Ijambo rya Ministiri w’Ibidukikije ku Munsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije

IPRC Kigali | 5 Kamena 2018

    Nyakubahwa Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe ubukungu n'iterambere
    Meya w’Akarere ka Kicukiro
    Umuyobozi Mukuru wa REMA
    Bayobozi mu nzego nkuru za Leta
    Muyobozi uhagarariye Bralirwa
    Abikorera n’Abafatanyabikorwa batandukanye;
    Banyacyubahiro mwese muteraniye hano

Mbere na mbere mbaje kubasuhuza. Mwaramutse!

Nishimiye kuba turi hano uyu munsi twizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe kwita ku bidukikije ku isi ndetse tunasoza Icyumweru cyahariwe ibidukikije mu Rwanda. Ndashimira mwe mwese mwabashije kwigomwa mukitabira uyu munsi ndetse n’Ibindi bikorwa byabanjirije iby’uyu munsi. Biratugaragariza agaciro muha ibidukikije.

Mu myaka isaga 20 ishize, u Rwanda rwafashe ingamba zo gusigasira ibidukikije no kurengera urusobe rw’ibinyabuzima nk’inkingi y’iterambere rirambye. Ibi nibyo byatumye uyu munsi tubasha kugira ibidukikije bifashwe neza; binafasha kandi abanyarwanda gutura ahantu heza kandi hatunganye ndetse binatuzanira amadevize binyuze mu bukerarugendo. N’uyu munsi kandi amadevize twatangiye kuyabona

Mu myaka icumi ishize, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo guca amashashi ya plastiki. Ibi twabikoze kubera ko twumva neza ingaruka mbi aya mashashi agira ku buzima bw’abanyarwanda ndetse no ku bidukikije.

N’ubwo guca amashashe hari byinshi byadufashije kugeraho nk’igihugu, tuzi ko inzira yo gukumira imyanda ya plastiki ikiri ndende. Iyi ni yo mpamvu nyamukuru duteraniye hano uyu munsi. Uyu, ni umwanya mwiza wo gufata ingamba zihamye zo gukumira ihumana ry’ibidukikije riterwa na plastiki; cyane cyane irikomoka ku ikoreshwa rya plastiki zikoreshwa rimwe gusa tukazijugunya. Hari ibikoresho bya plastiki bikoreshwa kandi biramba; sibyo tuvuga uyu munsi. Ibyo tuvuga ni ibikoresho dukoresha rimwe tukajugunya; ari imiheha tunywesha, udukombe,  ndetse hari n’ibyo basigaye bapfunyikamo ibyo kurya. Ibyo nibyo tuvuga uyu munsi.

Mu Cyumweru cyahariwe Ibidukikije mu Rwanda dusoza uyu munsi, twakozemo ibikorwa bitandukanye bigamije gufasha abanyarwanda kugira ruhare mu kugabanya imyanda ya plastiki. Habaye inama nyunguranabitekerezo ku buryo u Rwanda rwarushaho guhangana n’ikibazo cy’imyanda ya plastiki. Twishimiye cyane uko urubyiruko, inzego z’abagore n’abikorera ku giti cyabo bagaragajwe nk’ishingiro ryo kurandura burundu iki kibazo. Intego twihaye muri ubu bukangurambaga ntitwazigeraho buri wese atabigizemo uruhare rufatika; bityo turasaba buri wese ko yatahana umuhigo wo kugira uruhare mu kugabanya imyanda ya plastiki kandi birashoboka. Buri wese ashobora kugira icyo akora; kandi akenshi nta mbaraga bisaba. Niba wakoreshaga umuheha hari ubwo usanga atari ngombwa. Ibi birahuri uwazzana umuheha hari uwabishyiramo kandi atari ngombwa; tujya mu mahoteli bakaduha umutobe mu kirahuri n’agaheha; kureka uwo muheha nta mbaraga bisaba. Ni ukubizirikana gusa ukabishyira muri gahunda no mu mikorere yawe.

Ejobundi ku cyumweru, twifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali mu gikorwa ngarukakwezi cya “Car Free Day” aho twakoze urugendo rwo kwamagana ihumana ry’Ibidukikije riterwa na Plastiki ndetse tunahamagarira abanyarwanda bose muri rusange kugira uruhare mu gukumira plastiki zikoreshwa rimwe zikajugunywa no gushaka ibizisimbura mu buryo burambye.

Muri iki cyumweru kandi, Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) gifatanyije n’abafatanyabikorwa bacyo barimo Polisi y’Igihugu n’Inzego z’Ibanze bakoze ubugenzuzi mu bigo by’ubucuruzi hirya no hino mu Rwanda bareba iy’ubahirizwa ry’itegeko rica amashashi mu Rwanda.  Niba tugikeneye ubugenzuzi no guhana ni uko tugifite abanyarwanda batari bumva uru rugamba turiho cyangwa badashaka kwifatanya n’abandi kugira ngo dukemure ikibazo cy’umwanda ukomoka kuri plastiki. Aba turabasaba ko bahindura imyitwarire ntibisabe ko hagombera kujyayo izindi nzego gukora ubugenzuzi.

Ibi bikorwa byose byakozwe mu Cyumweru cy’Ibidukikije mu Rwanda ni intangiriro y’urugendo rwo kugabanya ikoreshwa ry’ibikoresho bya plastiki bikoreshwa rimwe bikajugunywa ndetse no kugabanya imyanda ya plastiki mu gihugu.

Ubukangurambaga bwo kugabanya ikoreshwa rya plastiki buratwibutsa ko twese uko turi hano dufite uruhare mu kubungabunga ibidukikije duhitamo gukoresha ibikoresho biramba kandi bitangiza ibidukikije.  Ubufatanye bw’inzego za leta, abikorera, imiryango itegamiye kuri Leta ndetse n’abaturarwanda bose muri rusange nibwo buzatuma tugera kuri iyi ntego.

Ndashimira kandi abitabiriye amarushwa y’ibigo by’amashuri ku nsanganyamatsiko y’uyu mwaka kandi ndabashishikariza gukomeza kugira umuhate wo kubungabunga ibidukikije ntibirangirire mu ndirimbo n’bindi bihangano. Ndashimira kandi ikigo REMA n’Umushinga LAFREC bafatanyije gutegura aya marushanwa agenewe abana biga mu mashuri yisumbuye; kuko aba banyeshuri , urubyiruko muri rusange, nibo bayobozi b’ejo hazaza kandi ndabashimira ko urubyiruko ari mwe benshi mwitabiriye uyu munsi.

Ndanashimira by’umwihariko buri wese wagize uruhare mu gutegura uyu munsi. Turashimira ibigo nka Bralirwa, COPED na Inyange byatangiye gufata ingamba zo kugabanya imyanda ya plastiki; kimwe n’abandi bafatanyije nabo cyangwa biteguye gufatanya nabo. Abitabiriye imurikabikorwa twabonye nabo turabashimiye kandi turabashishikariza gukomeza guhanga udushya mu kunagura plastiki no kuzibyaza ibindi bikoresho dukenera mu buzima bwa buri munsi. Ndagira ngo ngaruke ku bufatanye bw’inzego za leta n’iz’abikorera; ibi byose dukore ntitwabigeraho tudafatanyije. Abikorera bagomba kugira uruhare muri uru rugamba rwo kugabanya imyanda ya plastiki. Ibisubizo ntabwo ari twe tubifite; nta nubwo biri mu mategeko twashyiraho. Ibisubizo tubifite twese; ibitekerezo byanyu turabishima kandi turabishyigikiye. Abashoye Imari mu gushaka ibikoresho bishobora gusimbura plastiki kandi bitangiza ibidukikije twiteguye gukorana na mwe; dufatanyije nta cyatunanira kuko ibisubizo tubyifitemo.

Ubu twatangiye kuvugurura itegeko rijyanye n’ikoreshwa rya plastiki mu Rwanda kugira ngo turebe uko twakumira ibikoresho bikoreshwa rimwe bikajugunywa nk’imiheha, udukombe, amasahani, ibiyiko n’amakanya. Gusa ndagira ngo mbabwire ko u Rwanda rutaciye amacupa ya plastiki , icyo tugambiriye ni ukuyaganya; tuziko agikenewe ku isko ndetse ko hari nabashoyemo imari bayakeneye mu kugeza ibikoresho byabo ku isoko. Ariko tugomba guharanira  ugabanya imyanda ya plastiki; aho bishoboka tubikuremo ibindi bikoresho

Ndagira ngo nsoze nongera kwibutsa ko bitagombera ko Leta ishyiraho itegeko rica plastiki ngo dukunde tuzireke cyangwa tugabanye ikoreshwa ryazo aho bitari ngombwa.Biradusaba gusa guhindura imyumvire n’imigenzereze, tugahitamo ibikoresho bitangiza isi dutuye. Buri wese afite icyo ashobora gukora kandi kitamuhenze.

Twese dufatanyije dushobora kugabanya imyanda ikomoka kuri plastiki bityo tukarengera ubuzima bwacu n’ubw’abazadukomokaho.

Ndangije mbashimira uko mwitabiriye uyu munsi ndetse ntangaje ko Icyumweru cyahariwe Ibidukikije mu Rwanda gishojwe ku mugaragaro ariko gukomeza guhangana n’umwanda ukomoka kuri plastiki bigomba guhoraho. Mukomeze mugire Umunsi Mwiza wahariwe Ibidukikije ku isi.

Murakoze!

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda Introduces New Environment and Climate Change Policy

The Government of Rwanda, through the Ministry of Environment, has introduced a new Environment and Climate Change Policy to better prepare the…

Read more →

Rwanda Celebrates the World Environment Day 2019

Rwanda has joined the rest of the world to celebrate World Environment Day, the event that brought together government and non-state actors to discuss…

Read more →

Rwanda to Celebrate 2019 World Environment Day by Awarding Clean Air Champions

 

 

Every year on 5 June, Rwanda joins the rest of the international community to celebrate World Environment Day. To mark the occasion this year, the…

Read more →

Remarks by Minister Biruta at 2019 National Seminar on Air Pollution

Kigali, 05/30/2019

 

Remarks by Vincent Biruta, Minister of Environment

National Seminar on Air Pollution

Kigali Serena Hotel | 30 May 2019

 

Good…

Read more →

Motorists Are Urged to Beat Air Pollution by Regular Worthiness Motor Vehicle Inspection

Kigali, 29 May, 2019- In view of beating air pollution caused by motor vehicle emissions, Rwanda Environment Management Authority (REMA) in…

Read more →

REMA Holds Community Competitions to Raise Awareness on Fighting Air Pollution

 

As Rwanda prepares to celebrate the World Environment Day, The Rwanda Environment Management
Authority (REMA) is holding football community…

Read more →

National Environment Week Encourages Rwandans to Beat Air Pollution

 

The 2019 National Environment Week has been organised from 25 May - 5 June 2019 to draw attention to the challenges posed by air pollution and…

Read more →

Labour Day 2019: REMA Appreciates Outstanding Employees of the Year 2018-2019

On this 1 May, 2019The Management and Staff of  Rwanda Environment Management Authority (REMA) have celebrated the  International Labour Day, themed…

Read more →

Democratic Republic of Congo Delegation visits REMA

Kigali, 1 April, 2019 - A delegation from the National Agency for Sanitation and Public Health of the Democratic Republic of Congo (ANASAP), has…

Read more →