Abafite imodoka barasabwa kuzirinda gusohora imyotsi ihumanya umwuka

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda, kuri uyu wagatandatu tariki 05/09/2020 batangiye igikorwa cyo gusuzuma ingano y’imyotsi imodoka zisohora kandi bigakorerwa mu mihanda bitabaye ngombwa ko nyir’imodoka ayijyana ku kigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga.

Ni igikorwa kiri muri gahunda y’ubukangurambaga bugamije gukangurira abafite imodoka gusuzumisha ingano y’imyotsi zisohora, kugira ngo zitarenza ibipimo ngenderwaho byemewe ku rwego mpuzamahanga hagamijwe kuzirinda guhumanya ikirere n’umwuka abantu bahumeka.

Gusuzuma ingano y’imyotsi imodoka zisohora bibaye mu gihe u Rwanda rwitegura kwifatanya n’isi yose mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umwuka mwiza n’ikirere gikeye (UN International Day of Clean Air for Blue Skies) tariki 07 Nzeri 2020. Ni umunsi uzaba wizihijwe ku nshuro yambere, ku nsanganyamatsiko igiri iti “Umwuka mwiza ku Bose”

Imyotsi isohorwa n’ibinyabiziga iza ku isonga mu guhumanya umwuka mu mijyi myinshi hirya no hino ku isi. Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe na REMA mu mwaka wa 2018 ku bitera ihumana ry’umwuka mu Rwanda, yagaragaje ko ibinyabutabire bya Nitrogen Oxide (NOx), Particulate Matter 10 &2.5 (PM10 & PM2.5), Carbon Monoxide (CO) n’ibinyabutabire bya hydrocarbons bitatwitswe ari byo biza ku isonga mu bisohoka mu myotis iva mu binyabiziga bigahumanya umwuka abantu bahumeka.

Mugabo Modeste ushinzwe ibijyanye no kugenzura ihumana ry’ikirere mu kigo REMA avuga ko guverinoma y’u Rwanda yafashe ingamba zo guhashya ihumana ry’umwuka, zirimo gahunda yo gusuzuma kenshi ingano y’imyotsi imodoka zisohora, guca intege icanwa ry’inkwi n’amakara kugira ngo hakoreshwe gaz na biogas mu gucana, no guca itwikwa ry’amakara, imbagara n’ibishingwe.

Kugeza ubu hari sitasiyo zigera ku munani zisuzumirwaho ubuziranenge bw’umwuka mu Rwanda, Mugabo akavuga ko “n’ubwo mu Rwanda hari ihumana ry’umwuka bitaragera ku rugero rubi cyane ugereranyije na byinshi mu bihugu birimo n’ibyateye imbere”

Isuzumwa ry’ingano y’imyotsi imodoka zisohora kugeza ubu rikorwa n’ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga (Motor-vehicle Inspection Centre) gikorera i Remera mu karere ka Gasabo. Icyo kigo cyatangiye mu mwaka wa 2008 gishyize imbere ibijyanye n’ubuziranenge bw’ibinyabiziga hagamijwe kwirinda impanuka.

Mu mwaka wa 2008 nibwo cyatangiye gupima n’ingano y’imyotsi imodoka zisohora, nk'uko bivugwa n'umuyobozi wungirije w'ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw'ibinyabiziga, Chief Superintendent of Police (CSP) Bernardin Nsengiyumva. Ku ikubitiro ngo batangiye bapima ingano y'imyotsi iva mu modoka nini zikoresha mazout nyuma y'umwaka umwe gitangira no gusuzuma imodoka ntoya zikoresha lisansi, imodoka bigaragaye ko ifite ikibazo nyirayo akagirwa inama yo kuyikoresha.

CSP Nsengiyumva ati “Nka Polisi y’u Rwanda dufite uruhare mu kurengera ikirere n’ibidukikije, mu kazi dukora muri iki kigo harimo no kugenzura ibipimo by’imyotsi y’imodoka kugira ngo turebe ko iyo myotsi itazateza ikibazo cyo guhumanya ikirere. Iyo dusanze ibipimo biri hejuru nyir'ikinyabiziga tumugira inama yo kujya gukoresha imodoka akazagaruka tukamuha icyangombwa cy’ubuziranenge bw’ikinyabiziga cye”

Ikigo cya Polisi y’u Rwanda gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw'ibinyabiziga ngo gifite ubushobozi bwo gupima imodoka 500 ku munsi ariko muri zo 20% nizo bashobora gusanga zifite ikibazo cy’imyotsi ihumanya ikirere nk'uko CSP Nsengiyumva yakomeje abivuga.

Ubuyobozi bw’icyo kigo buvuga imodoka igiye gushaka icyangombwa cy’ubuziranenge iyo basanze isohora imyotsi batayiha icyangombwa, ahubwo “basaba nyirayo kujya kuyikoresha mu igaraji ikibazo cyakemuka ikabona guhabwa icyangombwa cy’ubuziranenge gitangwa n’ikigo kigenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga"

 

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda launches the first-ever calibration laboratories for meteorology, hydrology and air quality monitoring equipment

Rwanda will no longer outsource calibration services for meteorology, hydrology and air quality monitoring equipment, as these services will from now…

Read more →

International Day of Clean Air for Blue Skies: How Rwanda is taking bold action to beat air pollution

Rwanda has on September 7, 2023 joined the rest of the world to mark the International Day of Clean Air for Blue Skies, which is celebrated annually…

Read more →

What you did here is so impressive – UK Minister of State for Development and Africa

The United Kingdom (UK) Minister of State for Development and Africa, Rt Hon Andrew Mitchell MP, commends Rwanda’s efforts to protecting the…

Read more →

REMA conducts a site visit for interested bidders in four wetlands to be rehabilitated in the City of Kigali

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) has on 22nd and 23rd August 2023 conducted a guided tour for interested bidders in the five…

Read more →

Green Amayaga Football competition: Thousands gather to receive messages regarding the project sustainability

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) in partnership with Action pour la Protection de l‟Environnement et la Promotion des Filières…

Read more →

African farming communities kick start cold-chain in continent

Farmers and fishers in Rwanda are joining sustainable cooling experts to learn how clean-cold technology can revolutionise their businesses.

Farmers…

Read more →

The World Bank vice-president visits one of the five wetlands to be rehabilitated in the City of Kigali

Kigali, 15 June, 2023-Today, the World Bank Vice-President for Eastern and Southern Africa, Victoria Kwakwa visited Rwampara wetland which is one of…

Read more →

Green Amayaga Project, a solution for women and children

Many decades ago, women and children in Amayaga Region – in Rwanda’s southern province – have been struggling with the lack of firewood and…

Read more →

Rwanda Launches revised Green Growth and Climate Resilience Strategy

Rwanda has on June 5, 2023 launched the Revised Green Growth and Climate Resilience Strategy as part of World Environment Day celebrations. The…

Read more →