Isi iteye intambwe ikomeye mu kurwanya ihumana riterwa na pulastiki

Inteko rusange ya gatanu y’umuryango w’abibumbye yiga ku bidukikije (UNEA 5.2) ibera i Nairobi muri Kenya, yemeje umwanzuro w’amasezerano mpuzamahanga agamije kurwanya ihumana ry’ibidukikije riterwa n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe.

Ni umwanzuro wateguwe n’u Rwanda ku bufatanye na Peru – wamurikiwe isi muri Nzeri 2021 – ukaba witezweho gushyiraho amasezerano mpuzamahanga azafasha mu guhangana n’ikibazo cy’ihumana rituruka kuri pulastiki gihangayikishije isi. 

Ibihugu byose – ibikora ku nyanja, ibidakora ku nyanja n’ibirwa – bigerwaho n’ingaruka zituruka kuri pulasitiki, kuva ku bikoresho bya pulastiki bikoreshwa inshuro imwe bikajugunywa, kugeza ku duce duto duto twa pulastiki tutaboneshwa amaso.

Umwanzuro wemejwe uyu munsi witezweho gushyiraho amasezerano mpuzamahanga mu gihe cya vuba azahindura byinshi ku buryo abantu bakoreshaga pulasitiki. Ayo masezerano kandi azatuma hashyirwaho ingamba gushyiraho ingambazihamye n’ubugenzuzi buhoraho binyuze mu igenamigambi ry’ibihugu, ndetse hanashyirweho ubufatanye n’imikoranire igamije gusangira ubumenyi.  

Kugira Igisubizo gikemura mu buryo burambye ikibazo cy’imyanda ya pulasitiki ni ingenzi, kandi gutegura amasezerano mpuzamahanga nk’ayo nicyo biba bigamije. Impinduka zirambye zigaragara gusa iyo hafashwe ingamba zikumira ikoreshwa rya pulasitiki mu buzima bwa buri munsi, hakanashyirwaho ingamba zo guteza imbere ubukungu bwisubira butabangamira ibidukikije hibandwa kukunagura no kunoza imicungire y’imyanda ya pulasitiki.  

Mu biganiro byagejeje ku kwemeza uwo mwanzuro, intumwa z’u Rwanda – ziyobowe na Minisiitiri w’Ibidukikije, Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya, afashijwe n’umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibididukikije (REMA), Juliet Kabera – zifashishije ubunararibonye bw’u Rwanda mu kubuza amasashi n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe, ndetse n’amahirwe y’ishoramari ryo gukora ibisimbura amasashi bikorewe imbere mu gihugu yabonetse nyuma y’uko hafashwe umwanzuro wo kubuza amasashi n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe.

Minisitiri Mujawamariya agira ati “Twishimiye ko umuryango mpuzamahanga wemeje umwanzuro wo kurwanya ihumana riterwa na pulasitiki wateguwe n’u Rwanda ku bufatanye na Peru. Iki cyemezo ni intambwe ikomeye itewe n’ibihugu mu kurinda umubumbe wacu kuzura imyanda ya pulasitiki. Dutewe ishema n’uruhare twagize kandi twizeye ko bwambere ibihugu noneho bigiye gushyiraho amasezerano mpuzamahanga aduha twese umukoro wo kubaka ejo hazaza heza” 

Yongeraho ko “U Rwanda rwabonye mbere ingaruka mbi z’ihumana riterwa na pulastiki zikoreshwa inshuro imwe. Twabonye ingaruka byagize ku bidukikije no ku baturage bacu, ari nayo mpamvu twafashe ingamba zo kurwanya ihumana riterwa na pulasitiki. Mu mwaka wa 2008, u Rwanda rwabaye kimwe mu bihugu byambere byari biciye amasashe, naho mu 2019 rwemeza itegeko ribuza ibikoresho bikoze muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe” 

Kwemeza uyu mwanzuro ndetse no gushyiraho amasezerano mpuzamahanga bizoroshya ubufatanye mpuzamahanga binyuze mu ikoranabuhanga no gusangira ubumenyi, ndetse no gushyiraho uburyo bukwiye bwo gushora imari mu bisimbura pulasitiki hagamijwe guteza imbere ubukungu bwisubira kandi butangiza ibidukikije.

Guverinoma y’u Rwanda ifite icyizere, bitewe ahanini n’ubushake ibihugu bigaragaza mu gushaka igisubizo cy’iki kibazo ndetse ko ibiganiro bizakomeza no mu bihe biri imbere, bitewe n’uko isi ikeneye igisubizo cyihuse mu gukemura ikibazo cya pulasitiki kiyugarije.

Iyi ni yo mpamvu u Rwanda rwafashe iyambere mu guhuriza hamwe ibihugu bitandukanye bigaragaza ubushake, kugira ngo bikore ihuriro ryo kurangiza burundu ikibazo cy’ihumana riterwa na pulasitiki. Iryo huriro rizakorana na komite ishinzwe imishyikirano hagati ya za guverinoma, igihe izaba itegura ayo masezerano mpuzamahanga yo kurwanya pulasitiki, inakora ubuvugizi ku ngamba zihutirwa zo kurengera ubuzima bwa muntu, urusobe rw’ibinyabuzima n’ikirere. 

Iryo huriro riyobowe n’u Rwanda ku bufatanye n’igihugu cya Norway mu banyamuryango baryo hakaba harimo ibihugu byo hirya no hino ku isi –  ibikora ku nyanja n’ibidakoraho –  ibyo bikaba byerekana ko imyanda ya pulasitiki iri ikibazo kireba umubumbe wose, kikaba ari imbogamizi kuri twese. U Rwanda na Norway birahamagarira ibihugu byose kujya muri iryo huriro rigamije gukemura ikibazo cy’ihumana riterwa na pulasitiki.

 

Whatsapp

Topics


More posts

RWANDA MARKS WORLD ENVIRONMENT DAY AFTER WEEKLONG CAMPAIGN PROMOTING SOLUTIONS TO PLASTIC POLLUTION

Rwanda has on June 5, 2023 joined the rest of the World to mark the World Environment Day (WED 2023), which is marked with the theme Beat Plastic…

Read more →

Rwanda and partners launch two projects to advance energy efficiency and sustainable cooling

The Government of Rwanda, through the Rwanda Environment Management Authority (REMA), the Food and Agriculture Organization (FAO) and the Green…

Read more →

REMA launches the Evidence-based Climate Reporting Initiative to advance climate research and reporting

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) in collaboration with the African Institute of Mathematical Sciences (AIMS) have on May 19, 2023…

Read more →

National Ozone Officers meet in Kigali to discuss the implementation of Montreal Protocol and its Kigali Amendment

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) in collaboration with the United Nations Environment Programme (UNEP)’s OzonAction has organized a…

Read more →

Minister Mujawamariya officiates the use of LPG donated to 20 schools by REMA through Green Amayaga Project

The Minister of Environment, Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya has on 3rd May 2023 launched the use of Liquefied Petroleum Gas (LPG) for bulk cooking in…

Read more →

Delegates from across Africa meet in Kigali to Develop Priorities and Strategies for International Legally Binding Instrument to End Plastic Pollution

The Rwanda Environment Management Authority (REMA), in collaboration with the Environmental Investigation Agency (EIA) and the Center for…

Read more →

Rwanda elected to chair Platform of Environmental Protection Agencies in Africa

The first-ever roundtable meeting of Heads of Environmental Protection Agencies and Directors of Environment in Africa (EPAs) has elected Rwanda to…

Read more →

Rwanda to host African Heads of Environmental Protection Agencies to discuss common environmental challenges

Rwanda will from 7–8 March 2023 host the first meeting of the Heads of Environment Protection Agencies and Directors of Environment in Africa (EPAs). 

Read more →