Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije: Igihe kirageze ngo tuzirikane ububi bwa plastiki mu mibereho yacu

Kuri uyu wa 05 Kamena, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije, uyu ukaba ari umwanya wo kuganira ku bibazo bibangamira ibidukikije. Uyu mwaka hibanzwe ku ihumana ry’ibidukikije riterwa na pulasitiki.

Ibikorwa byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije mu Rwanda byashoje Icyumweru cyahariwe Kwita ku Bidukikije, cyaranzwe n’ubukangurambaga ku kurwanya ihumana ry’ibidukikije riterwa na pulasitiki no kugabanya umutwaro w’ihumana riterwa no gukoresha pulasitiki zikoreshwa inshuro imwe, haba ku bidukikije ndetse no ku buzima.

Minisitiri w’Ibidukikije, Vincent Biruta yagize ati: “Uyu ni umwanya mwiza wo gufata ingamba zihamye zo gukumira ihumana ry’ibidukikije riterwa na plastiki; cyane cyane irikomoka ku ikoreshwa rya plastiki zikoreshwa rimwe gusa tukazijugunya. Ubukangurambaga bwo kugabanya ikoreshwa rya plastiki buratwibutsa ko twese uko turi hano dufite uruhare mu kubungabunga ibidukikije duhitamo gukoresha ibikoresho biramba kandi bitangiza ibidukikije.  Ubufatanye bw’inzego za leta, abikorera, imiryango itegamiye kuri Leta ndetse n’abaturarwanda bose muri rusange nibwo buzatuma tugera kuri iyi ntego.”

Yongeyeho ati, “Ntibisaba ko Leta ishyiraho itegeko rica plastiki ngo dukunde tuzireke cyangwa tugabanye ikoreshwa ryazo aho bitari ngombwa.Biradusaba gusa guhindura imyumvire n’imigenzereze, tugahitamo ibikoresho bitangiza isi dutuye. Buri wese afite icyo ashobora gukora kandi kitamuhenze”.

Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije mu Rwanda wizihijwe hakorwa ibikorwa binyuranye bishingiye ku nsangayamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Turwanye ihumana ry’ibidukikije riterwa na pulasitiki”. Iyi nsanganyamatsiko irahamagarira Leta, inganda, abaturage muri rusange, n’abantu ku giti cyabo gufatanya mu rugamba rwo kugabanya ikoreshwa rya pulasitiki zikoreshwa inshuro imwe.

Mu kwizihiza uyu Munsi hanatangijwe ubukangurambaga ku kuvangura imyanda ya pulasitiki no gukusanya amacupa ya pulasitiki hashyirwaho ibijuguywamo imyanda ya plastiki mu bice binyuranye, imurika ry’ibikoresho bisimbura ibya pulasitiki byakozwe muri pulasitiki zanaguwe hagamijwe kugaragaza ibishya byahanzwe mu  gauge mu rwego rwo kunagura za pulasitiki no guhemba abatsinze amarushanwa ku kwita ku bidukikije mu mashuri.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije, Eng. Coletha Ruhamya yagize ati “Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije ntabwo ari umunsi wo kwishima no kwizihiza ibidukikije gusa. Ni n’umwanya wo kongera gutekereza ku isano dufitanye n’ibidukikije n’uko twarushaho guteza imbere igihugu cyacu mu buryo butangiza ibidukikije”.

Yongeye agira ati “Uyu mwaka, turazirikana ikibazo cyumvikana cyane kandi kibangamiye ibidukikije muri iki gihe cyacu: ihumana ry’ibidukikije riterwa na pulasitiki. Dukeneye gukorera hamwe kugira ngo tubonere iki kibazo igisubizo kirambye. Kureka gukoresha pulasitiki zikoreshwa inshuro imwe tukazisimbuza ibindi bikoresho biramba ni cyo gishoro cy’ibanze ku hazaza h’isi yacu.

Buri mwaka, mu isi hakorwa miliyoni z’amatoni ya pulasitiki, inyinshi muri zo ntizinagurwa ngo zikorwemo ibindi bikoresho. Izi pulasitiki iyo zimaze gukoreshwa zijugunywa mu bimpoteri, imigezi, ibiyaga,inyanja cyangwa mu miyoboro y’amazi aho zishobora gucikagurikamo uduce duto cyane tukabyara ibinyabutabire bihumanya bigenda bikajya mu byo turya no mu mazi.

Mu myaka isaga icumi ishize, u Rwanda rwagiye rukora ubukangurambaga ku bijyanye n’inyungu z’ubuzima butarangwamo pulasitiki hagamijwe kurengera ibidukikije no gusigasira ubuzima. Mu mwaka wa 2008, u Rwanda rwahagaritse itumizwa, ikorwa, icuruzwa n’ikoreshwa ry’amasashi ya pulasitiki. Guharika ikoreshwa ry’amasashi pulasitiki mu Rwanda, byarafashije mu byerekeye isuku yiyongera, kandi byongera amahirwe y’ishoramari n’iterambere, cyane cyane mu bijyanye no gukora ibikoresho bipfunyikwamo bitangiza ibidukikije no kunagura pulasitiki zakoreshejwe.

Uyu munsi twese turahamagarirwa gutera indi ntambwe twerekeza mu kubaho ubuzima buzira pulastiki: kubaho ubuzima butarangwamo pulasitiki zikoreshwa inshuro imwe zikajugunywa bizatuma dutanga umusanzu mu guhindura isi ahantu heza, mu gihe cya none no mu bihe bizaza.

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda launches the first ever cook stove testing laboratory

The Gouvernement of Rwanda has launched a cook stove testing laboratory which will also be used for testing of other aspects of renewable energies.

T…

Read more →

REMA receives computing equipment provided by FAO to enhance Greenhouse Gases inventory

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has received computing equipment that will be used for enhancing the Greenhouse Gases (GHG) national…

Read more →

Kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba biri mu nyungu za buri wese

U Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba wizihijwe tariki 16 Nzeri 2020…

Read more →

REMA yongeye kuburira abagikoresha amasashi n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA kuri uyu wakane tariki 10 Nzeri 2020 cyatangiye igenzura ku iyubahirizwa ry’itegeko ribuza ikorwa,…

Read more →

Clean skies, healthy people...

Rwanda has joined the rest of the world to mark the first-ever International Day of Clean Air for blue skies. The day calls upon all of us, from…

Read more →

Abafite imodoka barasabwa kuzirinda gusohora imyotsi ihumanya umwuka

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda, kuri uyu wagatandatu tariki 05/09/2020 batangiye igikorwa cyo…

Read more →

International Day of Clean Air for Blue Skies: Rwanda’s commitment to Preserving Air Quality and Fighting Air Pollution

Rwanda recognizes air pollution in cities and at national level as a serious environmental and health threat. According to estimates from the World…

Read more →

Abanyarwanda barakangurirwa kwirinda ibyahumanya umwuka n’ikirere

Kigali, Tariki 04 Nzeri 2020 – Uyu mwaka u Rwanda ruzifatanya n’isi kwizihiza ku nshuro ya mbere umunsi mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza n’ Ikirere Gikeye.…

Read more →

Postgraduate students funded by REMA successfully completed their research theses

Sixteen students from the University of Rwanda who were funded by the Rwanda Environment Management (REMA) under the Landscape Approach to Forest…

Read more →