Ubutaka bwo ku nkombe z’ibiyaga n’imigezi ni umutungo rusange wa Leta, ntawemerewe kubukoresha atabiherwe uruhushya na Ministeri y’Ibidukikije

Minisiteri y’ibidukikije n’Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) bari gukora ubukangurambaga bugamije kwibutsa Abaturarwanda bose ko bitemewe gushyira ibikorwa mu butaka bufatwa nk’ubuhumekero bw’ibiyaga n’imigezi, kuko ari umutungo rusange wa Leta.

Ubutaka buri muri metero 50 uvuye ku nkombe z’ibiyaga na metero 10 uvuye ku nkombe z’imigezi buri mu mutungo rusange wa Leta, hashingiwe ku iteka rya Minisitiri N°007/16.01 ryo kuwa 15/07/2010 rigena uburebure bw’ubutaka ku nkombe z’ibiyaga n’imigezi bushyizwe mu mutungo rusange wa Leta.

Itegeko N°48/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rigenga Ibidukikije mu ngingo yaryo ya 42, rivuga ko bitemewe gushyira ibikorwa by’ubuhinzi cyangwa inyubako mu butaka buri muri izo metero.

Minisitiri w’Ibidukikije Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya avuga ko “Nta bikorwa cyangwa inyubako byemewe ku butaka buri muri iyo ntera, kereka ibikorwa bigamije kubungabunga inkombe z’ibiyaga n’imigezi, cyangwa ibindi bikorwa byemewe na Mnisitiri w’ibidukikije, kandi bigaragara ko ibyo bikorwa bitangiza ibidukikije, kandi hakaba habanje gukorwa inyigo y’isuzumangaruka (Environmental Impact Assessment) ku bidukikije”

Ubutaka bushyizwe mu mutungo rusange wa Leta buvugwa muri iryo teka bufatwa nk’igice gikomye. Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), Juliet Kabera, avuga ko “inkengero z’ibiyaga n’imigezi iyo zitabungabunzwe neza, bigira ingaruka nyinshi zirimo ihumana ry’amazi y’ibiyaga n’imigezi biturutse ku bikorwa bya muntu bikorerwa mu nkengero za yo, ndetse no kwangirika k’urusobe rw’ibinyabuzima (inyamaswa n’ibimera) biba mu mazi y’ibiyaga n’imigezi no ku nkombe za byo”

Inyigo yakozwe na REMA muri 2008, yerekanye ko u Rwanda rufite ibiyaga 101 n’imigezi 863 (harimo imigezi minini 747  n’imigezi mito 116) ibarirwa uburebure bw’ibirometero 6462.

Mu mwaka wa 2019 nanone REMA yakoze indi nyigo (Guidance for Rational Management of Lakeshores Towards Sustainable  Development in Rwanda), hagamijwe kwerekana uburyo ubutaka buri muri metero 50 uvuye ku biyaga bwakoreshwa mu kubibungabunga, ariko nanone Minisiteri y’Ibidukikije ibanje kubitangira uruhushya kugira ngo ubwo butaka bukoreshwe neza.

Ni inyigo yakorewe ku biyaga bya Kivu, Mugesera, Muhazi Rweru na Burera ikaba igaragaza inkombe z’ibiyaga zikwiye kubungabungwa mu maguru mashya hagendewe ku nkombe zifite ibishanga, izifite ubutaka buhanamye bushobora gutwarwa n’isuri, ndetse n’izifite ubutaka bworoshye.

Inkombe z’ibiyaga, nk’uko byagaragajwe n’iyo nyigo, ni ibice bibangamiwe bikeneye kubungabungwa, gukorerwaho ibikorwa by’ubushakashatsi, cyangwa ibikorwa bizamura imibereho y’abaturage ariko mu gihe Minisiteri y’Ibidukikije yabitangiye uruhushya

Ikigo REMA kirasaba ubufatanye bw’Inzego za Leta, Abikorera, Imiryango Itari iya Leta ndetse n’Abaturarwanda muri rusange, kurushaho kubungabunga no kurinda inkombe z’ibiyaga n’imigezi hagamijwe iterambere rirambye.

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda launches the first ever cook stove testing laboratory

The Gouvernement of Rwanda has launched a cook stove testing laboratory which will also be used for testing of other aspects of renewable energies.

T…

Read more →

REMA receives computing equipment provided by FAO to enhance Greenhouse Gases inventory

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has received computing equipment that will be used for enhancing the Greenhouse Gases (GHG) national…

Read more →

Kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba biri mu nyungu za buri wese

U Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba wizihijwe tariki 16 Nzeri 2020…

Read more →

REMA yongeye kuburira abagikoresha amasashi n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA kuri uyu wakane tariki 10 Nzeri 2020 cyatangiye igenzura ku iyubahirizwa ry’itegeko ribuza ikorwa,…

Read more →

Clean skies, healthy people...

Rwanda has joined the rest of the world to mark the first-ever International Day of Clean Air for blue skies. The day calls upon all of us, from…

Read more →

Abafite imodoka barasabwa kuzirinda gusohora imyotsi ihumanya umwuka

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda, kuri uyu wagatandatu tariki 05/09/2020 batangiye igikorwa cyo…

Read more →

International Day of Clean Air for Blue Skies: Rwanda’s commitment to Preserving Air Quality and Fighting Air Pollution

Rwanda recognizes air pollution in cities and at national level as a serious environmental and health threat. According to estimates from the World…

Read more →

Abanyarwanda barakangurirwa kwirinda ibyahumanya umwuka n’ikirere

Kigali, Tariki 04 Nzeri 2020 – Uyu mwaka u Rwanda ruzifatanya n’isi kwizihiza ku nshuro ya mbere umunsi mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza n’ Ikirere Gikeye.…

Read more →

Postgraduate students funded by REMA successfully completed their research theses

Sixteen students from the University of Rwanda who were funded by the Rwanda Environment Management (REMA) under the Landscape Approach to Forest…

Read more →