Kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba biri mu nyungu za buri wese

U Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba wizihijwe tariki 16 Nzeri 2020 hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga.

Hashize imyaka 35 hatangijwe ingamba zo kurengera no kurwanya iyangirika ry’akayunguruzo k’imirasire y’izuba. Isinywa ry’amasezerano ya Montreal yo kurengera ako kayunguruzo yasinywe mu mwaka wa 1987, ni imwe mu ntambwe zikomeye zatewe mu kurengera isi n’abayituye.

Mu myaka isaga 30 ishize, ibihugu byasinye ayo masezerano byagiye bigabanya ibikorwa byangizaga akayunguruzo k’imirasire y’izuba, birokora ubuzima bw’abantu babarirwa muri miriyoni ebyiri bashoboraga kuba barwara kanseri y’uruhu buri mwaka.

Uretse kurokora ubuzima bw’abantu, ingamba zo kurwanya iyangirika ry’akayunguruzo k’imirasire y’izuba zanafashije mu kurengera urusobe rw’ibinyabuzima no kurengera umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi, nk’uko umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ibidukikije Patrick Karera yabivuze mu muhango wo kwizihiza uwo munsi.

Biteganyijwe ko hagati muri iki kinyejana cya 21, akayunguruzo k’imirasire y’izuba kazongera kumera nk’uko kahoze mu myaka ya 1980 kubera ingamba zashyizweho zo kukabungabunga.

Kuva u Rwanda rusinye amasezerano ya Montreal mu mwaka wa 2003 “ntabwo twatekerezaga ko u Rwanda rwakwakira inama ya 28 y’ibihugu byasinye amasezerano ya Montreal” nk’uko Bwana Karera yakomeje abivuga.

Muri iyo nama yabaye mu kwezi k’Ukwakira 2016, hashyizwe umukono ku mavugurura yakorewe ayo masezerano, Kigali Amendment mu rurimi rw’icyongereza, hagamijwe gusaba ibihugu guca burundu ikoreshwa ry’ibinyabutabire byangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, hemezwa gutangira gukoresha gaz karemano.

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bacyo mu kurengera ibidukikije, cyakoze ibarura rigamije kureba ibikoresho bikonjesha biri mu Rwanda kugira ngo ibivuye mu ibarura bishingirweho mu gufata ingamba zo kuvana ku isoko ry’u Rwanda gaz zangiza.

Umuyobozi wungirije wa REMA, Faustin Munyazikwiye avuga ko mu kugabanya iyo myuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba hashyizweho amategeko atandukanye agaragaza urutonde rw’imyuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba. Ati “gushyiraho itegeko ntibyari bihagije gusa, ahubwo hanabayeho gushyiraho uburyo bw’imikorere n’imikoranire n’inzego zitandukanye”

REMA ku bufatanye na Minisiteri y’ibidukikije yashyizeho uburyo bw’ikoranabuhanga buhuriraho abacuruzi batumiza ibyo bikoresho mu mahanga, abashinzwe ibyinjira n’ibisohoka kuri za gasutamo n’abashinzwe ibijyanye n’ubuziranenge.

Mu gihe hatafatwa ingamba zihuse mu kurwanya no guhagarika ibikoresho byohereza imyuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, iyo myuka yazaba yariyongereye ku rugero rwa 95% mu mwaka wa 2050.

Inkuru nziza nk’uko ubuyobozi bwa REMA bubigaragaza, ni uko gukoresha ibikoresho bikonjesha bitohereza imyuka yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba bihendutse kuko bishobora gutuma abantu bazigama miriyarri hafi ibihumbi bitatu (2.9 trillion) z’amadorari kugeza mu mwaka wa 2050.

Umuyobozi wungirije wa REMA avuga ko kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba ari uruhare rwa buri wese, akavuga ko “Abanyarwanda muri rusange bakwiye kwirinda kugura ibikoresho bikonjesha bitemewe, abacuruzi nabo bakareka kwinjiza mu Rwanda ibyuma bikonjesha byakwangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba, ndetse n’inzego za leta zigasabwa kumva ko ikibazo cy’iyangirika ry’akayunguruzo k’imirasire y’izuba kitareba REMA gusa”

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda launches the first-ever calibration laboratories for meteorology, hydrology and air quality monitoring equipment

Rwanda will no longer outsource calibration services for meteorology, hydrology and air quality monitoring equipment, as these services will from now…

Read more →

International Day of Clean Air for Blue Skies: How Rwanda is taking bold action to beat air pollution

Rwanda has on September 7, 2023 joined the rest of the world to mark the International Day of Clean Air for Blue Skies, which is celebrated annually…

Read more →

What you did here is so impressive – UK Minister of State for Development and Africa

The United Kingdom (UK) Minister of State for Development and Africa, Rt Hon Andrew Mitchell MP, commends Rwanda’s efforts to protecting the…

Read more →

REMA conducts a site visit for interested bidders in four wetlands to be rehabilitated in the City of Kigali

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) has on 22nd and 23rd August 2023 conducted a guided tour for interested bidders in the five…

Read more →

Green Amayaga Football competition: Thousands gather to receive messages regarding the project sustainability

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) in partnership with Action pour la Protection de l‟Environnement et la Promotion des Filières…

Read more →

African farming communities kick start cold-chain in continent

Farmers and fishers in Rwanda are joining sustainable cooling experts to learn how clean-cold technology can revolutionise their businesses.

Farmers…

Read more →

The World Bank vice-president visits one of the five wetlands to be rehabilitated in the City of Kigali

Kigali, 15 June, 2023-Today, the World Bank Vice-President for Eastern and Southern Africa, Victoria Kwakwa visited Rwampara wetland which is one of…

Read more →

Green Amayaga Project, a solution for women and children

Many decades ago, women and children in Amayaga Region – in Rwanda’s southern province – have been struggling with the lack of firewood and…

Read more →

Rwanda Launches revised Green Growth and Climate Resilience Strategy

Rwanda has on June 5, 2023 launched the Revised Green Growth and Climate Resilience Strategy as part of World Environment Day celebrations. The…

Read more →