Abanyarwanda barakangurirwa kwirinda ibyahumanya umwuka n’ikirere

Kigali, Tariki 04 Nzeri 2020 – Uyu mwaka u Rwanda ruzifatanya n’isi kwizihiza ku nshuro ya mbere umunsi mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza n’ Ikirere Gikeye. Uyu munsi wemejwe n’inama ya 74 y’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yateranye ku wa 19 Nzeri 2019. 

Insanganyamatsiko y’umunsi mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza n’Ikirere Gikeye, igira iti “Umwuka mwiza kuri bose”. Iyi nsanganyamatsiko iributsa abatuye isi inshingano bafite yo kurwanya no gukumira ibitera ihumana ry’umwuka n’ikirere, kuko biri mu bitera ingaruka zishingiye ku mihindagurikire y’ibihe, zihungabanya ubuzima bwa muntu n’ibikorwa bye.

U Rwanda nk’igihugu, na rwo ruhura n’ingaruka z’ihumana ry’umwuka zirimo indwara z’ubuhumekero, iz’umutima, na kanseri, kuri ibyo hakiyongeraho ubushyuhe bukabije n’imihindagurikire y’ikirere ikurikirwa n’ibiza bishyira ubuzima bwa benshi mu kaga.

Izo mbogamizi zaragaragajwe mu nyigo yerekana uko ikibazo cy’ihumana ry’umwuka rihagaze mu Rwanda.   Iyi ni yo mpamvu u Rwanda ruzifatanya n’isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umwuka mwiza n’ikirere gikeye, hakorwa ubukangurambaga kugira ngo buri muturarwanda afate ingamba zikwiye zo kurwanya ihumana ry’umwuka.

Iyi nyigo yerekana uko ikibazo cy’ihumana ry’umwuka rihagaze mu Rwanda igaragaza ko mu Rwanda, ibinyabiziga biza ku isonga mu  guhumanya umwuka mu bice by’imijyi, gucana inkwi, amakara no gutwika imyanda n’ibishingwe nabyo bikaba biri mu biza imbere mu guhumanya ikirere mu bice by’ibyaro

Mu rwego rwo guhanga n’ ibibazo biterwa n’ ihumana ry’ ikirere, u Rwanda rwafashe ingamba zitandukanye zirimo kurwanya imihindagurikire y’ibihe, bikaba biteganyijwe ko mu mwaka wa 2030 imyuka itera ukwiyongera k’ubushyuhe ku isi izagabanukaho 38%

Muri gahunda ya Guvernoma y'imyaka irindwi y'impinduka zo kwihutisha amajyambere y'ubukungu (NST1), biteganyijwe ko Abaturarwanda bazashishikarizwa kwitabira gukoresha ingufu zidahumanya zirimo gaz, biogas, ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba n’ubundi buryo butangiza ibidukikije.

Ibyo bigamije kugabanya ikoreshwa ry’ingufu zikomoka ku mashyamba, bikazagabanuka kugeza nibura ku rugero rwa 42% mu 2024 bivuye kuri 79.9% mu 2018, nk’uko bivugwa na Juliet Kabera, umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA.

Leta y’u Rwanda kandi yanashyizeho politiki yo kubungabunga ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, hashyirwaho amategeko n’amabwiriza yo kubungabunga umwuka mwiza, by’umwihariko hakaba harashyizweho itegeko n° 18/2016 ryo ku wa 18/05/2016 rigenga uburyo bwo kubungabunga ubwiza bw’umwuka no gukumira ihumana ry’ikirere mu Rwanda.

Ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye kandi, hamaze gushyirwaho sitasiyo icyenda zifashishwa mu kumenya no gutanga amakuru y’uko igihugu gihagaze mu bijyanye n’ihumana ry’ikirere. Ayo makuru akaba ava mu bipimo bifatirwamu bice bitandukanye by’igihugu hashingiwe ku bipimo ngenderwaho by’ubuziranenge bw’umwuka.

Leta y’u Rwanda kandi yanashyigikiye imishinga yo gukoresha ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi nka Empasand na Volkswagen.

Umuyobozi mukuru w’ikigo REMA avuga ko kugira ngo umwuka mwiza ugera kuri bose bisaba ko buri Munyarwanda afata ingamba, kuko ibihumanya umwuka ari ibikorwa bya muntu. 

Mu ngamba zo kubungabunga umwuka mwiza harimo kureka gucana inkwi n’amakara kuko bitera inyotsi ihumanya, kwirinda gutwika amashyamba, ibihuru, n’imyanda mu buryo butemewe, gukoresha ibinyabiziga bidasohora imyotsi ihumanya umwuka kandi bigakorerwa isuzuma buri gihe, gukoresha amagare no kugenda n’amaguru aho bishoboka, kandi abantu bakitabira gukoresha imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange.

Kuri ibyo haniyongeraho kubahiriza amabwiriza yo gufata imyotsi iva mu nganda, gutera ibiti no kubungabunga amashyamba ayungurura umwuka.

 

 

 

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda launches the first-ever calibration laboratories for meteorology, hydrology and air quality monitoring equipment

Rwanda will no longer outsource calibration services for meteorology, hydrology and air quality monitoring equipment, as these services will from now…

Read more →

International Day of Clean Air for Blue Skies: How Rwanda is taking bold action to beat air pollution

Rwanda has on September 7, 2023 joined the rest of the world to mark the International Day of Clean Air for Blue Skies, which is celebrated annually…

Read more →

What you did here is so impressive – UK Minister of State for Development and Africa

The United Kingdom (UK) Minister of State for Development and Africa, Rt Hon Andrew Mitchell MP, commends Rwanda’s efforts to protecting the…

Read more →

REMA conducts a site visit for interested bidders in four wetlands to be rehabilitated in the City of Kigali

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) has on 22nd and 23rd August 2023 conducted a guided tour for interested bidders in the five…

Read more →

Green Amayaga Football competition: Thousands gather to receive messages regarding the project sustainability

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) in partnership with Action pour la Protection de l‟Environnement et la Promotion des Filières…

Read more →

African farming communities kick start cold-chain in continent

Farmers and fishers in Rwanda are joining sustainable cooling experts to learn how clean-cold technology can revolutionise their businesses.

Farmers…

Read more →

The World Bank vice-president visits one of the five wetlands to be rehabilitated in the City of Kigali

Kigali, 15 June, 2023-Today, the World Bank Vice-President for Eastern and Southern Africa, Victoria Kwakwa visited Rwampara wetland which is one of…

Read more →

Green Amayaga Project, a solution for women and children

Many decades ago, women and children in Amayaga Region – in Rwanda’s southern province – have been struggling with the lack of firewood and…

Read more →

Rwanda Launches revised Green Growth and Climate Resilience Strategy

Rwanda has on June 5, 2023 launched the Revised Green Growth and Climate Resilience Strategy as part of World Environment Day celebrations. The…

Read more →