| LDCF-II |

“Dufite Isi Imwe Rukumbi Tuyibungabunge Irusheho kuba nziza”- Imboni z’ibidukikije z’Akarere ka Bugesera

Bugesera, takiki ya 2 Kamena, 2022- Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) binyuze mu mushinga LDCFII cyahuje hamwe Imbini Z’ Ibidukikije, zisaga 533 zaturutse mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Bugesera. Iki gikorwa cy’ubukangurambaga cyari kigamije kubashishikariza kurengera ibidukikije no kongera ubudahangarwa ku mihindagurikire y’ibihe kandi bakarushaho gukora ubukangurambaga.

Iki gikorwa ni kimwe mu bikorwa by’Icyumweru Cy’Ibidukikije cyatangiye 28 Gicurasi 2022 kigasozwa kuwa 05 Kamena 2022 ku Munsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije. Insanganyamatsiko y’ Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije mu mwaka wa 2022 (WED 2022) igira iti “Dufite Isi Imwe Rukumbi Tuyibungabunge/ Only One Earth”.

Umuyobozi w’ Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yabasabye kubungabunga Isi batekereza kubazabakomokaho.

“Kwangiza ibidukikije bitugiraho ingaruka mbi. Birakwiye ko tugira uruhare mu kubungabunga Isi dutuye, kugira ngo abazadukomokaho bazasange ari nziza kdi itoshye. Abakigaragara bakora ibikorwa byo kwangiza ibidukikije, basa nkabari gutema ishami ry’igiti bicariye"

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Intara y’ Iburasirazuba, Jeanne Nyirahabimana, yabibukije ko  bagomba gukora ubukangurambaga aho batuye n’ aho bari hose.

“Iyo ibidukikije byangiritse, ubuzima burononekara. Nyuma y’ ubutumwa twahawe mu ndirimbo no mu mukino buri wese agende acengeze muri bagenzibe umuco wo kubungabunga ibidukikije.  Uko dukomeze ubukangurambaga ni ko ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije byiyongera, Isi ikarushaho kuba nziza”

Umuyobozi Mukuru w’ Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije, Juliet Kabera,  yashimye ubufatanye   bw’ Intara y’ Iburasirazuba n’ Akarere ka Bugesera mu bikorwa byo kurengera ibidukikije biciye mu Imboni z'ibidukikije.

“Imboni z’ Ibidukikije ni umuyoboro mwiza w'ubukangurambaga aho batuye mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije no kubaka ubudahangarwa ku mihindagurikire y'ibihe. Turabashimira guhitamo kwita ku bidukikije, mukaba Imboni z’ibidikikije.  Ibidukikije ni ibyacu, tugomba kubyitaho nabyo bikatugirira akamaro. Tugomba kwita ku isano kamere dufitanye n’ ibidukikije, dukoresha ku buryo burambye umutungo Kamere”

Imboni y’ Ibidukikije mu Murenge wa Rweru, Ntaganira Theogene, yashimiye iki gikorwa cy’ubukangurambaga, avuga ko we na bagenzi be bagiye gushyira akarusho mu bikorwa byo kubungabunga ibidukikije kandi ko bazaba imboni koko, nk’ uko twabihize.“Dufite Isi Imwe Rukumbi, Tuyibiungabunge Iruhseho kuba nziza” Iyi niyo ntego twihaye

Biciye mu ndirimbo no mu mukino "Ni Imwe Gusa", Abahanzi bo mu matsinda: Shalom Stars na Juru Live Band nabo batanze ubutumwa bwo kubungabura ibiyaga n'ibishanga, kurwanya isuri, guca amasashi na pulasitiki, kubungabunga amashyamba, gucunga neza imyanda, kubungabunga ikirere...

Mu butumwa bwatanzwe butandukanye basabwe:

  • Kurwanya isuri;
  • Gukumira no kugabanya imyuka ihumanya ikirere, twirinda gutwika amashyamba n’imyanda;
  • Kubungabunga no gukoresha neza ibishanga, imigezi, ibiyaga n’amashyamba;
  • Gushimangira umuco wo kwirinda ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibikoresho bikozwe muri pulasitike bikoreshwa inshuro imwe;
  • Kubahiriza intera iteganyijwe n’ itegeko ry ibidukikije uvuye ku migezi n’inzuzi (10m uvuye ku migezi, 50m uvuye ku biyaga)
  • Kwirinda gushyira ibikorwa bitemewe mu bishanga no kwirinda kwangiza ibikorwa byakozwe mu kubungabunga ingengero z’ibiyaga n’imigezi (Buffer zone)
  • Gucunga imyanda hashyirwaho ibimoteri rusange.
  • Gukorana n’inzego  zitandukanye no gutanga amakuru ku gihe ajyanye naho ibigize ibidukikije biri kwanginzwa;
  • Gukora ubukangurambaga bujyanye no kubungabunga ibidukikije aho dutuye.

END

Whatsapp

Topics


More posts

Ikigo REMA cyatangiye gutanga Imbabura zirondereza ibicanwa no kugabanya imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije (REMA) kibinyujije mu mushinga wacyo wo gusubiranya igice cy’Amayaga “Forest Landscape Restoration in…

Read more →

Beneficiaries of REMA’s Green Amayaga Project receive improved cookstoves to promote energy efficiency

Rwanda Environment Management Authority through the Forest Landscape Restoration in the Amayaga Region (Green Amayaga) Project is distributing…

Read more →

Remarks by Director General Juliet Kabera on the World Wetlands Day

  • Minister of Environment
  • Representatives of government agencies and our valued partners
  • Distinguished ladies and gentlemen
  • Friends of the…
Read more →

Water users encouraged to be water wise on World Wetlands Day

The Ministry of Environment, Rwanda Environment Management Authority and Rwanda Water Resources Board are encouraging all Rwandans, especially the…

Read more →

Electric Vehicle to Support Rwanda's Environmental Protection Efforts

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) has taken delivery of its first ever electric vehicle that will be used to support the…

Read more →

Imodoka zikoresha amashanyarazi zizafasha muri gahunda ya Leta yo kubungabunga Ibidukikije

Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) cyakiriye imodoka yacyo yambere ikoresha amashanyarazi, izagifasha kuzuza inshingano zacyo zo…

Read more →

Lakeshores and Riverbanks are public property, their use can only be authorized by the Minister in charge of Environment

The Ministry of Environment and the Rwanda Environment Management Authority (REMA) are conducting a campaign aiming at reminding Rwandan residents…

Read more →

Ubutaka bwo ku nkombe z’ibiyaga n’imigezi ni umutungo rusange wa Leta, ntawemerewe kubukoresha atabiherwe uruhushya na Ministeri y’Ibidukikije

Minisiteri y’ibidukikije n’Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) bari gukora ubukangurambaga bugamije kwibutsa Abaturarwanda bose ko…

Read more →

From ambition to action: Rwanda’s climate resilience plan

On Saturday, December 12, 2020, global leaders are meeting to discuss a problem on many of our minds: climate change. The extraordinary virtual…

Read more →