Abatwara ibinyabiziga barasabwa kurwanya ihumana ry’ikirere riterwa n’imyotsi bisohora

Abatwara imodoka na moto mu Rwanda, n’abafite imashini zikoresha mazutu na lisansi barasabwa kurwanya ihumana ry’ikirere basuzumisha ibinyabiziga byabo uko bikwiye, kugabanya ingendo zitari ngombwa, kuzimya moteri z’ibinyabiziga igihe bihagaze no gukoresha ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi aho bishoboka. Barabisabwa muri gahunda y’ubukangurambaga bwatangijwe na Minisiteri y’Ibidukikije ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), Ikigo cy’Igihugu gitsura ubuziranenge (RSB), Ikigo gishinzwe ibijyanye n’Isanzure (RSA) na Polisi y’u Rwanda.

Raporo z’igihugu ku mihindagurikire y’ibihe zitangwa ku bunyamabanga bw’amasezerano ku mihindagurikire y’ibihe (UNFCCC) - ni ukuvuga First Biennial Update Report yatanzwe mu kwezi k’Ukuboza 2021 na Third National Communication yatanzwe mu 2018 - zombi zigaragaza ko myinshi mu myuka yongera ubushyuhe mu kirere cy’u Rwanda isohorwa n’imodoka na moto. Ubushakashatsi bwakozwe na REMA bugatangazwa mu 2017, nabwo bwerekanye ko imyotsi isohorwa n’ibinyabiziga iza ku isonga mu bihumanya umwuka mu mijyi y’u Rwanda.

Ibinyabiziga n’imashini bihumanya ikirere cyane ni ibidasuzumishwa uko bikwiye cyangwa bigakoresha mazutu na lisansi bitujuje ibipimo by’ubuziranenge. Ubu bukangurambaga bwiswe Ikinyabiziga kizima, Umwuka mwiza burahamagarira ababifite kubisuzumisha no gukoresha amavuta yujuje ibipimo by’ubuziranenge. Kubyubahiriza bizagira uruhare mu kugabanya imyuka yongera ubushyuhe mu kirere igateza imihindagurikire y’ibihe, ndetse binongere ubuziranenge bw’umwuka abantu bahumeka.

Umuyobozi mukuru w’Ikigo REMA, Juliet Kabera agira ati “U Rwanda rwashyizeho uburyo bw’ikoranabuhanga bugenzura bukanatanga amakuru y’ako kanya ku buziranenge bw’umwuka, aturuka sitasiyo 23 ziri hirya no hino mu gihugu. Iryo koranabuhanga rigaragaza ibihumanya umwuka, kandi byinshi muri byo bifitanye isano n’imyotsi iva mu binyabiziga n’izindi mashini zikoresha lisansi na mazutu. Ni inshingano za buri wese gusuzumisha buri gihe ikinyabiziga cye, gukoresha lisansi na mazutu byujuje ubuziranenge, no gutangira gukoresha imodoka zikoresha amashanyarazi aho bishoboka kugira abantu bose bahumeke umwuka mwiza”

Yongeraho ko “Biteganyijwe ko umubare w’ibinyabiziga mu Rwanda uzikuba kabiri muri 2030, bityo ihumana ry’ikirere, ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe ndetse n’ikiguzi gifitanye isano n’umubyigano w’ibinyabiziga n’ubuzima nacyo kikaziyongera tudafashe ingamba zihuse”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera nawe yungamo agira ati “Uruhare rw’ibinyabiziga mu guhumanya umwuka mu mijyi ni runini. Ibinyabiziga byose mu Rwanda bigomba gukorerwa isuzuma n’Ikigo gipima ubuziranenge bw’ibinyabiziga hakanarebwa ingano y’imyotsi bisohora. Ikinyabiziga cyose gisohora imyotsi irengeje ibipimo byemewe nticyemewe mu Rwanda. Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda naryo ryatangiye gupima ingano y’imyotsi isohorwa n’ibinyabiziga ryifashishije ibikoresho ngendanwa” 

Ihumana ry’ikirere riri mu mbogamizi zikomeye zugarije ubuzima bwa muntu. Kugeza ubu, 90% by’abatuye isi bahumeka umwuka wanduye, kandi abantu hafi miriyoni zirindwi bapfa buri mwaka bazize indwara zifitanye isano no guhumeka umwuka wanduye. Ihumana ry’ikirere rihombya isi miriyari 5 z’amadolari ya Amerika mu kwita ku ku buzima bw’abagerwaho ingaruka no guhumeka umwuka wanduye buri mwaka, kandi biteganyijwe ko kwangirika kw’akayunguruzo k’imirasire y’izuba biturutse ku bikorwa bya muntu bizagabanya umusaruro w’ubuhinzi ku gipimo cya 26% kugeza mu 2030. 

Mu mwaka wa 2012, impfu zisaga 2,200 zasanishijwe n’ihumana ry’ikirere, imibare ikagaragaza ko n’abivuje indwara zandurira mu myanya y’ubuhumekero mu bigo nderabuzima byo hirya no hino mu gihugu biyongereye bava kuri 1,682,321 muri 2012, bagera kuri 3,331,300 mu 2015.

Mu kubungabunga ubuziranenge bw’umwuka, ubuzima bw’Abanyarwanda n’ibidukikije, Guverinoma y’u Rwanda mu 2015 yemeje ko ibinyabiziga bigomba gupimwa ingano y’imyotsi bisohora. Mu 2019 na 2020, Ikigo RSB cyatangaje ibipimo ngenderwaho by’ubuziranenge -  bw’umwuka, iby’ingano y’imyotsi isohorwa n’ibinyabiziga, ndetse n’iby’amavuta akoreshwa n’ibinyabiziga - biri ku rwego rw’igipimo cya kane (Euro 4) ku mugabane w’Uburayi, bikaba bifatwa nk’ishingiro mu kugenzura ihumana ry’ikirere, gusuzuma no kugenzura ingano y’imyotsi ibinyanyabiziga bisohora hagamijwe kubungabunga ibidukikije, n’ubuzima bw’Abanyarwanda.

Iteka rya Minisitiri rijyanye n’ihumana ry’ikirere rivuga ko umuntu ufite cyangwa ukoresha imashini ikoreshwa n’ibikomoka kuri peterori agomba kuyisuzumisha no kuyitaho kugira ngo idasohora imyotsi irengeje ibipimo byemewe. Itegeko ryerekeye kurwanya ihumana ry’ikirere mu Rwanda naryo rivuga ko umuntu wese ufite ikinyabiziga - gitwara abantu cyangwa ibintu - gisohora imyotsi agomba kugenzura ingano y’imyotsi gisohora.

Kureba amakuru yerekeye ubuziranenge bw’umwuka

Whatsapp

Topics


More posts

How the Green Amayaga Project is reducing firewood use in Rwanda’s Southern Province

In October 2020, the Rwanda Environment Management Authority in collaboration with the Rwanda Forestry Authority and the districts of Kamonyi, Nyanza,…

Read more →

Toni zisaga 10.5 z’amasashi zafashwe zinjizwa mu Rwanda mu buryo butemewe

Amapaki asaga ibihumbi 70 y’amasashi yo gupfunyikamo yafatiwe mu ntara y’Amajyaruguru mu bihe bitandukanye yinjizwa mu Rwanda mu buryo bunyuranye…

Read more →

REMA Launches R-COOL GO - an Affordable Opportunity to Own Energy-Saving Cooling Appliances

Kigali, Rwanda: January 31st, 2022- Today, Rwanda’s Ministry of Environment through the Rwanda Environment Management Authority (REMA) launches the…

Read more →

Rema Yatangije Gahunda Ifasha Abaturarwanda Gutunga Ibikoresho Bikonjesha Bizigama Umuriro

Kigali, Rwanda : Ku wa 31 Mutarama 2022 - Kuri uyu wa Mbere tariki ya 31 Mutarama 2022, Minisiteri y’Ibidukikije ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cyo…

Read more →

Rubavu: Ubuziranenge bw’umwuka n’ubw'amazi y’Ikiyaga cya Kivu bwifashe gute?

  • Amazi y’Ikiyaga cya Kivu afite ibipimo by’ubuziranenge
  • Umwuka mu karere ka Rubavu “si mwiza” – ariko ntibifitanye isano na Nyiragongo
  • Abatuye i…
Read more →

Air Quality in Rubavu District and Water Quality of Lake Kivu Following Mt Nyiragongo Activity

  • Water quality of Lake Kivu remains stable
  • Air quality in Rubavu District “Unhealthy” - not currently linked to volcanic activity
  • Residents advised…
Read more →

Rwanda Launches Long-term Research Programme on Climate Change Adaptation

Kigali, 7 December,2021- The Rwanda Environment Management Authority (REMA), the University of Rwanda (UR) and the Higher Education Council (HEC) are…

Read more →

Stakeholders trained on Rotterdam Convention

Members of Chemical Based Conventions National Steering Committee from government institutions, private sector and non-governmental organizations,…

Read more →

Rwanda Showcases Green Investment Opportunities at COP26

At COP26 in Glasgow, the Rwandan delegation in partnership with UNDP Rwanda and the NDC Partnership hosted an event at the NDC Partnership pavilion to…

Read more →