Rema Yatangije Gahunda Ifasha Abaturarwanda Gutunga Ibikoresho Bikonjesha Bizigama Umuriro

Kigali, Rwanda : Ku wa 31 Mutarama 2022 - Kuri uyu wa Mbere tariki ya 31 Mutarama 2022, Minisiteri y’Ibidukikije ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) yatangije Rwanda Cooling Initiative's Green On-Wage (R-COOL GO), gahunda izafasha abaturarwanda kubona ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro kandi bitangiza ikirere.

Abakozi bujuje ibisabwa, baba bakora mu nzego za Leta cyangwa abikorera, bashobora gusaba inguzanyo muri banki ziri muri iyi gahunda, bakabasha kugura ibikoresho bishya bikonjesha byujuje ubuziranenge bwashyizweho na Minisiteri y’Ibidukikije binyuze mu Kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), ku bufatanye n’Umushinga w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bidukikije witwa United for Efficiency (U4E) n’ikigo cyitwa Basel Agency for Sustainable Energy.

Kuri ibi, Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera yagize ati: “Ibikoresho bikonjesha kandi bihendutse ni ingenzi mu gutuma Abanyarwanda bagira ubuzima buzira umuze. N’ubwo dushishikariza abantu gukoresha uburyo bwo gukonjesha karemano usanga n’ubundi ikoranabuhanga mu gukonjesha rikenewe. Uyu munsi, tunejejwe no gutangiza ku mugaragaro uburyo bushya bwo kubona ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro kandi bitangiza ikirere”.

Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa by’Umushinga U4E, Brian Holuj avuga ko gahunda yo gufasha abaturarwanda kubona ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro ; “ari umusaruro wo guhuriza hamwe ubumenyi n’ubushobozi bw'inzego za Leta, ibigo by'imari, abacuruzi, sosiyete sivile n'abafatanyabikorwa mu iterambere, yaje ije kwihutisha gahunda yo gukwirakwiza ku isoko ibikoresho bikonjesha bigezweho kandi bikaboneka ku giciro giciriritse.”

Ibi kandi bishimangirwa n’Umuyobozi Mukuri w’Ikigo BASE, Daniel Magallon, wateruye agira ati: “R-COOL GO irerekana ko u Rwanda ari Igihugu kiza ku isonga mu gushyira mu bikorwa imishinga y'ubucuruzi igezweho ifasha Abanyarwanda kugabanya amafaranga bakoresha bagura umuriro w’amashanyarazi no kuzamura ubukungu bw'urugo binyuze mu gukoresha uburyo bwo gukonjesha bubafasha kuzigama”

Daniel Magallon yakomeje agira ati: “Inzego nka REMA, EnviroServe, Banki ya Kigali na GT Bank zatanze urugero rwiza mu gukemura ibibazo by’imihidagurikire y’ikirere mu Gihugu. Iyi gahunda dutangije none iragaragaza imikoranire y’inzego za leta n’abikorera mu gukemura ibibazo bibangamira iterambere ry’abaturage. UNEP, U4E na BASE dutewe ishema no gukorana n’izo nzego no kugira uruhare muri izi mpinduka.”

Gahunda yo gufasha abaturarwanda kubona ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro izwi nka R-COOL GO ni gahunda izafasha abakozi bahembwa buri kwezi guhitamo firigo cyangwa n’ibyuma bitanga ubuhehere mu nyubako (ACs) banyuze muri banki bakorana, aho uwujuje ibisabwa azahabwa igikoresho yahisemo. Uwahawe inguzanyo yo kugura ibyo bikoresho ashobora kwishyura mu gihe kingana cyangwa kitageze ku mezi 36.

Uretse ibyo, mu rwego rwo gushishikariza abakiriya kureka gukoresha ibikoresho bikonjesha bya kera bitwara umuriro mwinshi, hateganyijwe gahunda y’umufuragiro wa 15% uzahabwa umuntu wese ugaruye igikoresho gishaje yakoreshaga muri EnviroServe.

Ku ikubitiro, Banki ya Kigali (BK) na Guarantee Trust Bank (GT Bank) ni zo banki zatangiranye n’iyi gahunda, naho abacuruzi nka Hotpoint Rwanda, Akagera Business Group Africa (ABG), Alien Technologies na Denmar Ltd ni bo babimburirye abandi. Ibiganiro mu kureshya ibindi bigo by’imari n’abacuruzi birarimbanyije.

Itangizwa rya R-COOL GO ni intambwe y’ingenzi mu gushyira mu bikorwa intego z’iterambere rirambye zishingiye kuri gahunda ngari y’Igihugu yo gukonjesha [National Cooling Strategy] yashyizweho nk’uburyo bwihariye bwo kugenzura ishyirwa mu bikorwa by’amavugurura ya y’amasezerano ya Montreal yabereye i Kigali mu mwaka wa 2016.

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda launches the first ever cook stove testing laboratory

The Gouvernement of Rwanda has launched a cook stove testing laboratory which will also be used for testing of other aspects of renewable energies.

T…

Read more →

REMA receives computing equipment provided by FAO to enhance Greenhouse Gases inventory

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has received computing equipment that will be used for enhancing the Greenhouse Gases (GHG) national…

Read more →

Kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba biri mu nyungu za buri wese

U Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba wizihijwe tariki 16 Nzeri 2020…

Read more →

REMA yongeye kuburira abagikoresha amasashi n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA kuri uyu wakane tariki 10 Nzeri 2020 cyatangiye igenzura ku iyubahirizwa ry’itegeko ribuza ikorwa,…

Read more →

Clean skies, healthy people...

Rwanda has joined the rest of the world to mark the first-ever International Day of Clean Air for blue skies. The day calls upon all of us, from…

Read more →

Abafite imodoka barasabwa kuzirinda gusohora imyotsi ihumanya umwuka

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda, kuri uyu wagatandatu tariki 05/09/2020 batangiye igikorwa cyo…

Read more →

International Day of Clean Air for Blue Skies: Rwanda’s commitment to Preserving Air Quality and Fighting Air Pollution

Rwanda recognizes air pollution in cities and at national level as a serious environmental and health threat. According to estimates from the World…

Read more →

Abanyarwanda barakangurirwa kwirinda ibyahumanya umwuka n’ikirere

Kigali, Tariki 04 Nzeri 2020 – Uyu mwaka u Rwanda ruzifatanya n’isi kwizihiza ku nshuro ya mbere umunsi mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza n’ Ikirere Gikeye.…

Read more →

Postgraduate students funded by REMA successfully completed their research theses

Sixteen students from the University of Rwanda who were funded by the Rwanda Environment Management (REMA) under the Landscape Approach to Forest…

Read more →