REMA yatangije gahunda nshya yo korohereza abifuza kugura ibikoresho bikonjesha bitangiza ikirere

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA cyatangije umushinga wa gahunda nshya izorohereza abashaka gutunga ibikoresho bikonjesha bizigama ingufu neza kandi bitangiza ikirere.

Ni uburyo bushya REMA yatangije ku bufatanye na Banki y’abaturage n’ishami ry’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu rishinzwe gucuruza amashanyarazi EUC. Abifuza ibyo bikoresho bazajya bahabwa inguzanyo yo kubigura bazishyura binyuze mu nyemezabwishyu y’umuriro w’amashanyarazi baguze buri kwezi.

Umushinga w'iyi gahunda waratangijwe, ariko gahunda nyir'izina ntiratangira, ikaba ikinozwa ku buryo biteganyijwe ko izatangira mu mpera z'uyu mwaka. Abacuruzi b'ibikoresho bikonjesha bazakorana n'iyi gahunda ubu bari gutoranywa. Nibamara gutoranywa gahunda itangiye abifuza kugura ibikoresho muri iyi gahunda bakazamenyeshwa aho babikura, ndetse n'ibiciro bizaba byumvikanyweho.

Gusa hazashyirwaho uburyo bwo guhitamo abazahabwa ibyo bikoresho ku nguzanyo, nk'urugero kuba ufite cash power kandi ukaba wakoreshaga umuriro mwinshi watuma ubasha kwishyura igikoresho wahawe ku nguzanyo kandi ukacyishyura mu gihe cyateganyijwe, n'ubundi buryo abantu bazamenyeshwa gahunda nyir'izina itangiye.

Umuntu wahawe igikoresho gikonjesha muri iyo gahunda, azajya yishyura binyuze mu mafaranga agura umuriro w'amashanyarazi, mu mafaranga yaguze umuriro hakavanwamo ayo kwishyura icyo gikoresho. 

Ibihugu byo mu gace ka Africa y’Uburasirazuba bifite ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage, ibintu bituma n’abakenera firigo n’ibindi bikoresho bikonjesha baba benshi.

Ibikoresho bikonjesha ni ingenzi ku buzima, imibereho myiza no ku bukungu bw’ibyo bihugu, ariko nanone bikunze guteza ibibazo bijyanye no gukoresha umuriro mwinshi ndetse n’ingaruka bigira ku bidukikije.

Ibikoresho bikonjesha bitajyanye n’igihe bishobora gukoresha umuriro ukubye inshuro hagati y’ebyiri n’eshatu ugereranyije n’uw’ibikoresho bigezweho bikoresha, kandi ibyo bitagezweho kenshi biba bifite gaz zangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, kandi zikagira ingaruka ku buzima bwa muntu n’ubw’umubumbe muri rusange.

Mu rwego rwo kubahiriza amasezerano ya Montreal asaba ibihugu kugabanya imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere, yavugururiwe i Kigali mu mwaka wa 2016, REMA yatangije gahunda igamije kunganira abantu kugira ngo babashe kugura firigo n’ibyuma bikonjesha bitangiza ikirere kandi bakabigura bitabagoye.

Muri iyi gahunda yiswe Rwanda Cooling Finance Initiative (R-COOL FI), abantu babyifuza bazajya bafata firigo n’ibyuma bikonjesha bihitiyemo mu buryo bw’inguzanyo, bazishyure binyuze ku muriro w’amashanyarazi baguze, aho bazajya bakatwa ijanisha ry’amafaranga yumvikanyweho ku mpande zombi bahabwe umuriro w’amafaranga asigaye.

Ubu buryo bwo kwishyura bwamaze kumvikanwaho na REMA, Bank y’Abaturage izatanga inguzanyo, abacuruza ibikoresho bikonjesha ndetse n’ikigo gishinzwe ingufu REG.

Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera, avuga ko “Banki y’Abaturage y’u Rwanda iri kugira uruhare rukomeye kugira ngo iyi gahunda y’ingirakamaro igende neza. Ibikorwa nk’ibi by’ingirakamaro Bizana inyungu kuri buri ruhande bigira uruhare mu kugeza abantu kuri gahunda z’iterambere rirambye” nk’uko umuyobozi mukuru wa REMA akomeza kubivuga.

Yongeraho ko “ubufatanye hagati ya REG, Banki y’Abaturage n’andi mabanki ndetse n’abacuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga butazafasha gusa mu kuzigama amafaranga, ahubwo buzanafasha abantu kubona ibikoresho bikonjesha binyuze mu kwishyura inyemezabwishyu z’amashanyarazi”

Umuyobozi wa REG, Ron Weiss, yavuze ko uku gufasha abaturage kubona ibyuma bikoresha neza ingufu kandi ntibyangize ikirere bizafasha igihugu mu kugabanya amafaranga cyashoraga mu bikorwa byo gushyiraho andi masoko y’ingufu.

R-COOL FI ni gahunda ishyirwa mu bikorwa n’Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA, igaterwa inkunga na gahunda yitwa United for Efficiency (U4E) y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bidukikije (United Nations Environment Programme) ndetse na fondasiyo yitwa Basel Agency for Sustainable Energy (BASE) hagamijwe guteza imbere ingufu zitangiza.

Kugeza mu mwaka wa 2024, biteganyijwe ko inguzanyo ingana na miriyoni enye z’amadolari ya Amerika izaba imaze gutangwa mu kugura ibikoresho bikonjesha bizigama ingufu kandi bidasohora imyuka ihumanya ikirere bibarirwa mu 12,500.

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA cyatangije uburyo bushya buzorohereza abashaka gutunga ibikoresho bikonjesha bikoresha ingufu neza kandi bitangiza ikirere.

Ni uburyo bushya REMA yatangije ku bufatanye na Banki y’abaturage n’ishami ry’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu rishinzwe gucuruza amashanyarazi EUCL. Abifuza ibyo bikoresho bazajya bahabwa inguzanyo yo kubigura bazishyura binyuze mu nyemezabwishyu y’umuriro w’amashanyarazi baguze buri kwezi.

Ibihugu byo mu gace ka Africa y’Uburasirazuba bifite ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage, ibintu bituma n’abakenera firigo n’ibindi bikoresho bikonjesha baba benshi.

Ibikoresho bikonjesha ni ingenzi ku buzima, imibereho myiza no ku bukungu bw’ibyo bihugu, ariko nanone bikunze guteza ibibazo bijyanye no gukoresha umuriro mwinshi ndetse n’ingaruka bigira ku bidukikije.

Ibikoresho bikonjesha bitajyanye n’igihe bishobora gukoresha umuriro ukubye inshuro hagati y’ebyiri n’eshatu ugereranyije n’uw’ibikoresho bigezweho bikoresha, kandi ibyo bitagezweho kenshi biba bifite gaz zangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, kandi zikagira ingaruka ku buzima bwa muntu n’ubw’umubumbe muri rusange.

Mu rwego rwo kubahiriza amasezerano ya Montreal asaba ibihugu kugabanya imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere, yavugururiwe i Kigali mu mwaka wa 2016, REMA yatangije gahunda igamije kunganira abantu kugira ngo babashe kugura firigo n’ibyuma bikonjesha bitangiza ikirere kandi bakabigura bitabagoye.

Muri iyi gahunda yiswe Rwanda Cooling Finance Initiative (R-COOL FI), abantu babyifuza bazajya bafata firigo n’ibyuma bikonjesha bihitiyemo mu buryo bw’inguzanyo, bazishyure binyuze ku muriro w’amashanyarazi baguze, aho bazajya bakatwa ijanisha ry’amafaranga yumvikanyweho ku mpande zombi bahabwe umuriro w’amafaranga asigaye.

Ubu buryo bwo kwishyura bwamaze kumvikanwaho na REMA, Bank y’Abaturage izatanga inguzanyo, abacuruza ibikoresho bikonjesha ndetse n’ikigo gishinzwe ingufu REG.

Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera, avuga ko “Banki y’Abaturage y’u Rwanda iri kugira uruhare rukomeye kugira ngo iyi gahunda y’ingirakamaro igende neza. Ibikorwa nk’ibi by’ingirakamaro Bizana inyungu kuri buri ruhande bigira uruhare mu kugeza abantu kuri gahunda z’iterambere rirambye” nk’uko umuyobozi mukuru wa REMA akomeza kubivuga.

Yongeraho ko “ubufatanye hagati ya REG, Banki y’Abaturage n’andi mabanki ndetse n’abacuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga butazafasha gusa mu kuzigama amafaranga, ahubwo buzanafasha abantu kubona ibikoresho bikonjesha binyuze mu kwishyura inyemezabwishyu z’amashanyarazi”

Umuyobozi wa REG, Ron Weiss, yavuze ko uku gufasha abaturage kubona ibyuma bikoresha neza ingufu kandi ntibyangize ikirere bizafasha igihugu mu kugabanya amafaranga cyashoraga mu bikorwa byo gushyiraho andi masoko y’ingufu.

R-COOL FI ni gahunda ishyirwa mu bikorwa n’Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA, igaterwa inkunga na gahunda yitwa United for Efficiency (U4E) y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bidukikije (United Nations Environment Programme) ndetse na fondasiyo yitwa Basel Agency for Sustainable Energy (BASE) hagamijwe guteza imbere ingufu zitangiza.

Kugeza mu mwaka wa 2024, biteganyijwe ko inguzanyo ingana na miriyoni enye z’amadolari ya Amerika izaba imaze gutangwa mu kugura ibikoresho bikonjesha bizigama ingufu kandi bidasohora imyuka ihumanya ikirere bibarirwa mu 12,500.

 

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda launches the first-ever calibration laboratories for meteorology, hydrology and air quality monitoring equipment

Rwanda will no longer outsource calibration services for meteorology, hydrology and air quality monitoring equipment, as these services will from now…

Read more →

International Day of Clean Air for Blue Skies: How Rwanda is taking bold action to beat air pollution

Rwanda has on September 7, 2023 joined the rest of the world to mark the International Day of Clean Air for Blue Skies, which is celebrated annually…

Read more →

What you did here is so impressive – UK Minister of State for Development and Africa

The United Kingdom (UK) Minister of State for Development and Africa, Rt Hon Andrew Mitchell MP, commends Rwanda’s efforts to protecting the…

Read more →

REMA conducts a site visit for interested bidders in four wetlands to be rehabilitated in the City of Kigali

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) has on 22nd and 23rd August 2023 conducted a guided tour for interested bidders in the five…

Read more →

Green Amayaga Football competition: Thousands gather to receive messages regarding the project sustainability

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) in partnership with Action pour la Protection de l‟Environnement et la Promotion des Filières…

Read more →

African farming communities kick start cold-chain in continent

Farmers and fishers in Rwanda are joining sustainable cooling experts to learn how clean-cold technology can revolutionise their businesses.

Farmers…

Read more →

The World Bank vice-president visits one of the five wetlands to be rehabilitated in the City of Kigali

Kigali, 15 June, 2023-Today, the World Bank Vice-President for Eastern and Southern Africa, Victoria Kwakwa visited Rwampara wetland which is one of…

Read more →

Green Amayaga Project, a solution for women and children

Many decades ago, women and children in Amayaga Region – in Rwanda’s southern province – have been struggling with the lack of firewood and…

Read more →

Rwanda Launches revised Green Growth and Climate Resilience Strategy

Rwanda has on June 5, 2023 launched the Revised Green Growth and Climate Resilience Strategy as part of World Environment Day celebrations. The…

Read more →