Nta ngaruka iruka rya Nyiragongo ryagize ku kiyaga cya Kivu – Ubushakashatsi bwa REMA

Ishami rishinzwe kugenzura ikiyaga cya Kivu ryo mu kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) ryatangaje ko nta mpungenge zihari z’uko gaz yo mu kiyaga cya Kivu yaturika kubera iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo ryabaye tariki 22 Gicurasi, ndetse n’imitingito yakurikiyeho.

Iryo shami ryemeje ayo makuru nyuma yo gufata ibipimo bitandukanye ku Kiyaga cya Kivu no kubisesengura, hagamijwe kureba niba hari ingaruka iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo ryaba ryaragize kuri icyo Kiyaga. Iryo genzura rigaragaza ko ikiyaga cya Kivu kimeze neza nk’uko cyahoze kuva na kera.

“Ibipimo byafashwe byagaragaje ko ubuzima mu mazi y’ikiyaga cya Kivu bwakomeje kuba bwiza ku rusobe rw’ibinyabuzima birimo na nyuma y’iruka rya Nyiragongo” nk’uko bigaragazwa na raporo y’ishami rya REMA rishinzwe kugenzura ikiyaga cya Kivu.

Itsinda ryafashe ibyo bipimo ku binyabutabire by’amazi y’ikiyaga cya Kivu birimo ubushyuhe, umwuka wa oxygen, chlorophyll na PH, ibisubizo bigaragaza ko Ikiyaga cya Kivu kimeze neza, kandi nta mpinduka cyagize mu gihe ibyo bipimo byafatwaga kuva tariki 22 kugeza kuri 27 Gicurasi 2021.

Mu gihe ikirunga cya Nyiragongo cyarukaga, abantu benshi bagaragaje impungenge z’uko iruka ryacyo n’imitingito yakurikiyeho bishobora kugira ingaruka ku kiyaga cya Kivu.

Igikoma gishyushye cyavaga muri icyo kirunga nticyerekeje mu cyerekezo ikiyaga cya Kivu giherereyemo, bikaba bitanga icyizere ko nta ngaruka zidasanzwe iruka rya Nyiragongo ryagize ku Kiyaga cya Kivu.

Imitingito yakurikiye iruka rya Nyiragongo ariko yakanguye umworera n’ubundi wari usanzwe uhari ugana ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu

Umwuka nawo nta kibazo ufite

Kuva tariki 27 kugeza kuri 29 Gicurasi 2021, irindi tsinda rya REMA ryari mu karere ka Rubavu rigenzura niba nta ngaruka iruka rya Nyiragongo ryagize ku buziranenge bw’umwuka muri ako gace.

Mu gupima ubuziranenge bw’umwuka, iryo tsinda ryakoresheje imashini nka RAMPS na ATMOTRACK zafataga ibipimo amanywa n’ijoro hifashishijwe ingufu z’imirasire y’izuba.

Iryo tsinda ryafashe ibipimo hagamijwe kureba ingano y’ibinyabutabire bya SO2, CO2, CO, O3, NO2, PM2.5, PM10, PM1, NH3 mu mwuka wo mu gice cyegereye ikirunga cya Nyiragongo, ndetse hanafata ibindi bipimo bifite aho bihuriye n’iteganyagihe birimo igipimo cy’ubushyuhe, ubuhehere, umuvuduko w’umuyagam ndetse n’icyerekezo cy’umuyaga.

Isesengura ry’ibyo bipimo ryagaragaje ko ingano y’ibyo binyabutabire byose mu mwuka iri ku bipimo byemewe. Amakuru ku buziranenge bw’umwuka kuri ubu araboneka ku rubuga rwa REMA (http://aq.rema.gov.rw) ndetse no kuri telefoni hifashishijwe porogaramu (Application) ya “Rwanda AQI” ku bakoresha telefoni zikoresha ikoranabuhanga rya Android.

Ishami rya REMA rishinzwe kugenzura ikiyaga cya Kivu rikomeje gukorana bya hafi n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Mine, Peteroli na Gaze mu Rwanda (RMB) ndetse n’abahanga mu byasiyansi ku rwego mpuzamahanga hagamijwe kugenzura niba hari ikibazo cyagera ku Kiyaga cya Kivu biturutse ku mitingito ikomeje kuba nyuma y’iruka rya Nyiragongo.

Hagati aho ariko, Abaturarwanda n’abaturiye ikiyaga cya Kivu by’umwihariko barasabwa kwirinda amakuru y’ibihuha bagaha gusa agaciro amakuru bahabwa n’inzego zibishinzwe kuri iki kibazo.

Ikiyaga cya Kivu ni kimwe mu biyaga binini mu gace ka Afurika y’Uburasirazuba, kikaba kiri ku mupaka ugabanya u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarai ya Congo. Amazi yo munsi y’icyo kiyaga arimo ibinyabutabire bya gaz methane (~55-60 km3) ndetse carbon dioxide (~300 km3), bivugwaho kuba bishobora guteza ibibazo ku baturiye icyo kiyaga mu gihe byaba bizamutse bikagera hejuru. Gusa ariko nanone, iyo gaze methane ni umutungo kamere ufite agaciro gakomeye kuko yatangiye no kuvomwa kugira ngo ikorwemo amashanyarazi mu Rwanda.

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda Hosts the GEF Eastern Africa Expanded Constituency Workshop

Kigali, 12 February, 2019 – Participants from 14 East African countries are meeting in Rwanda for a four day Expanded Constituency Workshop, organized…

Read more →

Global Environment Facility Expanded Constituency Workshop for Eastern Africa-Opening Remarks by Minister Biruta

Marriott Hotel, Kigali | 12 February 2019

● Francoise Clottes, Director of Strategy
● and Operations, Global Environment Facility
● Coletha Ruhamya,…

Read more →

Rwanda celebrates World Wetlands Day to raise public awareness to relocate illegal activities from wetlands

Kigali, 31 January, 2019 - Rwanda celebrated World Wetlands Day on 31 January, 2019 in an event aimed to raise awareness to to relocate illegal…

Read more →

Rwandans Urged to Wisely Use Wetlands as the Country Celebrates the World Wetlands Day 2019

Every year, Rwanda joins the world in commemoration of the World Wetlands Day (WWD), celebrated on 2nd February with the aim of raising public…

Read more →

Restoring Gishwati-Mukura Landscape: Improving livelihoods while Promoting Tourism

 

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) through Landscape Approach to Forest Restoration and Conservation (LAFREC) project is…

Read more →

Activities for Transforming Nyandungu Wetland into an Eco-Tourism Park on Track

The Minister of environment Dr. Vincent Biruta has commended the good progress over the implementation of the project of turning Nyandungu wetland…

Read more →

Remarks by Minister Biruta at AfDB-GGGI Study on Africa Green Growth Readiness Assessment COP24

10 December 2018


·Frank Rijsberman, Global Green Growth Institute Director General

·Amadou Hott, Vice-President, Power, Energy, Climate and Green…

Read more →

Rwanda Fosters Green Investment and Sustainable Development in the First Event of the Africa Green Green Growth

A high-level policy dialogue was organised to share the progress made in the implementation of Rwanda’s Green Growth and Climate Resilience Strategy…

Read more →

Africa Green Growth Forum Participants Encourage Young Students to Be Environment Champions

On the first day of the Africa Green Growth Forum, participants took part in planting trees with students from three primary schools. Themed, “Green…

Read more →