Toni zisaga 10.5 z’amasashi zafashwe zinjizwa mu Rwanda mu buryo butemewe

Amapaki asaga ibihumbi 70 y’amasashi yo gupfunyikamo yafatiwe mu ntara y’Amajyaruguru mu bihe bitandukanye yinjizwa mu Rwanda mu buryo bunyuranye n’amategeko.

Ayo masashi apima toni zisaga 10,5 yafashwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zirimo Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahoro n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze.

Kuri uyu wakane tariki 03 Gashyantare 2022 ayo masashi yashyikirijwe Ikigo cy’Igihugu cy’Ibidukikije (REMA) nacyo kiyashyikiriza uruganda rwa AgroPlast Ltd kugira ngo ruyacagagure mbere y’uko anagurwa agakorwamo ibindi bikoresho bikoreshwa inshuro nyinshi.

Ayo masashe afashwe mu gihe ikigo REMA gikomeje gukora ubugenzuzi bugamije kubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’itegeko ribuza ikoreshwa ry’amasashi mu Rwanda.

Iryo tegeko N° 17/2019 ryo ku wa 10/08/2019 ribuza ikorwa, itumizwa mu mahanga, ikoreshwa n’icuruzwa ry’amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe bikajugunywa.

Iryo tegeko rivuga ko umuntu utumiza mu mahanga amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe ahanishwa kwamburwa ayo masashe n’ibyo bikoresho no kwishyura ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’inshuro icumi z’agaciro k’ayo masashe n’ibyo bikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe.

Umuntu uranguza amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe ahanishwa ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana arindwi kandi ayo amasashe n’ ibyo bikoresho akabyamburwa.

Naho umuntu ucuruza mu buryo butaranguza amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe ahanishwa ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana atatu kandi ayo masashe n’ibyo bikoresho akabyamburwa.

Ubuyobozi bw’ikigo REMA burashimira inzego zose zigira uruhare mu iyubahirizwa ry’iri tegeko, bukanibutsa ko amasashe atemewe bushishikariza Abaturarwanda gukoresha ibiyasimbura.

Bamwe mu baturage bamaze gusobanukirwa ububi bw’amasashe bemeza ko abatarumva ububi bwayo bakwiye guhindura imyumvire, nk’uko bivugwa na Mwiseneza Adrien wo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera.

Agira ati “Ariya masashe aratubangamiye kuko n’iyo amatungo ayariye arapfa ndetse no mu mirima usanga aho ari imyaka idashobora kwera kuko abuza amazi kwinjira mu butaka, n’igihingwa wateye ntikibashe gushora imizi mu butaka ngo kivome ibigitunga iyo gihuye n’isashi. Turifuza ko hakongerwa ibihano ku bakomeje kuyakwirakwiza kuko baba bangiza ibidukikije”

Ikigo REMA kivuga ko abantu bakwiye guhindura imyumvire ku buryo bwo gupfunyika, kuko mu gihe amasashi acyinjizwa mu gihugu mu buryo butemewe bizakomeza kuba imbogamizi mu kugera kuri gahunda z’iterambere rirambye.

Whatsapp

Topics


More posts

Ikigo REMA cyatangiye gutanga Imbabura zirondereza ibicanwa no kugabanya imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere

Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije (REMA) kibinyujije mu mushinga wacyo wo gusubiranya igice cy’Amayaga “Forest Landscape Restoration in…

Read more →

Beneficiaries of REMA’s Green Amayaga Project receive improved cookstoves to promote energy efficiency

Rwanda Environment Management Authority through the Forest Landscape Restoration in the Amayaga Region (Green Amayaga) Project is distributing…

Read more →

Remarks by Director General Juliet Kabera on the World Wetlands Day

  • Minister of Environment
  • Representatives of government agencies and our valued partners
  • Distinguished ladies and gentlemen
  • Friends of the…
Read more →

Water users encouraged to be water wise on World Wetlands Day

The Ministry of Environment, Rwanda Environment Management Authority and Rwanda Water Resources Board are encouraging all Rwandans, especially the…

Read more →

Electric Vehicle to Support Rwanda's Environmental Protection Efforts

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) has taken delivery of its first ever electric vehicle that will be used to support the…

Read more →

Imodoka zikoresha amashanyarazi zizafasha muri gahunda ya Leta yo kubungabunga Ibidukikije

Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) cyakiriye imodoka yacyo yambere ikoresha amashanyarazi, izagifasha kuzuza inshingano zacyo zo…

Read more →

Lakeshores and Riverbanks are public property, their use can only be authorized by the Minister in charge of Environment

The Ministry of Environment and the Rwanda Environment Management Authority (REMA) are conducting a campaign aiming at reminding Rwandan residents…

Read more →

Ubutaka bwo ku nkombe z’ibiyaga n’imigezi ni umutungo rusange wa Leta, ntawemerewe kubukoresha atabiherwe uruhushya na Ministeri y’Ibidukikije

Minisiteri y’ibidukikije n’Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) bari gukora ubukangurambaga bugamije kwibutsa Abaturarwanda bose ko…

Read more →

From ambition to action: Rwanda’s climate resilience plan

On Saturday, December 12, 2020, global leaders are meeting to discuss a problem on many of our minds: climate change. The extraordinary virtual…

Read more →