Rema Yatangije Gahunda Ifasha Abaturarwanda Gutunga Ibikoresho Bikonjesha Bizigama Umuriro

Kigali, Rwanda : Ku wa 31 Mutarama 2022 - Kuri uyu wa Mbere tariki ya 31 Mutarama 2022, Minisiteri y’Ibidukikije ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) yatangije Rwanda Cooling Initiative's Green On-Wage (R-COOL GO), gahunda izafasha abaturarwanda kubona ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro kandi bitangiza ikirere.

Abakozi bujuje ibisabwa, baba bakora mu nzego za Leta cyangwa abikorera, bashobora gusaba inguzanyo muri banki ziri muri iyi gahunda, bakabasha kugura ibikoresho bishya bikonjesha byujuje ubuziranenge bwashyizweho na Minisiteri y’Ibidukikije binyuze mu Kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), ku bufatanye n’Umushinga w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bidukikije witwa United for Efficiency (U4E) n’ikigo cyitwa Basel Agency for Sustainable Energy.

Kuri ibi, Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera yagize ati: “Ibikoresho bikonjesha kandi bihendutse ni ingenzi mu gutuma Abanyarwanda bagira ubuzima buzira umuze. N’ubwo dushishikariza abantu gukoresha uburyo bwo gukonjesha karemano usanga n’ubundi ikoranabuhanga mu gukonjesha rikenewe. Uyu munsi, tunejejwe no gutangiza ku mugaragaro uburyo bushya bwo kubona ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro kandi bitangiza ikirere”.

Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa by’Umushinga U4E, Brian Holuj avuga ko gahunda yo gufasha abaturarwanda kubona ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro ; “ari umusaruro wo guhuriza hamwe ubumenyi n’ubushobozi bw'inzego za Leta, ibigo by'imari, abacuruzi, sosiyete sivile n'abafatanyabikorwa mu iterambere, yaje ije kwihutisha gahunda yo gukwirakwiza ku isoko ibikoresho bikonjesha bigezweho kandi bikaboneka ku giciro giciriritse.”

Ibi kandi bishimangirwa n’Umuyobozi Mukuri w’Ikigo BASE, Daniel Magallon, wateruye agira ati: “R-COOL GO irerekana ko u Rwanda ari Igihugu kiza ku isonga mu gushyira mu bikorwa imishinga y'ubucuruzi igezweho ifasha Abanyarwanda kugabanya amafaranga bakoresha bagura umuriro w’amashanyarazi no kuzamura ubukungu bw'urugo binyuze mu gukoresha uburyo bwo gukonjesha bubafasha kuzigama”

Daniel Magallon yakomeje agira ati: “Inzego nka REMA, EnviroServe, Banki ya Kigali na GT Bank zatanze urugero rwiza mu gukemura ibibazo by’imihidagurikire y’ikirere mu Gihugu. Iyi gahunda dutangije none iragaragaza imikoranire y’inzego za leta n’abikorera mu gukemura ibibazo bibangamira iterambere ry’abaturage. UNEP, U4E na BASE dutewe ishema no gukorana n’izo nzego no kugira uruhare muri izi mpinduka.”

Gahunda yo gufasha abaturarwanda kubona ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro izwi nka R-COOL GO ni gahunda izafasha abakozi bahembwa buri kwezi guhitamo firigo cyangwa n’ibyuma bitanga ubuhehere mu nyubako (ACs) banyuze muri banki bakorana, aho uwujuje ibisabwa azahabwa igikoresho yahisemo. Uwahawe inguzanyo yo kugura ibyo bikoresho ashobora kwishyura mu gihe kingana cyangwa kitageze ku mezi 36.

Uretse ibyo, mu rwego rwo gushishikariza abakiriya kureka gukoresha ibikoresho bikonjesha bya kera bitwara umuriro mwinshi, hateganyijwe gahunda y’umufuragiro wa 15% uzahabwa umuntu wese ugaruye igikoresho gishaje yakoreshaga muri EnviroServe.

Ku ikubitiro, Banki ya Kigali (BK) na Guarantee Trust Bank (GT Bank) ni zo banki zatangiranye n’iyi gahunda, naho abacuruzi nka Hotpoint Rwanda, Akagera Business Group Africa (ABG), Alien Technologies na Denmar Ltd ni bo babimburirye abandi. Ibiganiro mu kureshya ibindi bigo by’imari n’abacuruzi birarimbanyije.

Itangizwa rya R-COOL GO ni intambwe y’ingenzi mu gushyira mu bikorwa intego z’iterambere rirambye zishingiye kuri gahunda ngari y’Igihugu yo gukonjesha [National Cooling Strategy] yashyizweho nk’uburyo bwihariye bwo kugenzura ishyirwa mu bikorwa by’amavugurura ya y’amasezerano ya Montreal yabereye i Kigali mu mwaka wa 2016.

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda elected to chair Platform of Environmental Protection Agencies in Africa

The first-ever roundtable meeting of Heads of Environmental Protection Agencies and Directors of Environment in Africa (EPAs) has elected Rwanda to…

Read more →

Rwanda to host African Heads of Environmental Protection Agencies to discuss common environmental challenges

Rwanda will from 7–8 March 2023 host the first meeting of the Heads of Environment Protection Agencies and Directors of Environment in Africa (EPAs). 

Read more →

Rwandans Urged to halt wetlands degradation and contribute to wetlands restoration

Kigali, February 02,2023- Rwanda joins the rest of the world to commemorate World Wetlands Day (WWD) usually celebrated every year with the ultimate…

Read more →

IMF Managing Director commends Rwanda’s commitment to fighting climate change

The Managing Director of the International Monetary Fund (IMF), Kristalina Georgieva commends Rwanda’s commitment to fighting climate change and being…

Read more →

Rwanda Environment Management Authority and AKADEMIYA2063 Launched Partnership to Support Climate Mitigation and Adaptation

Kigali, January 11, 2022 – In view of implementing the African Union Commission (AUC) resolution to support African Union (AU) member states to comply…

Read more →

The new Global Biodiversity Framework with an ambitious plan to protect and restore nature

Montreal, Canada,  22 December 2022 - The “Kunming-Montreal Global Biodiversity Framework” (GBF) adopted at the 15th meeting of the Conference of…

Read more →

Rwanda launches a five-year initiative to improve hazardous waste management

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) and the United Nations Development Programme (UNDP) have today launched a five-year project to…

Read more →

Rwanda calls on the world to put nature first and agree on an ambitious Global Biodiversity Framework

Rwanda is calling on nations of the world to join hands and agree on an ambitious Global Biodiversity Framework at this UN Biodiversity Conference…

Read more →