Toni zisaga 10.5 z’amasashi zafashwe zinjizwa mu Rwanda mu buryo butemewe

Amapaki asaga ibihumbi 70 y’amasashi yo gupfunyikamo yafatiwe mu ntara y’Amajyaruguru mu bihe bitandukanye yinjizwa mu Rwanda mu buryo bunyuranye n’amategeko.

Ayo masashi apima toni zisaga 10,5 yafashwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zirimo Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahoro n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze.

Kuri uyu wakane tariki 03 Gashyantare 2022 ayo masashi yashyikirijwe Ikigo cy’Igihugu cy’Ibidukikije (REMA) nacyo kiyashyikiriza uruganda rwa AgroPlast Ltd kugira ngo ruyacagagure mbere y’uko anagurwa agakorwamo ibindi bikoresho bikoreshwa inshuro nyinshi.

Ayo masashe afashwe mu gihe ikigo REMA gikomeje gukora ubugenzuzi bugamije kubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’itegeko ribuza ikoreshwa ry’amasashi mu Rwanda.

Iryo tegeko N° 17/2019 ryo ku wa 10/08/2019 ribuza ikorwa, itumizwa mu mahanga, ikoreshwa n’icuruzwa ry’amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe bikajugunywa.

Iryo tegeko rivuga ko umuntu utumiza mu mahanga amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe ahanishwa kwamburwa ayo masashe n’ibyo bikoresho no kwishyura ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’inshuro icumi z’agaciro k’ayo masashe n’ibyo bikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe.

Umuntu uranguza amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe ahanishwa ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana arindwi kandi ayo amasashe n’ ibyo bikoresho akabyamburwa.

Naho umuntu ucuruza mu buryo butaranguza amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe ahanishwa ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana atatu kandi ayo masashe n’ibyo bikoresho akabyamburwa.

Ubuyobozi bw’ikigo REMA burashimira inzego zose zigira uruhare mu iyubahirizwa ry’iri tegeko, bukanibutsa ko amasashe atemewe bushishikariza Abaturarwanda gukoresha ibiyasimbura.

Bamwe mu baturage bamaze gusobanukirwa ububi bw’amasashe bemeza ko abatarumva ububi bwayo bakwiye guhindura imyumvire, nk’uko bivugwa na Mwiseneza Adrien wo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera.

Agira ati “Ariya masashe aratubangamiye kuko n’iyo amatungo ayariye arapfa ndetse no mu mirima usanga aho ari imyaka idashobora kwera kuko abuza amazi kwinjira mu butaka, n’igihingwa wateye ntikibashe gushora imizi mu butaka ngo kivome ibigitunga iyo gihuye n’isashi. Turifuza ko hakongerwa ibihano ku bakomeje kuyakwirakwiza kuko baba bangiza ibidukikije”

Ikigo REMA kivuga ko abantu bakwiye guhindura imyumvire ku buryo bwo gupfunyika, kuko mu gihe amasashi acyinjizwa mu gihugu mu buryo butemewe bizakomeza kuba imbogamizi mu kugera kuri gahunda z’iterambere rirambye.

Whatsapp

Topics


More posts

RWANDA MARKS WORLD ENVIRONMENT DAY AFTER WEEKLONG CAMPAIGN PROMOTING SOLUTIONS TO PLASTIC POLLUTION

Rwanda has on June 5, 2023 joined the rest of the World to mark the World Environment Day (WED 2023), which is marked with the theme Beat Plastic…

Read more →

Rwanda and partners launch two projects to advance energy efficiency and sustainable cooling

The Government of Rwanda, through the Rwanda Environment Management Authority (REMA), the Food and Agriculture Organization (FAO) and the Green…

Read more →

REMA launches the Evidence-based Climate Reporting Initiative to advance climate research and reporting

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) in collaboration with the African Institute of Mathematical Sciences (AIMS) have on May 19, 2023…

Read more →

National Ozone Officers meet in Kigali to discuss the implementation of Montreal Protocol and its Kigali Amendment

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) in collaboration with the United Nations Environment Programme (UNEP)’s OzonAction has organized a…

Read more →

Minister Mujawamariya officiates the use of LPG donated to 20 schools by REMA through Green Amayaga Project

The Minister of Environment, Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya has on 3rd May 2023 launched the use of Liquefied Petroleum Gas (LPG) for bulk cooking in…

Read more →

Delegates from across Africa meet in Kigali to Develop Priorities and Strategies for International Legally Binding Instrument to End Plastic Pollution

The Rwanda Environment Management Authority (REMA), in collaboration with the Environmental Investigation Agency (EIA) and the Center for…

Read more →

Rwanda elected to chair Platform of Environmental Protection Agencies in Africa

The first-ever roundtable meeting of Heads of Environmental Protection Agencies and Directors of Environment in Africa (EPAs) has elected Rwanda to…

Read more →

Rwanda to host African Heads of Environmental Protection Agencies to discuss common environmental challenges

Rwanda will from 7–8 March 2023 host the first meeting of the Heads of Environment Protection Agencies and Directors of Environment in Africa (EPAs). 

Read more →