Isi iteye intambwe ikomeye mu kurwanya ihumana riterwa na pulastiki

Inteko rusange ya gatanu y’umuryango w’abibumbye yiga ku bidukikije (UNEA 5.2) ibera i Nairobi muri Kenya, yemeje umwanzuro w’amasezerano mpuzamahanga agamije kurwanya ihumana ry’ibidukikije riterwa n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe.

Ni umwanzuro wateguwe n’u Rwanda ku bufatanye na Peru – wamurikiwe isi muri Nzeri 2021 – ukaba witezweho gushyiraho amasezerano mpuzamahanga azafasha mu guhangana n’ikibazo cy’ihumana rituruka kuri pulastiki gihangayikishije isi. 

Ibihugu byose – ibikora ku nyanja, ibidakora ku nyanja n’ibirwa – bigerwaho n’ingaruka zituruka kuri pulasitiki, kuva ku bikoresho bya pulastiki bikoreshwa inshuro imwe bikajugunywa, kugeza ku duce duto duto twa pulastiki tutaboneshwa amaso.

Umwanzuro wemejwe uyu munsi witezweho gushyiraho amasezerano mpuzamahanga mu gihe cya vuba azahindura byinshi ku buryo abantu bakoreshaga pulasitiki. Ayo masezerano kandi azatuma hashyirwaho ingamba gushyiraho ingambazihamye n’ubugenzuzi buhoraho binyuze mu igenamigambi ry’ibihugu, ndetse hanashyirweho ubufatanye n’imikoranire igamije gusangira ubumenyi.  

Kugira Igisubizo gikemura mu buryo burambye ikibazo cy’imyanda ya pulasitiki ni ingenzi, kandi gutegura amasezerano mpuzamahanga nk’ayo nicyo biba bigamije. Impinduka zirambye zigaragara gusa iyo hafashwe ingamba zikumira ikoreshwa rya pulasitiki mu buzima bwa buri munsi, hakanashyirwaho ingamba zo guteza imbere ubukungu bwisubira butabangamira ibidukikije hibandwa kukunagura no kunoza imicungire y’imyanda ya pulasitiki.  

Mu biganiro byagejeje ku kwemeza uwo mwanzuro, intumwa z’u Rwanda – ziyobowe na Minisiitiri w’Ibidukikije, Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya, afashijwe n’umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibididukikije (REMA), Juliet Kabera – zifashishije ubunararibonye bw’u Rwanda mu kubuza amasashi n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe, ndetse n’amahirwe y’ishoramari ryo gukora ibisimbura amasashi bikorewe imbere mu gihugu yabonetse nyuma y’uko hafashwe umwanzuro wo kubuza amasashi n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe.

Minisitiri Mujawamariya agira ati “Twishimiye ko umuryango mpuzamahanga wemeje umwanzuro wo kurwanya ihumana riterwa na pulasitiki wateguwe n’u Rwanda ku bufatanye na Peru. Iki cyemezo ni intambwe ikomeye itewe n’ibihugu mu kurinda umubumbe wacu kuzura imyanda ya pulasitiki. Dutewe ishema n’uruhare twagize kandi twizeye ko bwambere ibihugu noneho bigiye gushyiraho amasezerano mpuzamahanga aduha twese umukoro wo kubaka ejo hazaza heza” 

Yongeraho ko “U Rwanda rwabonye mbere ingaruka mbi z’ihumana riterwa na pulastiki zikoreshwa inshuro imwe. Twabonye ingaruka byagize ku bidukikije no ku baturage bacu, ari nayo mpamvu twafashe ingamba zo kurwanya ihumana riterwa na pulasitiki. Mu mwaka wa 2008, u Rwanda rwabaye kimwe mu bihugu byambere byari biciye amasashe, naho mu 2019 rwemeza itegeko ribuza ibikoresho bikoze muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe” 

Kwemeza uyu mwanzuro ndetse no gushyiraho amasezerano mpuzamahanga bizoroshya ubufatanye mpuzamahanga binyuze mu ikoranabuhanga no gusangira ubumenyi, ndetse no gushyiraho uburyo bukwiye bwo gushora imari mu bisimbura pulasitiki hagamijwe guteza imbere ubukungu bwisubira kandi butangiza ibidukikije.

Guverinoma y’u Rwanda ifite icyizere, bitewe ahanini n’ubushake ibihugu bigaragaza mu gushaka igisubizo cy’iki kibazo ndetse ko ibiganiro bizakomeza no mu bihe biri imbere, bitewe n’uko isi ikeneye igisubizo cyihuse mu gukemura ikibazo cya pulasitiki kiyugarije.

Iyi ni yo mpamvu u Rwanda rwafashe iyambere mu guhuriza hamwe ibihugu bitandukanye bigaragaza ubushake, kugira ngo bikore ihuriro ryo kurangiza burundu ikibazo cy’ihumana riterwa na pulasitiki. Iryo huriro rizakorana na komite ishinzwe imishyikirano hagati ya za guverinoma, igihe izaba itegura ayo masezerano mpuzamahanga yo kurwanya pulasitiki, inakora ubuvugizi ku ngamba zihutirwa zo kurengera ubuzima bwa muntu, urusobe rw’ibinyabuzima n’ikirere. 

Iryo huriro riyobowe n’u Rwanda ku bufatanye n’igihugu cya Norway mu banyamuryango baryo hakaba harimo ibihugu byo hirya no hino ku isi –  ibikora ku nyanja n’ibidakoraho –  ibyo bikaba byerekana ko imyanda ya pulasitiki iri ikibazo kireba umubumbe wose, kikaba ari imbogamizi kuri twese. U Rwanda na Norway birahamagarira ibihugu byose kujya muri iryo huriro rigamije gukemura ikibazo cy’ihumana riterwa na pulasitiki.

 

Whatsapp

Topics


More posts

Rwanda launches the first ever cook stove testing laboratory

The Gouvernement of Rwanda has launched a cook stove testing laboratory which will also be used for testing of other aspects of renewable energies.

T…

Read more →

REMA receives computing equipment provided by FAO to enhance Greenhouse Gases inventory

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has received computing equipment that will be used for enhancing the Greenhouse Gases (GHG) national…

Read more →

Kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba biri mu nyungu za buri wese

U Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba wizihijwe tariki 16 Nzeri 2020…

Read more →

REMA yongeye kuburira abagikoresha amasashi n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA kuri uyu wakane tariki 10 Nzeri 2020 cyatangiye igenzura ku iyubahirizwa ry’itegeko ribuza ikorwa,…

Read more →

Clean skies, healthy people...

Rwanda has joined the rest of the world to mark the first-ever International Day of Clean Air for blue skies. The day calls upon all of us, from…

Read more →

Abafite imodoka barasabwa kuzirinda gusohora imyotsi ihumanya umwuka

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije REMA ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda, kuri uyu wagatandatu tariki 05/09/2020 batangiye igikorwa cyo…

Read more →

International Day of Clean Air for Blue Skies: Rwanda’s commitment to Preserving Air Quality and Fighting Air Pollution

Rwanda recognizes air pollution in cities and at national level as a serious environmental and health threat. According to estimates from the World…

Read more →

Abanyarwanda barakangurirwa kwirinda ibyahumanya umwuka n’ikirere

Kigali, Tariki 04 Nzeri 2020 – Uyu mwaka u Rwanda ruzifatanya n’isi kwizihiza ku nshuro ya mbere umunsi mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza n’ Ikirere Gikeye.…

Read more →

Postgraduate students funded by REMA successfully completed their research theses

Sixteen students from the University of Rwanda who were funded by the Rwanda Environment Management (REMA) under the Landscape Approach to Forest…

Read more →