise public awareness to relocate illegal activities from wetlands

Kigali, 31 January, 2019 - Rwanda celebrated World Wetlands Day on 31 January, 2019 in an event aimed to raise awareness to to relocate illegal…

Read more →

Rwandans Urged to Wisely Use Wetlands as the Country Celebrates the World Wetlands Day 2019

Every year, Rwanda joins the world in commemoration of the World Wetlands Day (WWD), celebrated on 2nd February with the aim of raising public…

Read more →

Restoring Gishwati-Mukura Landscape: Improving livelihoods while Promoting Tourism

 

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) through Landscape Approach to Forest Restoration and Conservation (LAFREC) project is…

Read more →

Activities for Transforming Nyandungu Wetland into an Eco-Tourism Park on Track

The Minister of environment Dr. Vincent Biruta has commended the good progress over the implementation of the project of turning Nyandungu wetland…

Read more →

Remarks by Minister Biruta at AfDB-GGGI Study on Africa Green Growth Readiness Assessment COP24

10 December 2018


·Frank Rijsberman, Global Green Growth Institute Director General

·Amadou Hott, Vice-President, Power, Energy, Climate and Green…

Read more →

Rwanda Fosters Green Investment and Sustainable Development in the First Event of the Africa Green Green Growth

A high-level policy dialogue was organised to share the progress made in the implementation of Rwanda’s Green Growth and Climate Resilience Strategy…

Read more →

Africa Green Growth Forum Participants Encourage Young Students to Be Environment Champions

On the first day of the Africa Green Growth Forum, participants took part in planting trees with students from three primary schools. Themed, “Green…

Read more →