Abatwara ibinyabiziga barasabwa kurwanya ihumana ry’ikirere riterwa n’imyotsi bisohora

Abatwara imodoka na moto mu Rwanda, n’abafite imashini zikoresha mazutu na lisansi barasabwa kurwanya ihumana ry’ikirere basuzumisha ibinyabiziga byabo uko bikwiye, kugabanya ingendo zitari ngombwa, kuzimya moteri z’ibinyabiziga igihe bihagaze no gukoresha ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi aho bishoboka. Barabisabwa muri gahunda y’ubukangurambaga bwatangijwe na Minisiteri y’Ibidukikije ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), Ikigo cy’Igihugu gitsura ubuziranenge (RSB), Ikigo gishinzwe ibijyanye n’Isanzure (RSA) na Polisi y’u Rwanda.

Raporo z’igihugu ku mihindagurikire y’ibihe zitangwa ku bunyamabanga bw’amasezerano ku mihindagurikire y’ibihe (UNFCCC) - ni ukuvuga First Biennial Update Report yatanzwe mu kwezi k’Ukuboza 2021 na Third National Communication yatanzwe mu 2018 - zombi zigaragaza ko myinshi mu myuka yongera ubushyuhe mu kirere cy’u Rwanda isohorwa n’imodoka na moto. Ubushakashatsi bwakozwe na REMA bugatangazwa mu 2017, nabwo bwerekanye ko imyotsi isohorwa n’ibinyabiziga iza ku isonga mu bihumanya umwuka mu mijyi y’u Rwanda.

Ibinyabiziga n’imashini bihumanya ikirere cyane ni ibidasuzumishwa uko bikwiye cyangwa bigakoresha mazutu na lisansi bitujuje ibipimo by’ubuziranenge. Ubu bukangurambaga bwiswe Ikinyabiziga kizima, Umwuka mwiza burahamagarira ababifite kubisuzumisha no gukoresha amavuta yujuje ibipimo by’ubuziranenge. Kubyubahiriza bizagira uruhare mu kugabanya imyuka yongera ubushyuhe mu kirere igateza imihindagurikire y’ibihe, ndetse binongere ubuziranenge bw’umwuka abantu bahumeka.

Umuyobozi mukuru w’Ikigo REMA, Juliet Kabera agira ati “U Rwanda rwashyizeho uburyo bw’ikoranabuhanga bugenzura bukanatanga amakuru y’ako kanya ku buziranenge bw’umwuka, aturuka sitasiyo 23 ziri hirya no hino mu gihugu. Iryo koranabuhanga rigaragaza ibihumanya umwuka, kandi byinshi muri byo bifitanye isano n’imyotsi iva mu binyabiziga n’izindi mashini zikoresha lisansi na mazutu. Ni inshingano za buri wese gusuzumisha buri gihe ikinyabiziga cye, gukoresha lisansi na mazutu byujuje ubuziranenge, no gutangira gukoresha imodoka zikoresha amashanyarazi aho bishoboka kugira abantu bose bahumeke umwuka mwiza”

Yongeraho ko “Biteganyijwe ko umubare w’ibinyabiziga mu Rwanda uzikuba kabiri muri 2030, bityo ihumana ry’ikirere, ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe ndetse n’ikiguzi gifitanye isano n’umubyigano w’ibinyabiziga n’ubuzima nacyo kikaziyongera tudafashe ingamba zihuse”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera nawe yungamo agira ati “Uruhare rw’ibinyabiziga mu guhumanya umwuka mu mijyi ni runini. Ibinyabiziga byose mu Rwanda bigomba gukorerwa isuzuma n’Ikigo gipima ubuziranenge bw’ibinyabiziga hakanarebwa ingano y’imyotsi bisohora. Ikinyabiziga cyose gisohora imyotsi irengeje ibipimo byemewe nticyemewe mu Rwanda. Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda naryo ryatangiye gupima ingano y’imyotsi isohorwa n’ibinyabiziga ryifashishije ibikoresho ngendanwa” 

Ihumana ry’ikirere riri mu mbogamizi zikomeye zugarije ubuzima bwa muntu. Kugeza ubu, 90% by’abatuye isi bahumeka umwuka wanduye, kandi abantu hafi miriyoni zirindwi bapfa buri mwaka bazize indwara zifitanye isano no guhumeka umwuka wanduye. Ihumana ry’ikirere rihombya isi miriyari 5 z’amadolari ya Amerika mu kwita ku ku buzima bw’abagerwaho ingaruka no guhumeka umwuka wanduye buri mwaka, kandi biteganyijwe ko kwangirika kw’akayunguruzo k’imirasire y’izuba biturutse ku bikorwa bya muntu bizagabanya umusaruro w’ubuhinzi ku gipimo cya 26% kugeza mu 2030. 

Mu mwaka wa 2012, impfu zisaga 2,200 zasanishijwe n’ihumana ry’ikirere, imibare ikagaragaza ko n’abivuje indwara zandurira mu myanya y’ubuhumekero mu bigo nderabuzima byo hirya no hino mu gihugu biyongereye bava kuri 1,682,321 muri 2012, bagera kuri 3,331,300 mu 2015.

Mu kubungabunga ubuziranenge bw’umwuka, ubuzima bw’Abanyarwanda n’ibidukikije, Guverinoma y’u Rwanda mu 2015 yemeje ko ibinyabiziga bigomba gupimwa ingano y’imyotsi bisohora. Mu 2019 na 2020, Ikigo RSB cyatangaje ibipimo ngenderwaho by’ubuziranenge -  bw’umwuka, iby’ingano y’imyotsi isohorwa n’ibinyabiziga, ndetse n’iby’amavuta akoreshwa n’ibinyabiziga - biri ku rwego rw’igipimo cya kane (Euro 4) ku mugabane w’Uburayi, bikaba bifatwa nk’ishingiro mu kugenzura ihumana ry’ikirere, gusuzuma no kugenzura ingano y’imyotsi ibinyanyabiziga bisohora hagamijwe kubungabunga ibidukikije, n’ubuzima bw’Abanyarwanda.

Iteka rya Minisitiri rijyanye n’ihumana ry’ikirere rivuga ko umuntu ufite cyangwa ukoresha imashini ikoreshwa n’ibikomoka kuri peterori agomba kuyisuzumisha no kuyitaho kugira ngo idasohora imyotsi irengeje ibipimo byemewe. Itegeko ryerekeye kurwanya ihumana ry’ikirere mu Rwanda naryo rivuga ko umuntu wese ufite ikinyabiziga - gitwara abantu cyangwa ibintu - gisohora imyotsi agomba kugenzura ingano y’imyotsi gisohora.

Kureba amakuru yerekeye ubuziranenge bw’umwuka

Whatsapp

Topics


More posts

IMF Managing Director commends Rwanda’s commitment to fighting climate change

The Managing Director of the International Monetary Fund (IMF), Kristalina Georgieva commends Rwanda’s commitment to fighting climate change and being…

Read more →

Rwanda Environment Management Authority and AKADEMIYA2063 Launched Partnership to Support Climate Mitigation and Adaptation

Kigali, January 11, 2022 – In view of implementing the African Union Commission (AUC) resolution to support African Union (AU) member states to comply…

Read more →

The new Global Biodiversity Framework with an ambitious plan to protect and restore nature

Montreal, Canada,  22 December 2022 - The “Kunming-Montreal Global Biodiversity Framework” (GBF) adopted at the 15th meeting of the Conference of…

Read more →

Rwanda launches a five-year initiative to improve hazardous waste management

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) and the United Nations Development Programme (UNDP) have today launched a five-year project to…

Read more →

Rwanda calls on the world to put nature first and agree on an ambitious Global Biodiversity Framework

Rwanda is calling on nations of the world to join hands and agree on an ambitious Global Biodiversity Framework at this UN Biodiversity Conference…

Read more →

Rwanda and Norway to host a "Roadmap to end plastic pollution by 2024" event at WCEF2022

Rwanda and Norway through the Rwanda Environment Management Authority (REMA) are organising a "Road map to end plastic pollution by 2040" side event…

Read more →

Negotiations on global treaty to end plastic pollution begin in Uruguay

Rwanda will join nations from around the world in Uruguay to begin drafting a global treaty to end plastic pollution with the first session of the…

Read more →

AIMS and REMA launch Kigali City Framework for Noise and Air Quality Monitoring Campaign

The African Institute for Mathematical Sciences (AIMS), in partnership with Rwanda Environment Management Authority (REMA), have today launched the…

Read more →

Rwanda welcomes COP27 outcomes on climate damages fund and keeping 1.5 degree goal alive

The Government of Rwanda has welcomed the outcomes of the 27th United Nations Climate Change Conference, known as COP27. At the meeting, nations…

Read more →