Toni zisaga 10.5 z’amasashi zafashwe zinjizwa mu Rwanda mu buryo butemewe

Amapaki asaga ibihumbi 70 y’amasashi yo gupfunyikamo yafatiwe mu ntara y’Amajyaruguru mu bihe bitandukanye yinjizwa mu Rwanda mu buryo bunyuranye n’amategeko.

Ayo masashi apima toni zisaga 10,5 yafashwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zirimo Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahoro n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze.

Kuri uyu wakane tariki 03 Gashyantare 2022 ayo masashi yashyikirijwe Ikigo cy’Igihugu cy’Ibidukikije (REMA) nacyo kiyashyikiriza uruganda rwa AgroPlast Ltd kugira ngo ruyacagagure mbere y’uko anagurwa agakorwamo ibindi bikoresho bikoreshwa inshuro nyinshi.

Ayo masashe afashwe mu gihe ikigo REMA gikomeje gukora ubugenzuzi bugamije kubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’itegeko ribuza ikoreshwa ry’amasashi mu Rwanda.

Iryo tegeko N° 17/2019 ryo ku wa 10/08/2019 ribuza ikorwa, itumizwa mu mahanga, ikoreshwa n’icuruzwa ry’amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe bikajugunywa.

Iryo tegeko rivuga ko umuntu utumiza mu mahanga amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe ahanishwa kwamburwa ayo masashe n’ibyo bikoresho no kwishyura ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’inshuro icumi z’agaciro k’ayo masashe n’ibyo bikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe.

Umuntu uranguza amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe ahanishwa ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana arindwi kandi ayo amasashe n’ ibyo bikoresho akabyamburwa.

Naho umuntu ucuruza mu buryo butaranguza amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe ahanishwa ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana atatu kandi ayo masashe n’ibyo bikoresho akabyamburwa.

Ubuyobozi bw’ikigo REMA burashimira inzego zose zigira uruhare mu iyubahirizwa ry’iri tegeko, bukanibutsa ko amasashe atemewe bushishikariza Abaturarwanda gukoresha ibiyasimbura.

Bamwe mu baturage bamaze gusobanukirwa ububi bw’amasashe bemeza ko abatarumva ububi bwayo bakwiye guhindura imyumvire, nk’uko bivugwa na Mwiseneza Adrien wo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera.

Agira ati “Ariya masashe aratubangamiye kuko n’iyo amatungo ayariye arapfa ndetse no mu mirima usanga aho ari imyaka idashobora kwera kuko abuza amazi kwinjira mu butaka, n’igihingwa wateye ntikibashe gushora imizi mu butaka ngo kivome ibigitunga iyo gihuye n’isashi. Turifuza ko hakongerwa ibihano ku bakomeje kuyakwirakwiza kuko baba bangiza ibidukikije”

Ikigo REMA kivuga ko abantu bakwiye guhindura imyumvire ku buryo bwo gupfunyika, kuko mu gihe amasashi acyinjizwa mu gihugu mu buryo butemewe bizakomeza kuba imbogamizi mu kugera kuri gahunda z’iterambere rirambye.

Whatsapp

Topics


More posts

Gishwati – Mukura National Park Management handed over to Rwanda Development Board

The Ministry of Environment has yesterday handed over the management of Gishwati – Mukura
National Park, which has been under restoration by the…

Read more →

President Kagame attends Summit on Universal Health Care and Climate Action ahead of 74th UN General Assembly

Monday, 23 September 2019 - President Kagame joins other Heads of State and Government as well as Heads of Delegations from across the world for a…

Read more →

Rwanda Celebrates the World Ozone Day under the theme “32 Years and Healing"

Monday, 16 September 2019 - This Monday, Rwanda has joined the world to celebrate the Ozone day with the theme: "32 Years of Healing." This year's…

Read more →

Rwanda joins the rest of the world to celebrate the World Ozone Day 2019

Rwanda is this coming Monday joining the rest of the world to celebrate the World Ozone Day celebrated under the theme “32 years and healing”. The day…

Read more →

Rwanda hosts first National Circular Economy Forum to advance green growth

The Ministry of Environment and partners from across government have hosted the inaugural National Circular Economy Forum to fast-track Rwanda’s…

Read more →

Stakeholders Commend Progress for the Rehabilitation of Gishwati – Mukura Landscape

Stakeholders have commended the good progress for the rehabilitation of Gishwati – Mukura landscape – an area that was transformed into a national…

Read more →

Districts are encouraged to press ahead with the implementation of the ‘green economy’ plans – Report on Climate Change Vulnerability Assessment

 Kigali, 26 June, 2019 – The Rwanda Environment Management Authority (REMA) has disseminated the findings of the 2018 Climate Change Vulnerability…

Read more →

“Convert Plastic Waste Challenges to Opportunities”  - DG Coletha Ruhamya

Kigali, 25 June, 2019- The Director General  of Rwanda Environment Management Authority (REMA), Eng. Coletha U. Ruhamya attended the World without…

Read more →

Rwanda Launches Coolease Scheme to Promote Adoption of Energy Efficient and Climate Friendly Cooling Solutions

Rwanda’s Business Development Fund (BDF), in partnership with the Rwanda Green Fund (FONERWA), UN Environment’s United for Efficiency initiative and…

Read more →