“Dufite Isi Imwe Rukumbi Tuyibungabunge Irusheho kuba nziza”- Imboni z’ibidukikije z’Akarere ka Bugesera

Bugesera, takiki ya 2 Kamena, 2022- Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) binyuze mu mushinga LDCFII cyahuje hamwe Imbini Z’ Ibidukikije, zisaga 533 zaturutse mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Bugesera. Iki gikorwa cy’ubukangurambaga cyari kigamije kubashishikariza kurengera ibidukikije no kongera ubudahangarwa ku mihindagurikire y’ibihe kandi bakarushaho gukora ubukangurambaga.

Iki gikorwa ni kimwe mu bikorwa by’Icyumweru Cy’Ibidukikije cyatangiye 28 Gicurasi 2022 kigasozwa kuwa 05 Kamena 2022 ku Munsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije. Insanganyamatsiko y’ Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije mu mwaka wa 2022 (WED 2022) igira iti “Dufite Isi Imwe Rukumbi Tuyibungabunge/ Only One Earth”.

Umuyobozi w’ Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yabasabye kubungabunga Isi batekereza kubazabakomokaho.

“Kwangiza ibidukikije bitugiraho ingaruka mbi. Birakwiye ko tugira uruhare mu kubungabunga Isi dutuye, kugira ngo abazadukomokaho bazasange ari nziza kdi itoshye. Abakigaragara bakora ibikorwa byo kwangiza ibidukikije, basa nkabari gutema ishami ry’igiti bicariye"

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Intara y’ Iburasirazuba, Jeanne Nyirahabimana, yabibukije ko  bagomba gukora ubukangurambaga aho batuye n’ aho bari hose.

“Iyo ibidukikije byangiritse, ubuzima burononekara. Nyuma y’ ubutumwa twahawe mu ndirimbo no mu mukino buri wese agende acengeze muri bagenzibe umuco wo kubungabunga ibidukikije.  Uko dukomeze ubukangurambaga ni ko ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije byiyongera, Isi ikarushaho kuba nziza”

Umuyobozi Mukuru w’ Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije, Juliet Kabera,  yashimye ubufatanye   bw’ Intara y’ Iburasirazuba n’ Akarere ka Bugesera mu bikorwa byo kurengera ibidukikije biciye mu Imboni z'ibidukikije.

“Imboni z’ Ibidukikije ni umuyoboro mwiza w'ubukangurambaga aho batuye mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije no kubaka ubudahangarwa ku mihindagurikire y'ibihe. Turabashimira guhitamo kwita ku bidukikije, mukaba Imboni z’ibidikikije.  Ibidukikije ni ibyacu, tugomba kubyitaho nabyo bikatugirira akamaro. Tugomba kwita ku isano kamere dufitanye n’ ibidukikije, dukoresha ku buryo burambye umutungo Kamere”

Imboni y’ Ibidukikije mu Murenge wa Rweru, Ntaganira Theogene, yashimiye iki gikorwa cy’ubukangurambaga, avuga ko we na bagenzi be bagiye gushyira akarusho mu bikorwa byo kubungabunga ibidukikije kandi ko bazaba imboni koko, nk’ uko twabihize.“Dufite Isi Imwe Rukumbi, Tuyibiungabunge Iruhseho kuba nziza” Iyi niyo ntego twihaye

Biciye mu ndirimbo no mu mukino "Ni Imwe Gusa", Abahanzi bo mu matsinda: Shalom Stars na Juru Live Band nabo batanze ubutumwa bwo kubungabura ibiyaga n'ibishanga, kurwanya isuri, guca amasashi na pulasitiki, kubungabunga amashyamba, gucunga neza imyanda, kubungabunga ikirere...

Mu butumwa bwatanzwe butandukanye basabwe:

  • Kurwanya isuri;
  • Gukumira no kugabanya imyuka ihumanya ikirere, twirinda gutwika amashyamba n’imyanda;
  • Kubungabunga no gukoresha neza ibishanga, imigezi, ibiyaga n’amashyamba;
  • Gushimangira umuco wo kwirinda ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibikoresho bikozwe muri pulasitike bikoreshwa inshuro imwe;
  • Kubahiriza intera iteganyijwe n’ itegeko ry ibidukikije uvuye ku migezi n’inzuzi (10m uvuye ku migezi, 50m uvuye ku biyaga)
  • Kwirinda gushyira ibikorwa bitemewe mu bishanga no kwirinda kwangiza ibikorwa byakozwe mu kubungabunga ingengero z’ibiyaga n’imigezi (Buffer zone)
  • Gucunga imyanda hashyirwaho ibimoteri rusange.
  • Gukorana n’inzego  zitandukanye no gutanga amakuru ku gihe ajyanye naho ibigize ibidukikije biri kwanginzwa;
  • Gukora ubukangurambaga bujyanye no kubungabunga ibidukikije aho dutuye.

END

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda elected to chair Platform of Environmental Protection Agencies in Africa

The first-ever roundtable meeting of Heads of Environmental Protection Agencies and Directors of Environment in Africa (EPAs) has elected Rwanda to…

Read more →

Rwanda to host African Heads of Environmental Protection Agencies to discuss common environmental challenges

Rwanda will from 7–8 March 2023 host the first meeting of the Heads of Environment Protection Agencies and Directors of Environment in Africa (EPAs). 

Read more →

Rwandans Urged to halt wetlands degradation and contribute to wetlands restoration

Kigali, February 02,2023- Rwanda joins the rest of the world to commemorate World Wetlands Day (WWD) usually celebrated every year with the ultimate…

Read more →

IMF Managing Director commends Rwanda’s commitment to fighting climate change

The Managing Director of the International Monetary Fund (IMF), Kristalina Georgieva commends Rwanda’s commitment to fighting climate change and being…

Read more →

Rwanda Environment Management Authority and AKADEMIYA2063 Launched Partnership to Support Climate Mitigation and Adaptation

Kigali, January 11, 2022 – In view of implementing the African Union Commission (AUC) resolution to support African Union (AU) member states to comply…

Read more →

The new Global Biodiversity Framework with an ambitious plan to protect and restore nature

Montreal, Canada,  22 December 2022 - The “Kunming-Montreal Global Biodiversity Framework” (GBF) adopted at the 15th meeting of the Conference of…

Read more →

Rwanda launches a five-year initiative to improve hazardous waste management

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) and the United Nations Development Programme (UNDP) have today launched a five-year project to…

Read more →

Rwanda calls on the world to put nature first and agree on an ambitious Global Biodiversity Framework

Rwanda is calling on nations of the world to join hands and agree on an ambitious Global Biodiversity Framework at this UN Biodiversity Conference…

Read more →